Arashinjwa kumutera inda, yarangiza akamutwika

Urukiko rwo mu Bufaransa rwatangiye kuburanisha umusore ushinjwa gutera inda umukobwa w’umunyeshuri, yarangiza akamutwika kugeza ashizemo umwuka. Kuri uyu wa 5 Kamena 2023 ni bwo uyu musore yatangiye kujya imbere y’ubushinjacyaka kugira ngo abazwe ku byaha ashijwa byo gutera icyuma ndetse no gutwika umukobwa w’umunyeshuri w’imyaka 15 y’amavuko, bikaba binavugwa ngo yari yaranamuteye inda nk’uko […]

Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa

Urukiko Rukuru rwongeye gusubika urubanza rw’ubujurire rw’ubushinjacyaha kuri Dr Christopher Kayumba wabaye umwarimu muri kaminuza, umunyapolitiki, akanayobora ikinyamakuru The Chronicles. Dr Kayumba tariki ya 22 Gashyantare 2023 yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ku cyaha cyo gusambanya undi ku gahato n’ubwinjiracyaha kuri cyo, ubushinjacyaha bujurira busobanura ko hari ibimenyetso byirengagijwe. Tariki ya 4 Gicurasi 2023, […]

Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by’ubutaka

Hari abaturage batujwe na Leta mu mudugudu wa Rwenyemera, umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare bavuga ko bamaze imyaka irenga icumi batarahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwabo. Bavuga ko batujwe muri uyu mudugudu mu mwaka wa 2012, aho bamaze imyaka irenga 10 batarahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwabo nk’uko bitangazwa na RBA. Aba baturage bagera kuri mirongo itanu […]

Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi

Irerero rya PSG mu Rwanda ryari ryambaye imyambaro y'icyatsi n'umweru

Kuri uyu wa 5 Kamena 2023 ni bwo ikipe y’abana batarengeje imyaka 11 n’iy’abatarengeje 13 y’amavuko barererwa mu irerero rya Paris Saint Germain (PSG) riri mu Karere ka Huye begukanye igikombe cy’Isi batsindiye mu Bufaransa, mu irushanwa ryahuzaga amarerero yose y’iyi kipe ku Isi rizwi nka PSG Academies World Cup 2023. Ni umukino wakinwe iminota […]

Urwego rwahagaritse indege yari kuzana abimukira rurakemangwa

Urukiko rw’i Burayi rushinzwe kurengera ikiremwamuntu rurakemangwa nyuma yo gufata icyemezo cyo guhagarika indege yagombaga gukura abikumira mu Bwongereza, ibazana mu Rwanda. Muri Kamena 2022, ubwo umupilote wa kampani y’ubwikorezi bwo mu kirere ya Plivilege Style yari agiye kuzamura mu kirere indege yarimo abimukira, yagejejweho icyemezo cy’uru rukiko kimuhagarika, kinatesha agaciro icyari cyarafashwe n’inkiko z’u […]

Uganda: Undi munyeshuri wa kaminuza yarashwe

Muri Uganda, umukozi ushinzwe umutekano yarashe umunyeshuri wa kaminuza arapfa, nyuma y’uko bagiranye amakimbirane. Polisi ya Uganda yo mu karere ka Mukono iri gukora iperereza ku rupfu rw’umunyeshuri w’imyaka 25 y’amavuko wigaga muri Uganda Christian University, nyuma y’uko arashwe n’ushinzwe umutekano kuri uyu wa 4 Kamena 2023. Uyu munyeshuri witwa Rudeny Agaba, akomoka mu gace […]

Mwangachuchu yahawe intwaro z’intambara: Umunyamategeko we

Umunyamategeko w’umushoramari Edouard Mwangachuchu ufite ibirombe muri teritwari ya Masisi, Me Thomas Gamakolo Mputu, yamenyesheje urukiko rukuru rwa gisirikare ko Leta yakoze ikosa, imuha intwaro z’intambara, aho kuba iz’ubwirinzi. Me Gamakolo yasobanuye ko Mwangachuchu yahawe izi ntwaro, hashingiwe ku ruhushya yahawe na Richard Muyej Mangez wahoze ari Minisitiri w’umutekano w’imbere. Ariko abashinjacyaha n’abacamanza bo bagaragaje […]

Idubu yariye amapaki 60 y’imigati

Idubu yagabye igitero mu nzu ikorerwamo imigati n’andi moko y’ibiva mu ifarini, maze iryamo amapaki mirongo itandatu. Inkuru dukesha CNN ivuga ko mu mujyi wa Bedford uherereye muri Massachusetts muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iduvu yavuye mu ishyamba rya Connectcut, yinjira muri iyi nzu, ni ko kuryamo iyi migati yose. Nyir’iyi nzu avuga ko […]

Muhanga: Utishoboye agiye kunyagwa inka amaranye amezi 6

Umukecuru witwa Mujawamariya Franà§oise utuye mu mudugudu wa Kagitaba, akagari ka Remera, umurenge wa Kiyumba mu karere ka Muhanga aratabaza nyuma y’aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari afashe icyemezo cyo kumwambura inka yagabiwe muri gahunda ya Gira Inka mu mezi 6 ashize. Mujawamariya avuga ko afite ubumuga buri mu cyiciro cya mbere, ku buryo agendera mu kagare […]

Mwangachuchu w’imyaka 70 ararembye

Edouard Mwangachuchu watawe muri yombi kuva ku ya 1 Werurwe ashinjwa ubutasi hamwe no gukorana na M23, ararembye. Mu gihe abakurikiranira hafi dosiye “Mwangachuchu” bavuga ko bishobora kurangira akatiwe igifungo cya burundu, abamwunganira mu by’ amategeko bakomeje gusaba ko yarekurwa by’agateganyo kubera impamvu z’ubuzima. Mwangachuchu avuga ko afite ubu indwara y’umutima imuteza ububabare bukabije ndetse […]

Tshisekedi yasabwe gukura Kagame ku butegetsi: Ubutasi

Mu makuru y’umutekano hirya no hino ku Isi yakusanyijwe n’ubutasi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, CIA, aherutse kujya hanze, hagaragaramo ko Perezida wa Repulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yigeze yasabwe gukura Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ku butegetsi. Inyandiko ya CIA ivuga ko Umuyobozi wungirije w’urwego rw’ubutasi rwa RDC (ANR) mu ntara […]

Mexico: Polisi yatahuye ibikapu 45 byuzuyemo ibice by’imibiri y’abantu

Polisi ya Mexico yatoye ibikapu mirongo ine na bitanu byuzuyemo ibice by’imibiri y’abantu. Inkuru dukesha igitangazamakuru cya CNN ivuga ko byari bifite ibimenyetso bigaragaza ko ari iby’abakozi b’ikigo cy’Ubushinjacyaha cya Jalisco bakoraga muri serivisi yo kwakira abifuza ubufasha kuri telephone, ibi bizwi nka Call Center. Umwe mu bashinjacyaha bakorera muri iki kigo witwa Joaquin Mendez […]

Nyaruguru: Abahinzi bari mu gihirahiro

Hari igice kinini cyo muri iki gishanga cyaburiwe imbuto

Abahinga mu gishanga cy’Ikibaza giherereye hagati y’imirenge ya Kibeho na Rusenge mu karere ka Nyaruguru, bavuga ko mu mpera za Mata 2023, batangiye gutera imbuto y’ibirayi bahabwaga n’akarere, ishira hari benshi badateye kandi imirima yabo yari iteguye, n’ifumbire iri mu binogo. Magingo aya, nyuma y’ukwezi kurenga, ntibarabona imbuto, n’ifumbire bashyize mu binogo yamaze kwangirika. Barasaba […]

Perezida Touadéra yasuye RDF (Amafoto)

20230602_191007.jpg

Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra wa Repubulika ya Centrafrique, kuri uyu wa Gatanu yasuye Ingabo z’igihugu cye ndetse n’iz’u Rwanda i Bangui. Izi ngabo TouadĂ©ra yazisuye mu kigo cya gisirikare mu kigo cya gisirikare cya Camp Beal kiri mu muri uriya murwa mukuru wa Centrafrique. U Rwanda rufite muri iki gihugu Ingabo ziri mu byiciro bibiri, zirimo […]

Ibyaha Kayishema ashinjwa bigiye kongerwa

Kuri uyu wa 2 Kamena 2023, i Cape Town muri Afurika y’Epfo, Fulgence Kayishema yagejejwe mu rukiko umwanya muto urubanza rwe ruhita rusubikwa. Abashinjacyaha babwiye urukiko ko bakeneye igihe cyo gutegura ibindi birego byiyongera kubyo bamurega, nk’uko umunyamakuru wa BBC muri Africa y’Epfo abivuga. Ku wa Gatanu ushize ubwo yagezwaga mu rukiko bwa mbere, yarezwe […]

Musanze: Abakora ‘pavĂ©s’ bafatiriye imodoka ya rwiyemezamirimo

Mu karere ka Musanze, abaturage bafatiriye imodoka ya rwiyemezamirimo bashinja kubambura amafaranga bakoreye ubwo bamukoreraga amapave. Ni abaturage bo mu murenge wa Muko basanzwe bakora akazi ko gutunganya amabuye bayaconga maze bagakoramo amapave. Bakorera mu ruganda rukora amapave ruherereye mu kagari ka Mburabuturo. Aba baturage bavuga ko bamaze amezi abiri badahembwa, bakavuga ko ari ikibazo […]

Senateri yasabye ko ibiruhuko by’akazi byiyongera

Umusenateri witwa Karungo wa Thangwa wo muri Kenya, arasaba ko Leta yakongera ibiruhuko by’akazi mu rwego rwo kwihutisha iterambere. Uyu musenateri wo mu karere ka Kiambu, avuga ko mu cyifuzo cye, iminsi y’ibiruhuko yemewe na Leta ikwiye kwiyongera. Ngo nko mu gihe ikiruhuko cya Leta kizaba ari kuwa Kabiri, no ku munsi uwubanziriza wo kuwa […]

HCR yibukije impunzi z’Abanyekongo n’Abanyarwanda gutaha ku bushake

Kuri uyu wa 1 Kamena, i Goma, Komiseri wungirije w’ibiro by’umuryango w’abibumbye ishinzwe impunzi (UNHCR) ashinzwe yasabye impunzi z’ abanyekongo ziri mu Rwanda kugira ubwisanzure mu gutahuka. Raouf Mazou yibukije ko Kigali na Kinshasa bari bumvikanye kuri iki kibazo, mu nama y’inyabutatu ku ya 15 Gicurasi 2023 i Geneve. Raouf Mazou yashimangiye gutaha ku bushake […]

Impamvu zatumye Senateri Chambers arega Imana mu rukiko

Muri Nebraska ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ernie Chambers wabaye Senateri kuva mu 1971 kugeza mu 2009 no kuva mu 2013 kugeza mu 2021 yagiye kurega mu rukiko Imana ishobora byose ivugwa mu ‘byanditswe byera’, Abanyamerika benshi baratangara. Chambers uzuzuza imyaka 86 y’amavuko tariki ya 10 Nyakanga yajyanwe mu rukiko n’ibibazo bitandukanye, yagombaga […]

Rwamagana: Umunyeshuri wakuwe amenyo 6 arasaba kurenganurwa

Umunyeshuri utuye mu karere ka Rwamagana, umurenge wa Muyumbu, arasaba kurenganurwa nyuma yo gukubitwa itafari na mwarimu we, akamukura amenyo atandatu. Habineza Mohammed w’imyaka 17 y’amavuko, arasaba kurenganurwa agahabwa insimburangingo z’amenyo, nyuma y’uko mwarimu we wamwigishaga amahame y’Idini ya Islamu amukubise itafari akamukura amenyo agera kuri atandatu. Habineza vuga ko uyu mwarimu yari yemeye ko […]

Umugambi wa jenoside wari waramaze kunozwa: Ambasaderi Nyamitwe

Umudipolomate udasanzwe w’u Burundi wabaye Umuvugizi w’Umukuru w’Igihugu, Ambasaderi Willy Nyamitwe, yasobanuye uburyo ibihugu bikomeye byari byaramaze kunoza umugambi wa jenoside mu gihe Pierre Nkurunziza yari ku butegetsi. Ambasaderi Nyamitwe mu kiganiro yagiranye n’imiryango yigenga ikorera mu Burundi tariki ya 13 Gicurasi 2023, yavuze ko byari byarateganyijwe ko iyi jenoside yagombaga kuba mu 2014, kandi […]

M23 yahaye umukoro abayisabye kujya Rumangabo

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wahaye umukoro abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba bafashe umwanzuro w’uko abarwanyi bawo bazacumbika bwa mbere mu kigo cya Rumangabo giherereye muri Teritwari ya Rutshuru. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yabereye i Bujumbura kuri uyu wa 31 Gicurasi 2023, yari iyobowe n’Umuyobozi Mukuru wa EAC akaba na Perezida w’u Burundi, […]

Leta iri mu gihombo cyo kwishyura ubukode

Leta y’u Rwanda igaragaza ko yishyura amafaranga (Frw) miliyari 12 mu kwishyura ubukode inzego zayo uko ari 35 zikoreramo mu gihe cy’umwaka. Urugero, nk’uko ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire (RHA) kibisobanura, inyubako ikoreramo Urukiko rw’Ikirenga yishyurirwa Frw miliyoni 117 ku kwezi, igiteranyo cy’umwaka wose kikaba ari miliyari 1.4. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorweremezo, Abimana Fidele, […]

Gutunga abimuwe n’ibiza bitwara Frw arenga miliyoni 100 ku munsi: MINEMA

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Kayisire Marie Solange, yatangaje ko Leta ikoresha amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 100 mu gutunga abaherutse mu byabo n’ibiza. Kayisire yavuze ko hakenewe amafaranga y’u Rwanda 296 yo kwifashishwa mu gutuza, gutunga no gusana ibikorwaremezo byangijwe n’ibi biza, Abanyarwanda n’inshuti z’igihugu bakaba bamaze gutanga inkunga ya Frw miliyoni 800, kandi ko […]

Perezida Ruto yategetse ko buri mukozi akatwa 3% by’umushahara

Perezida wa Kenya, William Ruto yemeje ko buri mukozi wese wa Leta agomba gukatwa 3% by’umushahara we mu rwego rwo gufasha abafite ubushobozi buke kubona amacumbi. Ibi Perezida Ruto yabivugiye mu muhango wo kwizihiza umunsi mukuru uzwi nka Madaraka Day uba buri tariki ya 1 Kamena buri mwaka. Muri ibyi birori byabereye ahitwa Gatuzi Embu, Perezida […]

WhatsApp yaciwe amande

Urukiko rwo mu Burusiya kuri uyu wa 1 Kamena 2023 rwaciye urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp amande angana na miliyoni 3 z’amafaranga akoreshwa muri iki gihugu. Ni ukuvuga amadolari ya Amerika 37,080 kubera ko rutajya ruhanagura amakuru n’ibiganiro binyuzwa kuri uru rubuga bitemewe. Ikigo cy’itumanaho cya Meta ari nacyo WhatsApp ikomokaho ni cyo cyamamaye cyane mu […]

Bigeze aho abashoferi bitambika ‘ambulances’: Polisi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko hirya no hino mu gihugu hakomeje kugaragaza abatwara imodoka bitambika imodoka zihariye zitwara abarwayi, zizwi mu ndimi z’amahanga nka ‘Ambulance’. CP Kabera mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo y’igihugu cyarebanaga n’umutekano wo mu muhanda, yagaragaje ko iyi myitwarire y’abashoferi iteye impungenge, cyane ko ishyira ubuzima […]

Burera: Bishora mu biyobyabwenge kubera ubushomeri

Bamwe mu bakiri urubyiruko bo mu karere ka Burera bvuga ko impamvu bishora mu biyobyabwenge ari uko nta kandi kazi baba bafite, bagasaba ko Leta yabafasha kubona igishoro mu buryo bworoshye, bagakora bakiteza imbere. Uru rubyiruko ruvuga ko ikibazo cyo kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge kigaragara muri aka karere, ahanini ngo giterwa no kuba benshi muri […]

Uganda: Polisi yafunze umuvugabutumwa ikekaho gutingana

Umwarimu w’iyobokamana mu gace ka Bushenyi muri Uganda ari muri babiri bafunzwe bakekwaho gukora ubucuruzi bw’abantu bahuje ibitsina bakabakoresha ubusambanyi. Polisi yo mu karere ka Bushenyi yatangaje ko yafunze abantu babiri barimo n’uyu mwarimu, bakekwaho gucuruza umusore w’imyaka 20 y’amavuko, akanakorerwaho ubusambanyi bwo mu kibuno. Ubuyobozi bwa polisi muri Bushenyi buvuga ko uyu wahoze akora […]

Icyo Leta ivuga ku gukumira abanyamakuru kuri site z’abibasiwe n’ibiza

Guverinoma y’u Rwanda yijeje abanyamakuru imikoranire myiza nyuma y’aho bivuzwe ko hari abahejwe mu masite abibasiwe n’ibiza mu ntangiriro za Gicurasi 2023 bacumbikiwemo. Mu minsi ishize, hakwirakwiye amakuru y’uko hari abanyamakuru bagiye gusura site muri Rubavu kugira ngo bamenye imibereho y’abahacumbitse, barakumirwa kuko ngo ntabwo bari basabye uburenganzira bwo kuhagera. Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain […]

Umwanzuro wafatiwe i Bujumbura uhabanye n’uwo RDC yamaze gufata

Abakuru b’ibihugu n’ababahagarariye bafashe icyemezo cyo kongerera ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ziri muri Repubulika ya demukarasi ya Congo igihe zizamarayo ho amezi atandatu. Bivuze ko hashingiwe kuri uyu mwanzuro wafashwe kuri uyu wa 31 Gicurasi 2023, ingabo za EAC ziri muri RDC kuva mu mpera z’umwaka ushize zizagumeyo kugeza tariki ya 8 Nzeri. Ni […]

Abaturage barataka kubera idindira ry’umuhanda wa Nyanza-Bugesera-Ngoma

Abaturage baturiye umuhanda uhuza uturere twa Nyanza, Bugesera na Ngoma, barasaba ko imirimo yo gukora kuwukora yakwihutishwa, kubera ko ngo gutinda kwawo bidindiza iterambere ryabo. Aba baturage bavuga ko kuba imirimo yo gukora uyu muhanda yaragiye ihagarara bya hato na hato, byabateje igihombo kubera bimwe mu bikorwa byabo biherereye hafi y’uyu muhanda byarahagaze, ibindi bigenda […]

Birashoboka kongera nimero za telefone zose umucuruzi ashaka ko zihabwa code yo kurangurira kuri TIN ye

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, kivuga ko bishoboka kongera umubare wa nimero za telefone zishobora kwifashishwa mu gusaba code yo kurangurira kuri TIN y’umucuruzi wese ubyifuza. Ni nyuma y’uko bamwe mu bacuruzi bagaragaje ko hari ubwo batabona umwanya bitewe n’indi mirimo barimo, bityo bagatuma abandi kubarangurira ariko bikabagora gukurikirana ibyo gusaba code kugira ngo abo batumye […]

Lt. Col Katabazi yatanze integuza y’uko muri RDC hagiye kwaduka intambara y’injyanamuntu

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe umutekano w’Imbere muri Uganda (ISO), Lt Col Emmanuel Katabazi, yatanze integuza y’uko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haba hagiye kwaduka intambara ikomeye. ISO ni yo isanzwe ishinzwe ubutasi bw’imbere muri Uganda. Umuyobozi wayo wungirije yatanze integuza y’uko muri Congo haba hagiye kwaduka intambara ikomeye, ubwo yaganiraga n’abakuriye inzego zishinzwe […]

Rusizi: Uruganda rw’inzoga rumaze imyaka 10 rufunze ruhangayikishije abahinzi n’abayobozi

Ubuyobozi bw’umurenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi hamwe n’abahinzi b’urutoki bahangayikishijwe no kuba uruganda rwakoraga inzoga mu bitoki rwarahagaritse imirimo. Aba bahinzi b’urutoki bavuga ko uru ruganda rumaze hafi amezi 10 ruhagaritse imirimo yo gutunganya ibitoki, ngo bikaba byarabateye igihombo kuko batakibona aho bajyana umusaruro wabo. Basaba ko ababishinzwe babafasha uru ruganda rukongera gukora. […]

Kenya: Abamotari bahagaritse akazi kubera isabukuru ya mugenzi wabo

Muri Kenya, abamotari bahagaritse gutwara abagenzi kugira ngo bakorere isabukuru y’amavuko mugenz wabo witwa Joseph Maina. Abatuye mu mujyi wa Naivasha muri Kenya, batunguwe no kubona moto zarimo ziruka cyane kandi nta mugenzi bahetse ku buryo abaturage bagize ubwoba bagatekereza ko ari umujura wibye moto bariho biruka inyuma. Uwo mumotari yamenye amakuru ko bari buze kumumenaho amazi, […]

Kugeza mu 2025 abarimu bose bazaba bafite mudasobwa zigendanwa- Umuyobozi wa REB

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe uburezi mu Rwanda (REB), Nelson Mbarushimana, yatangaje ko hakomeje gukorwa ibishoboka kugira ngo, mu 2025, buri mwarimu azaba afite mudasobwa igendanwa kandi ko ibyo bizamura ikoreshwa ry’ikoranabuhanga n’udushya mu rwego rw’uburezi. Ibi byashimangiwe na Mbarushimana ku ya 30 Gicurasi, ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi mukuru wa mbere wo guhanga udushya muri […]

‘Le M23 se prĂ©pare à  attaquer Goma’- Gen Ekenge

Le commandant militaire de la RD Congo a annoncĂ© que les combattants du M23 – qui, selon lui, sont en collaboration avec l’armĂ©e rwandaise sont maintenant en train de “mener à  la guerre” et d’attaquer la ville de Goma, la capitale de la province du Nord-Kivu. Dans une dĂ©claration qu’il a lue, le gĂ©nĂ©ral de […]

Ingabo za Sudan zanze gutanga agahenge mu mirwano na RSF

Igisirikare cya Sudan cyanze kubahiriza ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo kuganira n’ingabo zo mu mutwe wa RSF bahanganye ku gutanga agahenge mu ntambara ihanganishije impande zombi. Umwe mu bayobozi ba Sudan yabwiye AFP ko impamvu bafashe icyemezo cyo kwanga gusubika imirwano, ari uko ingabo zo muri uyu mutwe wa RSF nta kintu […]

Igisubizo cya Major Willy Ngoma ku makuru y’uko M23 yaba yitegura gufata Goma

Umutwe wa M23 wahakanye amakuru avuga ko waba uri mu myiteguro yo gutera ugafata Umujyi wa Goma, uvuga ko Guverinoma ya Congo ifatanyije na FDLR ari bo bari mu myiteguro y’intambara. Mu Cyumweru gishize Umuvugizi w’agateganyo wa Guverinoma ya Congo, Augustin Kibassa yari mu nama idasanzwe y’Abaminisitiri yabereye i Kinshasa, yavuze ko M23 imaze iminsi […]

Abashinzwe gutegura gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda bakangishije kwigaragambya

Ihuriro rya PCS (Public and Commercial Services) rikorera mu biro bishinzwe umutekano w’imbere mu Bwongereza ryakangishije ko abarigize bashobora kwigaragambya mu gihe bategekwa gushyira mu bikorwa gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda. Ihuriro risanzwe ritumvikana n’ibiro bishinzwe umutekano w’imbere (Home Office) kuri iyi gahunda kuko ngo ntiyemewe n’amategeko, kandi ryanze ko abarigize bagera ku bihumbi […]

Musanze: General Murokore yateguje abakubita abayobozi kunyagirwa n’imvura y’amahindu

Umuyobozi w’Inkeragutabara mu ntara y’Amajyaruguru, Major General (Rtd) Murokore Eric, yateguje abaturage bo mu karere ka Musanze bavugwaho gukubita abayobozi babo ko nibabikomeza, imvura y’amahindu izabanyagira. Mu kibaya cya Gatare gihuza akagari ka Kibirizi mu murenge wa Gacaca n’aka Cyabararika muri Muhoza hamaze iminsi havugwa abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bivugwa ko ari ‘Zahabu’, mu buryo […]

Putin akomeje gushyira Afurika y’Epfo ku gitutu cy’amahanga

Leta ya Afurika y’Epfo igiye gutora itegeko riyiha ububasha bwo kuzafata cyangwa ntifate Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin, mu gihe yaba ageze muri iki gihugu. Minisitiri wungirije mu biro bya Perezida wa Afurika y’Epfo, Obed Pabela, ku munsi w’ejo yavuze ko igihugu cye kigiye gushyiraho itegeko riha Leta ububasha bwo gufata icyemezo cyo kuba yafata […]

Ingabo za EAC zirarara zimenye niba ziva muri RDC cyangwa zikagumayo

Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) muri Repubulika ya demukarasi ya Congo zirarara zimenye niba zizava muri iki gihugu cyangwa se niba zikigumamo. Nyuma y’aho Perezida wa RDC, FĂ©lix Tshisekedi, atishimiye umusaruro zatanze mu butumwa zahawe na EAC, muri Werurwe 2023 yanze kuzongeza manda y’amezi 6, aziha amezi atatu y’inyongezo. Tshisekedi, […]

Uturere two muri Kigali twateje igihombo gikomeye mu mavuriro n’ibitaro

Uturere two muri Kigali twateje igihombo gikomeye mu mavuriro nñ€ℱibitaro

Uturere tugize umujyi wa Kigali dufitiye ibitaro n’amavuriro imyenda myinshi kubera kunanirwa kwishyurira abantu batishoboye bagiye bivuza, bagataha batishyuye serivisi bahawe. Ibi byaganiriwe kuri uyu wa 30 Gicurasi 2023, mu nama mpuzabikorwa kuri serivise z’ubuzima, inama yitabiriwe n’inzego zitandukanye zo mu mujyi wa Kigali zifite aho zihurira cyane n’ubuzima ndetse n’imibereho myiza y’abaturage. Yari ifite […]

Umuyobozi wakekwagaho gusambanira mu kabari yarafunguwe

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherutse gutesha agaciro icyaha Murindababisha Edouard wari ushinzwe kubika amakuru (Data Manager) mu karere ka Nyamagabe yashinjwaga, rutegeka ko ahita afungurwa. Murindababisha yatawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) tariki ya 6 Mata 2023, akuriranweho icyaha cyo gukorera ibiterasoni mu ruhame, nyuma y’iminsi hakwirakwira amashusho amugaragaza yicaye mu kabari ko ku […]

Muhanga: Certains Ă©tablissements d’enseignement sont sales et mal gĂ©rĂ©s

Lors de la ConfĂ©rence gĂ©nĂ©rale sur l’Ă©ducation, certaines Ă©coles ont Ă©tĂ© critiquĂ©es pour leurs niveaux Ă©levĂ©s de pollution et leur mauvaise gestion. Au cours de la rĂ©union, le directeur adjoint de la protection sociale du district de Muhanga, Mugabo Gilbert, a d’abord prĂ©sentĂ© un tableau de ce que l’audit a rĂ©vĂ©lĂ© dans diverses institutions. Mugabo […]

Gatsibo: Yatawe muri yombi akekwaho kwiba SACCO Frw miliyoni 37

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umuyobozi wa SACCO Kabarore mu karere ka Gatsibo, imukekaho kugira uruhare mu bujura bw’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 37 bwabereyemo. RIB isobanura ko iyi SACCO yibwe aya mafaranga ku wa 26 Gicurasi 2023, kuva ubwo ikibimenyeshwa, itangira gukora iperereza ngo imenye abagize uruhare muri ubu bujura. Uwa mbere ukekwaho […]

Umunyakenyakazi watekeraga Arsenal yeguye

Bernice Kariuki wari umutetsi w’ikipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza yamaze kwegura kuri iyi nshingano. Bernice abicishije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko uyu mwaka w’imikino urangiye wari mwiza kuri Arsenal. Gusa ntabwo yigeze atangaza impamvu yatumye yegura kuri izi nshingano zo gutekera iyi kipe y’ubukombe. Bernice yashimiye byimazeyo Abanyakenya uburyo bagiye bamuba hafi bamutera […]

U Burusiya bwongeye kurasa bikomeye muri Kyiv

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa 29 Gicurasi 2023, u Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, bisenya inyubako zikomeye ndetse abantu benshi bava mu byabo. Nk’uko BBC ibivuga, ubuyobozi bw’umujyi wa Kyiv buvuga ko ibi bitero byateye inkongi z’umuriro ku nyubako zitandukanye, kugeza ubu […]

Huye: les dĂ©putĂ©s s’engagent à  dĂ©fendre les routes menant à  la zone industrielle de Sovu

Ceux qui travaillent dans la zone industrielle de Sovu en district de Huye, ont prĂ©sentĂ© à  un groupe de dĂ©putĂ©s au Parlement les dĂ©fis auxquels ils sont confrontĂ©s, notamment les mauvaises routes et l’Ă©lectricitĂ© insuffisante, les dĂ©putĂ©s ont promis de plaider pour ces infrastructures. Sur le site industriel de Sovu dans le district de Huye, […]

Mwangachuchu arashinjwa gukoresha abapolisi 80 b’abacancuro

Umunyemari akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Edouard Mwangachuchu, arashinjwa gukoresha abapolisi 80 b’abacancuro. Komiseri ushinzwe umutekano w’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cya Bisunzu muri teritwari ya Masisi, Robert Mushamalirwa Balike, ubwo yagezwaga mu rukiko rukuru rwa gisirikare nk’umutangabuhamya, yasobanuye ko gisanzwe kirindwa n’abapolisi 82. Ubushinjacyaha bw’igisirikare, bushingiye ku rutonde […]

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda yagiye i Bujumbura

General Kazura (uwa gatanu uturutse impande zombi) ubwo yifotozanyaga n'abo bahuriye i Bujumbura

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, yagiye i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa 29 Gicurasi 2023. Gen. Kazura yitabiriye inama y’umutekano wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yahuriyemo n’abandi bagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, cyangwa se ababahagarariye. Nk’uko bigaragara mu ifoto, abandi bagaba bakuru bitabiriye […]

Ibyabaye kuri FDLR ubwo yafataga agace k’u Rwanda

Amateka agaragaza ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR ucyitwa ALiR (ArmĂ©e pour la LibĂ©ration du Rwanda) wigeze gufata by’akanya gato agace k’u Rwanda kari mu kiyaga cya Kivu kazwi nka Iwawa. Umujyanama wihariye wa Perezida Paul Kagame mu by’umutekano, General James Kabarebe, avuga ko byabaye mu mwaka w’1996 ubwo uyu mutwe witwaje intwaro wari muri […]

Uganda: Umwana yishe nyina amuziza ko yamwimye icyayi

Amakuru dutesha Radio Emuria FM, avuga ko uwo nyakwigendera witwa Robin Barasa w’imyaka 53, yishwe n’umuhungu we nyuma y’amakimbirane bagiranye. Uwo musore ngo yasabye nyina icyayi hanyuma nyina amubwira ko ari bukimuhe avuye guhinga mu murima w’ibigori. Uyu musore ngo ntabwo yahise abyumva ahubwo yahise afata umuhoro, atema nyina amuca umutwe. Nyuma y’aho amakuru amenyekanye, […]

Abakozi ba pariki y’ibirunga ya Uganda n’iy’u Rwanda barifuza gukorana

Abakozi bo muri pariki z’ibirunga mu Rwanda ndetse na Uganda barasaba ko hasubukurwa gahunda zo kugenzurira hamwe ibinyabuzima mu rwego rwo kwirinda ko hari inyamaswa zo gihugu kimwe zazimirira mu kindi. Pariki ya Uganda ihana imbibi na Pariki y’Ibirunga y’u Rwanda, iyo uyinjiyemo ngo bigusaba isaha irenga ushakisha inyamaswa z’inkima zirenga 1500 zikunze gusurwa n’abakerarugendo. […]

Gakenke: Umuhesha w’Inkiko mu rungabangabo kubera abagenagaciro

Umuhesha w’inkiko w’umwuga, Me Muhama Franà§ois yaheze mu rungabangabo kubera abagenagaciro babiri badahuza ku gaciro bagenera ubutaka bumwe nk’uko byagenwe mu mwazuro w’urukiko rwisumbuye rwa Musanze wo kuwa 15/02/2023 mu rubanza N° RCA 00137/2021/TGI/MUS. Ni urubanza rwabaye hagati y’abashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko, ari bo: Mugabire Emmanuel Rubel n’umugore we Mukarugina Vestine ariko bikaba ngombwa […]

Karongi: Baravuga ko inyubako z’amashuri zibateza ibiza

Abatuye mu karere ka Karongi, kamwe mu turere twibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ntangiriro za Gicurasi 2023, bavuga amazi aturuka ku bisenge by’inyubako za Leta zubatswe ruguru y’ingo zabo, abasenyera mu gihe cy’imvura. Nyiramporayonzi Rosa yabwiye ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ko amazi y’imvura aturuka ku nyubako z’urwungwe rw’amashuri rwa Gishyita, atemba yerekeza aho atuye, […]