U Rwanda rwashyizeho kandida perezida kugira ngo rusahure neza igihugu – Bemba

Minisitiri w’intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku wa Gatandatu, itariki ya 2 Ukuboza 2023, Jean-Pierre Bemba Gombo, muri mitingi yabereye i Moanda mu Ntara ya Kongo Central yatangaje ko u Rwanda rwashyize umukandida mu matora ya perezida kugira ngo azayobore igihugu. Perezida w’ishyaka Mouvement de libĂ©ration du Congo […]

Umugaba Mukuru w’ingabo za Kenya yahinyuye ibyatangajwe na Tshisekedi

Umugaba Mukuru w’ingabo za Kenya, General Francis Ogolla, yahinyuye Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, hamwe n’abandi bategetsi bo muri iki gihugu, bavuga ko zoroheraga umutwe witwaje intwaro wa M23. Ingabo za Kenya zatangiye ubutumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu burasirazuba bwa RDC mu Gushyingo 2022, hashingiwe ku cyemezo […]

Abatuye aho Colonel Ruhinda yiciwe bari mu kaga

Umutwe witwaje intwaro wa FDLR-FOCA urwanya Leta y’u Rwanda uravugwaho kubyuka wihorera, wica abasivili b’Abanyekongo, nyuma y’urupfu rwa Colonel Ruvugayimikore ProtogĂšne alias Ruhinda wari komanda w’abarwanyi kabuhariwe bayo bazwi nka ‘CRAP’. Urupfu rwa Col. Ruhinda rwamenyekanye kuri uyu wa 3 Ukuboza 2023. Amakuru agera kuri BWIZA aravuga ko uyu murwanyi yapfiriye mu bitaro bya Hill […]

Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yapfuye

Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Ukuboza 2023. Twagiramungu wari ufite imyaka 78 y’amavuko, yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva ku wa 19 Nyakanga 1994 kugeza ku wa 31 Kanama 1995 ubwo yeguraga kuri uwo mwanya. Play free slots online https://slots-online-canada.ca/free-slots/ at the fairest Casino […]

Rwandan troops in Mozambique are successfully protecting civilians – By Ralph Shield

Rwanda’s involvement in peacekeeping operations for the United Nations (UN) and African Union (AU) has increased since 2004. The relatively small East African nation is Africa’s most active troop-contributing country and the fourth most active worldwide. It has nearly 6,000 soldiers and police committed to UN peacekeeping missions. In recent years, however, Rwanda has deployed […]

Yago agiye kujyana muri RIB abanyamakuru bakoresheje umukobwa umushinja kumutera inda

Mu kwezi gushize ku Ugushyingo nibwo ku muyoboro umwe wa You Tube hagaragaye umukobwa wumvikanye ashinja Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago amushinja ko yamuteye inda nyuma y’uko amwimye amafaranga yo kugura ikinini kica intanga ze. Uyu mukobwa yavuze ko ngo yaryamanye na Yago hanyuma ngo amusaba amafaranga ibihumbi bitanu byo kugura ikinini cyo kwica intanga […]

Mbarara: Hafashwe abagabo babiri bibaga imirambo mu bitaro

Igipolisi cya Uganda muri Mbarara cyataye muri yombi abagabo babiri bashinjwa kwiba imirambo mu Bitaro by’Icyitegererezo by’Akarere ka Mbarara. Umuvugizi w’ibi bitaro, Halson Kagure, kuri uyu wa kane ushize yavuze ko nubwo amabwiriza avuga ko umurambo w’umuntu wapfuye ugomba kubanza kunyuzwa mu bitaro ngo ukorerwe ibizamini, abakekwa n’ibyitso byabo bavugwaho kuba baribaga imirambo bakayiha benewabo […]

L’UA s’apprĂ ÂȘte à  rĂ©cupĂ©rer les avoirs «  volĂ©s  » de l’Afrique

L’Union africaine (UA) a officiellement adoptĂ© jeudi la Position africaine commune sur le recouvrement des avoirs (Capar) lors de la 45e rĂ©union du Conseil consultatif de l’UA contre la corruption (AUABC) tenue à  Arusha, en Tanzanie, rapporte The Citizen. Capar est un instrument de rĂ©cupĂ©ration des avoirs volĂ©s en Afrique. La secrĂ©taire exĂ©cutive de l’AUABC, […]

RDC: Ububiko bwa Komisiyo y’amatora bwibasiwe n’inkongi y’umuriro

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, itariki ya 29 Ugushyingo 2023, ahagana mu ma saa mbiri n’iminota 15 z’ijoro, inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ishami rya Komisiyo yigenga ishinzwe amatora ya RDC (CENI) ahitwa Bolobo, mu Ntara ya Mai Ndombe. Iyi nkongi yangije burundu inyubako y’ububiko, bitera igihombo kinini cy’ibikoresho kuri CENI. Mu bikoresho byahiye bigakongoka […]

Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda akurikiranweho gukuramo inda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 1 Ukuboza 2023, abashinzwe isuku muri Kaminuza y’u Rwanda i Huye basanze umwana w’uruhinja, bigaragara ko yari afite amezi 8 n’iminsi mikeya, mu gatebo k’imyanda kari ku macumbi y’abakobwa azwi nka Benghazi. Umwe mu banyeshuri ba kaminuza niwe ukekwaho gukuramo inda yarangiza akajugunya uruhinja mu gatebo […]

Abafite ubumuga barasaba ko amategeko y’umuhanda avugururwa

Mu Rwanda haracyumvikana imbogamizi ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ku kuba bahabwa ‘Permis’ zo gutwara ibinyabiziga ku buryo usanga ngo nta mahirwe bahabwa nk’abandi kandi biyumvamo ubushobozi. Ibi byagarutsweho n’aba bafite ubwo bumuga , bavuga ko batumva impamvu batemerewe gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda, kandi ahandi zitangwa, dore ko hari n’abakoresha […]

Abana ba Twahirwa baravuga ko bahunze ngo batamutangaho ubuhamya

Abana ba Twahirwa SĂ©raphin, Twahirwa Emmanuel TrĂ©sor na Uwiduhaye Twahirwa Olive, babwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko bahunze u Rwanda kugira ngo badatanga ubuhamya bushinja umubyeyi wabo. Twahirwa Tresor, imfura ya Twahirwa, yatanze ubuhamya tariki ya 29 Ugushyingo 2023, asobanura ko yahungiye muri Afurika y’Epfo, ati: “Ubuhungiro mbumazemo igihe, n’ubu ndacyaburimo.” Uyu […]

Israel yari izi ko Hamas irimo iritegura kuyitera iryumaho – New York Times

Israel ngo yari imaze umwaka urenga izi gahunda y’igitero cy’iterabwoba cya Hamas nk’uko byahishuwe n’ikinyamakuru New York Times cyabashije kubona iyi gahunda mu buryo burambuye. Nk’uko iki kinyamakuru gikomeye muri Amerika kibivuga, abayobozi ba Israel birengagije umuburo. Ni inyandiko y’impapuro 40, ijyanye mu ngingo zose, na gahunda irambuye y’igitero cy’iterabwoba cyo ku itariki ya 7 […]

RDF yahaye ikaze abasore n’inkumi bifuza kwinjira mu gisirikare

gapnrncxwaa7xnt.jpg

Igisirikare cy’u Rwanda cyafunguriye amarembo Abanyarwanda bose bifuza kukinjiramo ku rwego rw’abasirikare bato, aho kwiyandikisha ku turere no mu mirenge byatangiye kuri uyu wa Gatanu, itariki 01 Ukuboza bikazarangira ku itariki ya 31 Ukuboza 2023. Abahamagawe ni abasore n’inkumi b’Abanyarwanda, bari hagati y’imyaka 18 na 25, bafite ubuzima bwiza, batigeze bahamwa n’icyaha kandi badakurikiranweho ibyaha, […]

Guinea-Bissau: Agatsiko k’abasirikare kabohoje ku ngufu minisitiri wari wafashwe na polisi

Muri Guinea-Bissau, urusaku rw’amasasu rwinshi rwumvikanye mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 1 Ukuboza, hafi y’ikigo cya gisirikare giherereye mu majyepfo y’umurwa mukuru ubwo itsinda ry’abasirikare ryabohozaga ku ngufu minisitiri wari watawe muri yombi na polisi. Abasirikare bo muri iki kigo mu ijoro ryakeye bagerageje kubohoza minisitiri n’umunyamabanga […]

Amafoto: Igisirikare cy’u Bushinwa na RDF bikomeje gushimangira ubufatanye

ganh4_twcaaqpgm.jpg

Kuri uyu wa Kane, itsinda ry’abasirikare bakuru n’abato mu Gisirikare cy’u Bushinwa, ziyobowe na Senior Col You Jian kandi aherekejwe n’umuyobozi wungirije muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, LIN Hang, basuye Igisirikare cy’u Rwanda (RDF). Iri tsinda ryakiriwe n’umuyobozi mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere, Lt Gen J J Mupenzi. Ku cyicaro cya RDF, basobanuriwe urugendo […]

RDC: Kandida perezida Enoch Ngila azahemba umusirikare muto asaga 500,000 Frw natorwa

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Enoch Ngila arashaka kugabanya umubare w’intara ukava kuri 26 ukagera kuri 11, ndetse no guhemba umwarimu wo hasi n’umusirikare muto asaga 500,000 Frw. Ibi yabitangaje ku wa Gatatu, itariki ya 29 Ugushyingo 2023, ubwo yerekanaga imigabo n’imigambi ye, abisabwe n’Inama Nkuru ishinzwe itangazamakuru n’itumanaho […]

Umuhungu wa Munyemana yabwiye urukiko ko urubanza rwa se ari urw’ibinyoma

Umuhungu wa muganga Dr Munyemana SosthĂšne witwa Gustave Ngabo yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Paris ko urubanza rw’umubyeyi we ari urw’ibinyoma gusa kuko ngo nta ruhare yagize muri jenoside yakorewe Abatutsi. Ngabo w’imyaka 41 y’amavuko yabivuze kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2023 ubwo yatangaga ubuhamya bushinjura umubyeyi we muri uru rukiko rwo mu Bufaransa. Nyuma […]

Komanda w’ingabo za Uganda zirwanya ADF yinubiye imihanda yo muri RDC

Komanda w’ingabo za Uganda zirwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF, Maj. Gen. Dick Olum, yatangaje ko imihanda banyuramo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo ibangamira ibikorwa byazo. Umunyamakuru wa The Daily Monitor yafashe amashusho y’uburyo ibinyabiziga bigorwa no kunyura mu mihanda yo mu burasirazuba bwa RDC bitewe n’uko yuzuyemo icyondo. Aya mashusho agaragaramo abasirikare […]

Israel: Batatu bapfuye abandi barakomereka nyuma yo kurasirwa ahategerwa bus

Polisi ya Israel yavuze ko abantu batatu bishwe abandi benshi barakomereka nyuma y’uko abantu babiri bitwaje imbunda barasiye ahategerwa bus mu nkengero za Yeruzalemu. Abagabye igitero na bo bishwe. Polisi yavuze ko abantu 16 bakomerekeye mu iraswa ryo kuri uyu wa Kane. Serivisi zishinzwe ubutabazi muri Israel zavuze ko zihutanye abantu umunani bakomeretse bikabije mu […]

Umunyamakuru Nkundineza yasabiwe gushyirwa ‘mu nzu yabugenewe’

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2023 yaburanye ubujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubushinjacyaha bumusabira gufungirwa ahantu habugenewe. Nkundineza yageze mu rukiko ahagarariwe n’umunyamategeko umwe muri babiri bamwunganira, Me Ibambe Jean Paul, yibutsa urukiko rwisumbuye umwanzuro w’urw’ibanze umufunga by’agateganyo, avuga ko atawemera, asobanura impamvu z’ubujurire bwe zirimo […]

Perezida wa Namibia yashimangiye ko nta ngabo azohereza muri RD Congo

Perezida Hage Geingob yongeye gushimangira icyemezo cya Guverinoma ya Namibia cyo kutazohereza ingabo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu rwego rw’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bwa SADC. Mu cyumweru gishize, SADC na Guverinoma ya Kinshasa bashyize umukono ku masezerano i Kinshasa yo kohereza ingabo zizafasha guhashya icyorezo cy’imitwe yitwaje intwaro, harimo n’inyeshyamba za M23, […]

Urugendo rw’iminota 10 narugenze iminsi 6: Umutangabuhamya mu rubanza rwa Munyemana

Urubanza rwa muganga Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha jenoside mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwakomeje kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2023, humvwa abatangabuhamya. Aba batangabuhamya bahurije ku kuba Dr Munyemana yaragize uruhare mu bwicanyi bwakorewe muri segiteri Tumba ya Butare mu 1994, gusambanya ku gahato no kubohoza Abatutsikazi ndetse no gusahura ingo […]

Kayonga nommé ambassadeur du Rwanda en Turquie

Une rĂ©union du cabinet a nommĂ©, mercredi, le lieutenant gĂ©nĂ©ral (à  la retraite) Charles Kayonga au poste d’ambassadeur du Rwanda en Turquie, en remplacement de Fidelis Mironko qui occupe des fonctions similaires depuis 2020. Kayonga revient à  la diplomatie quatre ans aprĂšs avoir servi pour la derniĂšre fois comme ambassadeur du Rwanda en Chine. Ancien […]

Gaza: Agahenge hagati ya Hamas na Israel kongereweho amasaha

Kuri uyu wa Kane, Israel na Hamas byagiranye amasezerano y’umunota wa nyuma yo kongeraho umunsi umwe byibuze ku gahenge k’iminsi 6 byari byemeranyije kugira ngo abashyikirana bakomeze gukora ku masezerano yo kugurana imbohe yabereye i Gaza ku mfungwa z’Abanyapalestine. Aya masezerano yemereye abakora ubutabazi kwinjira muri Gaza nyuma y’uko igice kinini cy’ubu butaka bwegereye inyanja […]

Kenya: Abatarishyura ubwishingizi bw’ubuzima barakumirwa kuri serivizi 11 z’ingenzi

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yashyizeho gahunda nshya y’ubwishingizi mu buzima izakumira abatarabwishyura kuri serivizi 11 z’ingenzi zirimo gusezeranywa imbere y’amategeko no guhabwa akazi muri Leta. Izindi serivisi bakumiriweho ni iyo: guhabwa inguzanyo ku banyeshuri, guhabwa akazi muri Leta, kwandikisha ikinyabiziga, guhabwa icyemezo cy’uko wishyuye imisoro, guhabwa pasiporo n’ibi byangombwa by’inzira, kwandikisha ubucuruzi ndetse […]

Urukiko rwasanze umugore wa Twahirwa yararubeshye

Urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi rwasanze umugore wa Twahirwa SĂ©raphin, Uwimana Primitiva, yararubeshye ko baheruka kuvugana mu myaka y’1990 ubwo bari mu buhungiro muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Tariki ya 22 Ugushyingo 2023, Uwimana wari wagiye mu rubanza nk’umutangabuhamya ushinjura, yanze gutangira ubuhamya mu ruhame, abwira urukiko kubera impamvu zirimo umutekano we, […]

Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga yahawe imirimo mishya

Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turkiya. Ni inshingano yahawe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 29 Ugushyingo 2023 iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente. Lt Gen (Rtd) Kayonga yazisimbuyeho Fidelis Mironko wari Ambasaderi w’u Rwanda i Ankara kuva muri […]

Uganda iravugwaho kunyuzwamo intwaro UAE yoherereza umutwe wa RSF muri Sudani

Umujenerali wo muri Sudani wo ku rwego rwo hejuru yavuze ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zoherereza ibikoresho umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), ashinja UAE mu ruhame kugira uruhare mu ntambara igisirikare cya leta kirimo kurwanamo n’uyu mutwe. Abayobozi b’ingabo mbere bari baravuze gusa ko kwivanga kwa bimwe mu bihugu by’ibituranyi bitavuzwe amazina mu ntambara […]

Libya: Abimukira 248 basubijwe iwabo nyuma yo gushaka gutorokera i Burayi

Ishami rishinzwe kugenzura abinjira mu gihugu mu buryo butemewe mu gihugu cya Libia ryasubije mu mahanga abimukira 248 batemewe bingiye muri iki gihugu bashaka uburyo berekeza ku mugabane w’i Burayi. Muri bo, 120 boherejwe muri Nijeriya, mu gihe 128 basigaye birukanwa ku butaka basubira muri Tchad. Badraddin Ben-Hamed, umuyobozi w’ikigo gishinzwe kohereza abantu muri iryo […]

U Bwongereza burateganya guha u Rwanda andi mafaranga muri gahunda y’abimukira

Guverinoma y’u Bwongereza yemeje ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari w’2023/2024 izaha iy’u Rwanda andi mafaranga yo kurufasha mu ishyira mu bikorwa rya gahunda y’ubufatanye mu gukemura ibibazo by’abimukira n’iterambere ry’ubukungu. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho mu biro by’Umunyamabanga ushinzwe umutekano w’imbere, Sir Matthew Rycroft, kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2023, ubwo yari imbere ya komisiyo […]

Umugore wa Twahirwa ari mu kaga: Umunyamategeko

Umugore wa Twahirwa SĂ©raphin uburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels, Uwimana Primitiva, yaba yifuza ubuhungiro mu Bubiligi nyuma yo guhamya ko umugabo wa nta kibi yigeze akora. Umunyamategeko Me Vincent Lurquin agaragaza ko abukwiye kuko ngo “ari mu kaga”. Tariki ya 23 Ugushyingo 2023, Uwimana wari mu batangabuhamya bashinjura, yatunguye […]

Elections in the DRC: Towards a withdrawal of observers from the European Union?

The European Union observation mission still does not have all the authorizations to use its communications equipment in the DRC. The situation is becoming critical, according to certain European chancelleries, given the relatively tight deadlines and the numerous operations to be covered by the mission. Discussions are said to be underway and a withdrawal from […]

RDC: Indorerezi z’amatora za EU zabujijwe gukoresha ibikoresho by’itumanaho zajyanye

Ubutumwa bw’indorerezi z’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ntizirahabwa uburenganzira bwose bwo gukoresha ibikoresho by’itumanaho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ibintu birakomeye, nk’uko ibiro bimwe na bimwe by’ibihugu by’i Burayi i Kinshasa bibitangaza, bitewe n’igihe ntarengwa cyagenwe ndetse n’ibikorwa byinshi bigomba gukorwa n’ubu butumwa. Ibiganiro bivugwa ko birimo gukorwa ariko ko kuvana ubu butumwa muri […]

Kwa Basabose mu Bubiligi bafite amabendera y’u Rwanda ya kera: Ubuhamya

Urubanza rwa Basabose Pierre ubwo rwari rukomeje kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023, umutangabuhamya yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu rugo rw’uyu muburanyi mu Bubiligi haba amabendera y’u Rwanda ya kera. Basabose wabaye umucuruzi muri Kigali na Twahirwa SĂ©raphin wabaye Perezida w’Interahamwe muri Gikondo, bari kuburanira muri uru rukiko guhera tariki ya 9 Ukwakira […]

Gambia irashaka kwiga byinshi ku Nama y’Umushyikirano ikorwa mu Rwanda

gadbfxhbcaaxrkx.jpg

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. à‰douard Ngirente, kuri uyu wa Kabiri, itariki 28 Ugushyingo 2023, yakiriye Visi Perezida wa Gambia akaba na Minisitiri w’Intebe, Muhammed B.S Jallow, kugira ngo baganire ku buryo ibihugu byombi bishobora gusangira ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye n’imiyoborere myiza. Jallow, hamwe n’intumwa ze bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi no gusura rw’iminsi […]

Se w’umwana uherutse kuri Perezidansi aratakamba ngo umugore we afungurwe

Izabitegeka Innocent, umubyeyi w’umwana witwa Ishimwe Innocent uherutse kujya ku biro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, asaba gufashwa kujyanwa mu ishuri rya FC Bayern Munich, aratakamba asabira umugore we gufungurwa. Izabitegeka na Ishimwe bagiye kuri Perezidansi tariki ya 21 Ugushyingo 2023, basobanura ko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamukuye ku rutonde rw’abana bagomba kujya […]

Mende asanga imyaka 3 irimo uwa Covid-19 idakwiye kubarwa muri manda ya mbere ya Tshisekedi

Lambert Mende wahoze ari minisitiri w’itangazamakuru n’umuvugizi wa Guverinoma asanga Perezida Tshisekedi akwiye manda ya kabiri kuko ngo mu myaka ibiri muri manda ye ya mbere, afata nk’aho ari yo yayoboye gusa, yakozemo byinshi. Urubuga mediacongo.net dukesha iyi nkuru ruvuga ko abakada benshi muri politiki ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo babona Tshisekedi nk’uzatsinda amatora […]

Kenya: Abantu bagera mu 120 bamaze kwicwa n’imyuzure

Umubare w’abantu bahitanwe n’imyuzure mu bice bitandukanye bya Kenya umaze kugera ku bantu 120 nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi muri guverinoma kuri uyu wa Kabiri. Ingo zigera ku 89,000 zimuwe zicumbikirwa mu nkambi zigera ku 120 nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru muri minisiteri y’umutekano, Raymond Omollo, mu itangazo ryashyizwe ahagaragara. Igihugu cya Kenya kimwe n’ibihugu by’ibituranyi […]

Ntabwo icyerekezo kizongera gukoreramo ikigo kimwe gitwara abagenzi: Minisitiri Gasore

Minisitiri w’ibikorwaremezo, Dr Gasore Jimmy, yatangaje ko bitandukanye n’ibisanzwe, icyerekezo kimwe kitazongera gukoreramo ikigo kimwe gitwara abagenzi mu buryo bwa rusange. Ibi yabitangarije kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023, ubwo yasobanuraga amabwiriza mashya yasohotse arebana n’uburyo bwo gutwara abagenzi, yitezweho gukemura bimwe mu bibazo bahura na byo birimo gutegereza imodoka igihe kinini. […]

Kinshasa: Hafashwe agatsiko karimo abapolisi kacuraga amakarita y’itora

Nyuma y’ikirego cyatanzwe na komisiyo yigenga y’amatora yigenga (Ceni) abapolisi bataye muri yombi agatsiko k’abantu bakoraga amakarita y’itora y’amahimbano i Kinshasa. Aba ni umusivili wakoraga nk’umukozi w’igihe gito muri CENI n’abapolisi batatu. Aya makuru yatanzwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 28 Ugushyingo n’ishami ry’itumanaho rya CENI. Abantu batawe muri yombi ni: Brigadier Nzuzi Kinzunga Djoly, […]

‘Ari njye, ari Kagame ni nde ushaka ubutabera?’ Ikibazo cyabarijwe mu rubanza rwa Munyemana

Umutangabuhamya mu rubanza rwa muganga Dr Munyemana SosthĂšne uburana mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa yabajije umunyamategeko wamubajije niba koko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda aha abatangabuhamya amafaranga ngo bajye gushinja abakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi. Iki kibazo cyabajijwe n’umunyamategeko wunganira abaregera indishyi nyuma y’aho abunganira Dr Munyemana bamaze iminsi bagaragaza ko […]

Sierra Leone: Abantu 20 bishwe imfungwa 2000 ziratoroka nyuma y’igisa nka coup d’etat

Kuri uyu wa Mbere ushize, abayobozi bavuze ko abantu 20 bishwe kandi abagororwa bagera ku 2000 bagatoroka gereza mu gitero cyagabwe ku kigo cya gisirikare, gereza ndetse n’ahandi muri Sierra Leone. Iki gihugu cya Afurika y’Iburengerazuba cyacitsemo igikuba mu gitondo cyo ku Cyumweru ubwo abantu bitwaje intwaro barasiraga amasasu menshi mu murwa mukuru Freetown. Guverinoma […]

RCS irahakana gufata CG (Rtd) Gasana mu buryo bwihariye

Urwego rw’igihugu rushinzwe igorora, RCS, rurahakana gufata mu buryo bwihariye umufungwa CG (Rtd) Gasana Emmanuel wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda na Guverineri w’intara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba. Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, tariki ya 26 Ukwakira 2023 rwatangaje ko rwataye Gasana muri yombi, rumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite n’icyo gusaba […]

Anne Hidalgo uyobora Umujyi wa Paris yafashe icyemezo cyo kureka gukoresha X

Kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Ugushyingo, Umuyobozi w’Umujyi wa Paris, Anne Hidalgo, yatangaje ko aretse gukoresha urubuga rwa X rwahoze ruzwi ku izina rya Twitter, avuga ko ari “umwanda ukomeye ku Isi” urimo gusenyaga demokarasi yacu ” binyuze mu gukwirakwiza ihohoterwa n’amakuru atari yo. Nyuma yo kugura Twitter mu 2022, Elon Musk yirukanye abakozi […]

Gén. Maj. Ndindiliyimana yabwiye urukiko ko Twahirwa yari mu Nterahamwe zitwaraga nabi

GĂ©nĂ©ral Major Ndindiliyimana Augustin wayoboye jandarumori y’u Rwanda mbere no mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko Twahirwa SĂ©raphin yari mu Nterahamwe zarangwaga n’imyitwarire mibi. Ndindiliyimana ubarizwa mu Bubiligi nyuma y’aho urukiko rwa Arusha rwashyiriweho u Rwanda rwamugize umwere ku byaha bya jenoside, yatanze ubuhamya mu rubanza […]

Uvira: Benshi baguye mu gitero cya Gumino ifatanyije na FARDC na Mai-Mai kuri Twirwaneho

Mu cyumweru gishize, i Nakamungu muri Gurupoma ya Kigoma, Teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abasirikare benshi ba FARDC barapfuye baguye mu mirwano na Twirwaneho none hatangijwe iperereza ku rupfu rwabo. Bivugwa ko ku wa Kabiri, itariki ya 21 Ugushyingo, abasirikare ba FARDC bari kumwe n’abarwanyi ba Mai-Mai ikomoka kuri Mai-Mai Rushaba bari […]

Itegeko rya Perezida Ruto ryo gukata ku mushahara wa buri mukozi ryateshejwe agaciro

Urukiko rukuru rwo muri Kenya rwatesheje agaciro itegeko rya Perezida William Ruto ryo gukata ku mushahara mbumbe wa buri mukozi wa Leta amafaranga 1.5% kugira ngo ashyirwe muri gahunda yo gufasha abaturage kubona inzu zijyanye n’ubushobozi bwabo. Iyi gahunda yatangiye muri Nyakanga 2023, gusa ntiyavuzweho rumwe mu Banyakenya kuko hari abavugaga ko ari umutwaro ku […]

Umunyamakuru wavuzwe mu rubanza rwa Bunyoni yashyize hanze amabanga ku rupfu rwa Nkurunziza

Bob Rugurika uyobora RPA

Umunyamakuru Bob Rugurika wavuzwe n’ubushinjacyaha mu rubanza rwa GĂ©nĂ©ral Alain Guillaume Bunyoni ko bateguranye umugambi wo gukura Perezida Evariste Ndayishimiye ku butegetsi bw’u Burundi, arahamya ko Pierre Nkurunziza yapfuye arozwe. Ubushinjacyaha buherutse kuvuga ko Bunyoni yahaye Rugurika amafaranga kugira ngo amufashe kunoza uyu mugambi, ariko uyu Jenerali we yisobanuye ko ayo yamuhaye yari ayo kugira […]

EALA irahamya ko EAC idashobora gukura ingabo muri RDC zitarabona izizisimbura

Inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EALA, yatangaje ko ingabo zawo ziri mu butumwa bw’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo zidashobora kuvayo mu gihe zitarabona izizisimbura. Ibi ni Perezida wa EALA, Ntakirutimana Joseph, wabimenyesheje abanyamakuru i Kigali kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2023, ubwo bamubazaga ku gihe izi ngabo zizasubirira mu […]

Inshuti ya Kajuga Robert yasobanuye uko Twahirwa yarashe benshi, Habyarimana amaze gupfa

Mucanda Vital alias Kivumbi wari inshuti ikomeye ya Kajuga Robert wabaye Perezida w’Interahamwe ku rwego rw’igihugu yasobanuriye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi uko Twahirwa SĂ©raphin yarashe abantu benshi ubwo yari amaze kumenya ko indege ya Habyarimana JuvĂ©nal ihanuwe. Abatangabuhamya batandukanye bumvikanye muri uru rukiko kuva urubanza rwatangira tariki ya 9 Ukwakira 2023, bagiye […]

USA: Abanyeshuri 3 bakomoka muri Palestine barasiwe hafi ya kaminuza

Umugabo w’imyaka 48 yatawe muri yombi azira kurasa abanyeshuri batatu b’Abanyamerika bakomoka muri Palesitine. Ibi byabereye muri Leta ya Vermont muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Jason J Eaton yatawe muri yombi nyuma yo gusaka mu rugo rwe, nk’uko CBS News, umufatanyabikorwa wa BBC muri Amerika abitangaza. Ku wa Gatandatu, Hisham Awartani, Tahseen Ahmed na […]

Rubavu: Ubukerarugendo bukorerwa ku mucanga w’Ikivu bugiye kuza mu isura nshya

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko buteganya kuvugurura no kunoza serivisi abatemberera ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu bakenera, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kuryoherwa. Ubuyobozi bw’aka karere bwabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 24 Ugushyingo, ubwo bwagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru. Ni ikiganiro cyabereye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, kamwe mu duce tugendererwa n’abantu b’ingeri zitandukanye mu […]

Tory splits deepen as Sunak’s plan to sign Rwanda treaty hit by delay

Rishi Sunak’s attempts to save his flagship asylum plan have been dealt a fresh blow after it emerged Rwanda is refusing to sign a treaty that includes British involvement in its legal system. The Prime Minister made upgrading the Rwanda deportation deal to a formal treaty the first key stage in his plan to save […]

Les rebelles du M23 avancent vers Sake, Goma

Les rebelles du M23 ont intensifiĂ© leurs attaques contre les unitĂ©s militaires congolaises prĂšs de la ville stratĂ©gique de Sake, dans le territoire de Masisi, dans ce qui semble Ă ÂȘtre une tentative de s’emparer de la ville de Goma, dans la partie orientale du pays riche en minerais. D’intenses combats ont repris dimanche à  Kilolirwe, […]

RDC: Urujijo ku rusaku rw’amasasu yumvikanye hafi y’Ikigo cya gisirikare

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mu ma saa yine, muri Centre ya Rutshuru humvikanye urusaku rw’amasasu rwateje urujijo mu bahatuye, aho bamwe bakeka ko rwaba rwavugiye mu kigo cya gisirikare kihegereye abandi bakemeza ko ari M23 irimo gutoza abarwanyi ba yo. Nk’uko amakuru agera ku rubuga Kivumorningpost avuga, urujijo rwatewe n’amasasu yumvikanye hafi […]

Uwarokotse jenoside yasobanuriye urukiko uko yagizwe umugore afite imyaka 11

Urubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, rwakomeje kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2023 humvwa ubuhamya. Ubuhamya bwa mbere bwumviswe ni ubw’umugore w’imyaka 40, akaba ari mu batangabuhamya b’umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi. Ni umwe mu baregera indishyi. Uyu mutangabuhamya […]

Rutshuru: Imitwe ibiri igize Wazalendo yasubiranyemo ipfa imisoro itemewe

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 26 Ugushyingo, mu Mujyi wa Kibirizi, muri Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru, habaye imirwano hagati y’imitwe ibiri y’inyeshyamba zigize ikiswe Wazalendo. Amakuru yatangajwe n’igipolisi avuga ko iyo mitwe ibiri y’inyeshyamba yarwaniraga kugenzura ahantu ndetse n’imisoro, ari iyoborwa n’uwitwa Kasuka n’undi uyoborwa n’uwiyise Commander Rouge. Ubwo barasanaga, […]

Thailand: Umugabo yishe umugore we, nyina na mushiki we ku munsi w’ubukwe bwe

Umukinnyi w’imikino ngororamubiri y’abamugaye ndetse wahoze ari umusirikare yarashe umugeni we n’abandi batatu mbere yo kwiyahura ku munsi w’ubukwe bwe nk’uko polisi yabitangarije BBC. Ku wa Gatandatu ushize, nibwo Chaturong Suksuk w’imyaka 29 na Kanchana Pachunthuek w’imyaka 44 bashyingiranwe mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Thailand. Nk’uko amakuru abitangaza, yavuye mu bukwe mu buryo butunguranye agaruka yitwaje […]