Umuvugizi w’Umukuru w’Igihugu wa Sudani y’Epfo, Ateny Wek tariki ya 27 Mutarama 2021 yasabye Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni gusobanura impamvu yavuze ko abaturage babo ari ‘ubururu’.
Perezida Museveni yavuze ko abaturage ba Sudani y’Epfo ari ubururu tariki ya 26 Mutarama 2021 ubwo yari mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 ishyaka NRM rimaze ku butegetsi.
Nk’uko byumvikana muri videwo, uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuraga ububi bwa politiki y’amoko yatumye Sudani icikamo ibice, ati: “[…]Sudani ni igihugu cyari gikomeye ariko politiki y’ubwoko…’Turi Abarabu’, muri Abarabu? Abandi ntabwo ari Abarabu…”
Yakomeje avuga kuri Sudani y’Epfo, igihugu cyabonye ubwigenge cyiyomoye kuri Sudani bitewe n’iyi politiki, ati: “Murebe Abanya-Sudani y’Epfo mwitonze, ntabwo ari Abirabura; ahubwo ni ubururu. None kuki mwavuga ko ab’ubururu ari Abirabura? None se ni gute mwakwita abantu b’ubururu Abarabu? Mushobora kuba murwaye.”
Ateny Wek utishimiye amagambo ya Perezida Museveni, nk’uko tubikesha Radiyo Eye (Eye Radio) yo muri Sudani y’Epfo, yagize ati: “Perezida Yoweri Museveni ubwe azi hari Abazungu, Abanya-Asia n’Abirabura. Twumvise ab’ubururu. Perezida Museveni agomba gusobanurira Isi.”
Museveni ashinjwa gukomeza kwibasira Sudani y’Epfo, ashingiye ku miyoborere yayo. Mu ntangiriro z’uku kwezi, ngo nabwo yise iki gihugu ‘Laboratwari y’Imiyoborere Mibi’.


