Ingabo za EAC za nyuma zizava muri RDC mu mwaka utaha

Umutwe w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, EACRF, watangaje ko iza nyuma zizava muri iki gihugu mu mwaka utaha. Ingabo za Kenya zigera kuri 300 ni zo zabimburiye izindi, zirataha, hashingiwe ku byemezo abakuru b’ibihugu by’akarere bafatiye mu nama yabereye i Arusha tariki ya 24 Ugushyingo […]

Rwamucyo yatanze ibyangombwa bimwemerera kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni

gax3ze_wsaaatyw.jpg

Kuri uyu wa Kane, itariki 7 Ukuboza 2023, Ambasaderi mushya Uhoraho w’u Rwanda Muryango w’Abibumbye, Ernest Rwamucyo, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru, AntĂ Âłnio Guterres ibyangombwa bimwemerera gukora izi nshingano nyuma yo kugenwa kuri uyu mwanya na Perezida wa Repubulika mu Kwakira 2023. Mbere yo gushyirwa kuri uyu mwanya, Rwamucyo yabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani, agomba no […]

USA: Umuhungu wa Biden yashinjwe icyaha gishya gishobora kumufungisha imyaka 17

Ubushinjacyaha bukuru bwatanze ikirego cyo gukwepa imisoro burega Hunter Biden, mu rubanza rwa kabiri umuhungu wa Perezida wa Amerika, Joe Biden, arezwemo. Inyandiko y’ibirego icyenda ivuga ko yateguye igikorwa cyo gukwepa imisoro byibuze ya miliyoni 1,4 $ (£ 1.1m) mu misoro ya leta kuva 2016 kugeza 2019. Ni ibyaha bitatu bikomeye n’ibyaha bitandatu byoroheje birimo […]

Botswana: Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko u Rwanda rwabashije kugera aho rugeze

gavzhlzxkaag4n5.jpg

I Gaborone mu Murwa mukuru wa Botswana, hari kubera inama ya 5 izwi nka KUSI Ideas Festival yiga ku iterambere ry’Umugabane wa Afurika yitabiriwe na Minisitiri w’ Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente ahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Ni inama yatangiye kuwa Kane igomba gusozwa kuri uyu wa Gatanu. Muri iyi nama itegurwa n’ […]

FARDC yatangaje ko iri kwigengesera ku gukura M23 muri Mushaki

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko kiri kwigengesera ku gukura M23 muri santere ya Mushaki iherereye muri teritwari ya Masisi bitewe n’uburyo ituwe. M23 yafashe Mushaki kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023, nyuma y’amezi hafi 9 ihashyikirije ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC. Umuvugizi w’uyu […]

Ni iki cyakorwa mu gihe RIB yakwanga gukora iperereza ku kirego yahawe?

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rufite inshingano zo kugenza ibyaha ruhabwa n’itegeko NÂÂș12/2017 ryo ku wa 07/04/2017 rigena imikorere yarwo. Ni inshingano zakorwaga n’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe iperereza ku byaha kuva mu mwaka w’2000 kugeza mu 2017. Ingingo ya 16 y’Itegeko nÂÂș 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha yerekana imirimo yose umugenzacyaha […]

Umuyobozi wa MONUSCO yasabye M23 guhagarika imirwano byihuse

Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), akaba n’Umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita, avuga ko “ahangayikishijwe” no kwiyongera kw’imirwano muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bw’igihugu, mu gihe kuri uyu wa Kane M23 yafashe agace ka Mushaki. Mu gihe imirwano isatira Sake na Goma, Umuyobozi wa MONUSCO yahamagariye impande zose […]

Videwo ya Rusesabagina yateje impaka mu rubanza rwa Munyemana

Videwo ya Rusesabagina Paul yumvikanamo asobanura uburyo yafungiwe mu Rwanda n’uko yafunguwe yateje impaka mu rubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa. Byari biteganyijwe ko Rusesabagina atanga ubuhamya mu gitondo cyo kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023, ariko ntibyakunze bitewe n’uko umwunganira mu mategeko yabyanze. Mu masaha […]

Nyaruguru: Umugabo yishwe azira kwiba urubingo

Umugabo witwaga Ndagijimana Daniel w’imyaka 28, wari utuye mu mudugudu wa Akabacura, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, birakekwa ko yishwe n’abaturage ubwo bamuvumburaga mu murima w’umuturanyi we yiba ubwatsi bw’amatungo bwo mu bwoko bw’urubingo. Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuwa 4 rishyira uwa 5 Ukuboza 2023. Nk’uko abaturanyi ba nyakwigendera […]

Reuters irashinja Israel kwica umunyamakuru wa yo

Abasirikare ba Israel bakoresha igifaru ku itariki ya 13 Ukwakira, bishe umunyamakuru wa Reuters bakomeretsa abanyamakuru batandatu muri Liban barasa ibisasu bibiri bikurikiranye bivuye muri Israel mu gihe abanyamakuru barimo bafata amashusho y’ibisasu byagwaga ku mupaka nk’uko iperereza rya Reuters ryabibonye. Ibyo bisasu bivugwa ko byahitanye umunyamakuru wa Reuters w’amashusho, Issam Abdallah w’imyaka 37, binakomeretsa […]

Minisitiri Vincent Biruta yahaye impanuro Abanyarwanda baba mu Buhinde

gavqwcbxyaedh2s.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, kuri uyu wa Kane yageze i New Delhi mu Buhinde mu ruzinduko rw’akazi rugamije kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi, aho yaboneyeho kuganira n’Abanyarwanda baba mu Buhinde agira ubutumwa abasigira. Mu kumuha ikaze, Umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Buhinde, Arindam Bagchi abinyujije kuri X yagize ati “Ikaze […]

Umunyamakuru Nkundineza arakomeza gufungwa

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko umunyamakuru Nkundineza Jean Paul akomeza gufungwa by’agateganyo. Ni icyemezo cyafashwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023, nyuma y’icyumweru uyu munyamakuru aburanye ubujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Uyu munyamakuru yatawe muri yombi tariki ya 16 Ukwakira 2023. Ku ya 7 Ugushyingo ni bwo urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge […]

EACRF: Ingabo za Sudani y’Epfo na zo zatangiye kuva muri Congo

Ingabo za Sudani y’Epfo zari mu butumwa bw’Umuryango wa EAC mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane na zo zatangiye kuva mu karere ka Nyiragongo, aho sosiyete sivile yaho ivuga ko izi ngabo zagaragaye mu modoka zerekeza ku Kibuga cy’Indege cya Goma. Urubuga Kivumorningpost.cd dukesha iyi nkuru ruvuga ko abaturage […]

Amerika iremeza ko SAF na RSF byakoze ibyaha by’intambara n’itsembabwoko muri Sudani

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 6 Ukuboza, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko yemeje ko ingabo z’igihugu cya Sudani (SAF) n’ingabo za Rapid Support Forces (RSF) zakoze ibyaha by’intambara muri Sudani. Mu ijambo rye, Umunyamabanga wa Leta, Antony Blinken, yagize ati: “Nkurikije isesengura ryitondewe rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ibintu bihari, […]

RIB mu nzego zifite abakozi bakiriye ruswa nyinshi

Umuryango Transparency International (TI) Rwanda urwanya ruswa n’akarengane wagaragaje ko urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rwaje mu nzego zifite abakozi bakiriye ruswa nyinshi mu mwaka w’2023. Bigaragara muri raporo ‘Rwanda Bribery Index 2023’ yashyizwe hanze n’uyu muryango kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023. Raporo irerekana ko impuzandengo ya ruswa abakozi ba RIB bakiri muri uyu mwaka […]

Le ministre britannique démissionne en raison du plan du gouvernement pour le Rwanda

Le ministre britannique de l’Immigration, Robert Jenrick, a dĂ©missionnĂ© mercredi, affirmant qu’il “ne peut pas continuer à  exercer ses fonctions alors qu’il est en dĂ©saccord avec l’orientation de la politique du gouvernement en matiĂšre d’immigration”. Cette dĂ©mission fait suite au dĂ©voilement par le gouvernement d’une lĂ©gislation d’urgence visant à  faciliter sa politique au Rwanda. “Cependant, […]

Rusesabagina yahinduye uburyo bwo gutanga ubuhamya mu rubanza rwa Dr Munyemana

Paul Rusesabagina utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yahinduye uburyo bwo gutanga ubuhamya mu rubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha bya jenoside mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa. Urukiko rwari rwateguje ko mu iburanisha ryo kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023 abatangabuhamya barimo Rusesabagina batanga ubuhamya mu buryo bw’ako kanya (live) […]

Ni iki gishobora guhagarika itegeko rishya ry’u Bwongereza rirebana n’u Rwanda?

Inzobere mu mategeko zagize uruhare mu rubanza ku Rwanda, cyangwa zashyigikiye ikirego kuri gahunda ijyanye n’u Rwanda, zavuze ko itegeko rishya rishobora gutangiza urugamba rwagira ingaruka zikomeye muri politiki hagati ya leta y’u Bwongereza n’Urukiko rw’Ikirenga hamwe n’Urukiko rw’u Burayi rw’uburenganzira bwa muntu (European Court of Human Rights, ECHR). Umwe mu nzobere mu mategeko wubashywe […]

Me Gisagara yarakajwe n’uhamya ko u Rwanda ruyoborwa nabi

Me Richard Gisagara wunganira abaregera indishyi mu rukiko rwa rubanda rwa Paris yarakajwe n’igitabo cy’umushakashatsi akaba n’umunyamakuru Stephen Smith uhamya ko u Rwanda ruyoborwa nabi. Stephen yifashishijwe mu rubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne nk’umutangabuhamya ushinjura kuri uyu wa 6 Ukuboza 2023, asobanura ko yageze mu Rwanda bwa mbere mu 1992, ku butegetsi bwa Habyarimana JuvĂ©nal. […]

Abadepite ba Uganda basabwe kudacumbika aha make i Kigali

Abadepite bo muri Uganda boherejwe kwitabira imikino ihuza abagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba i Kigali, basabwe kubahisha igihugu cyabo, ntibacumbike ahantu ha make. Babisabwe na Anita Aneth Among uyobora inteko ishinga amategeko ya Uganda kuri uyu wa 6 Ukuboza 2023, ubwo yahaga abazitabira iyi mikino ubutumwa bubaherekeza. Iyi mikino y’ubwoko butandukanye irimo: […]

Operation Springbok yatangirijwe kurinda Goma na Sake igitero cyose cya M23 – MONUSCO

“Operation Springbok yatangirijwe kurinda Goma na Sake igitero icyo ari cyo cyose cya M23 ni igikorwa cyo kurinda. Intego y’iki gikorwa ni ugutsinda igitero icyo ari cyo cyose mu gace kagomba kurindwa, ” uyu ni Major Hassan Kheira wo mu biro by’umuvugizi wa MONUSCO mu kiganiro yagiranye na Radio Okapi kuri uyu wa Kabiri ushize. […]

Twahirwa Seraphin: Urwibutso rudasibangana ku bayobozi n’abo bakoranye

Perezida, RaĂ ÂŻsi (Rayisi), Kingi, Kihebe, ni amwe mu mazina yitirirwa Twahirwa Seraphin. Mu rukiko rwa Rubanda rwa Bururseli, mu Bubiligi, abo bari baturanye, abo bakoranye mbere no mu gihe cya jenoside, abari abayobozi basanisha aya mazina n’ibikorwa by’ubugome byaba byaramuranze muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.We n’abamwunganira byose barabihakana. “Amazina ya Twahirwa Seraphin arimo Kihebe, […]

The trial of “serial killer” Denis Kazungu is scheduled for January 2024

The Nyarugenge Intermediate Court is scheduled to commence the substantive trial of Denis Kazungu, the alleged serial killer accused of murdering 14 people and burying their remains in his residence in Busanza. The trial is set to begin on January 5, 2024. Kazungu faces charges including murder, rape, robbery, forgery, and desecration of human corpses. […]

Goma: Umunyamakuru wa VOA yafashwe na ANR azira channel yo mu Rwanda

Umunyamakuru wa Ijwi rya Amerika i Goma, Jimmy Shukrani Bakomera yatawe muri yombi inshuro ebyiri kuri uyu wa Mbere ushize no kuwa Kabiri i Goma, afashwe n’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza (ANR). Yahaswe ibibazo ku bufatanye ubwo ari bwo bwose ngo yaba afitanye na channel ikorera mu Rwanda itavuzwe izina. Urubuga SOS Media Burundi dukesha iyi […]

Gitifu wa Murama arafunzwe nyuma yo kugonga abanyeshuri umwe akahasiga ubuzima

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba, Mapendo Gilbert, wari utwaye imodoka ya Jeep Toyota RAV4, yagonze abana icumi b’abanyeshuri, umwe ahasiga ubuzima. Iyi Toyota Rav4 ifite pulaki RAC 777 E, yavaga i Kigali yakoreye impanuka mu Muduguidu wa Gasiza, Akagari ka Bisenga, Umurenge wa Rusororo, mu Karere ka Gasabo, […]

Raporo ‘Top Secret’ y’indege ya Habyarimana yasobanuwe mu rubanza rwa Twahirwa na Basabose

Umunyamategeko Alexis Deswaef wunganira abaregera indishyi mu rubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre, yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko Colonel Bagosora ThĂ©oneste yategetse abasirikare ba Leta guhanura indege ya Habyarimana JuvĂ©nal. Me Deswaef yasubizaga umunyamategeko wa Basabose, Me Jean Flamme na Me Vincent Lurquin wunganira Twahirwa bakunze kubaza muri uru rukiko […]

Zelensky yanze kwitabira ikiganiro yagombaga kugirana n’abasenateri ba Amerika

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yanze kwitabira ikiganiro yagombaga kugirana n’abasenateri n’abadepite bo muri Amerika mu gihe hari ikibazo cy’uko Amerika ishobora guhagarika inkunga itera iki gihugu mu ntambara kirimo n’u Burusiya. Kugaragara muri Sena no mu ngoro y’abadepite mu buryo bw’ikoranabuhanga byari biteganijwe ku wa Kabiri, ariko byahagaritswe ku munota wa nyuma. Bije nyuma […]

CYAMUNARA Y’IBICURUZWA BYIGANJEMO IMODOKA

Soma itangazo ryose hano

Ubuyobozi bwa gasutamo buramenyesha abantu bose ko tariki ya 21 Ukuboza 2023, saa yine z’igitondo kuri MAGERWA i Gikondo hazagurishwa mu cyamunara ibicuruzwa bitandukanye byiganjemo imodoka. Fungura urebe urutonde rw’ibucuruzwa byose

Tshisekedi yakiriye Habyarimana

Tshisekedi na Habyarimana alias Jules Mulumba wa CMC

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo aherutse kwakira Habyarimana Mbitse alias Jules Mulumba uri barwanyi bakuru b’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya Wazalendo rifasha ingabo z’iki gihugu guhangana na M23. Mulumba ukorera mu mutwe witwaje intwaro wa CMC/FDP yatangarije ku rubuga rwa X kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023 ko we na HĂ©ritier Ndangendange wo […]

Le Rwanda et le Royaume-Uni signent un nouvel accord sur la migration

35761.jpg

Le Rwanda et le Royaume-Uni ont annoncĂ© mardi 5 dĂ©cembre un nouveau traitĂ© sur la migration qui devrait rĂ©affirmer, de maniĂšre contraignante, les engagements dĂ©jà  existants qui rĂ©pondent aux prĂ©occupations prĂ©cĂ©demment soulevĂ©es concernant la protection des demandeurs d’asile. Le ministre des Affaires Ă©trangĂšres, le Dr Vincent Biruta, aux cĂŽtĂ©s du ministre de l’IntĂ©rieur britannique en […]

Umurinzi w’Igihango yasobanuye uko kubwira Ex-FAR ngo ijye kurasa Inkotanyi byamurokoye n’abe

Umurinzi w’Igihango Ntezimana Laurien yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa ruri kuburanisha Dr Munyemana SosthĂšne ko yasabye bya nyirarureshwa abasirikare ba Ex-FAR kujya kurasa RPA-Inkotanyi, bimufasha kurokoka no kurokora Abatutsi benshi bahigwaga. Ntezimana usanzwe ari umuhanga mu bumenyi bw’iyobokamana no mu mibanire y’abantu, yabivugiye mu buhamya yatanze muri uru rubanza kuri uyu wa […]

Nyamagabe: Bahangayikishijwe n’amafaranga bamaze imyaka 7 bakatwa batazi aho ajya

Abaturage bakora imirimo y’amasuku mu mihanda mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Nyamagabe, baravuga ko batewe impungenge n’amafaranga bakatwa ku mushahara babwirwa ko ari ay’ubwizigame bwa “Ejo Heza”ariko ntibamenye irengero ryayo mu gihe ubuyobozi buvuga ko butari buzi iki kibazo. Bamwe muri aba baturage bamaze imyaka 7 muri aka kazi, bose bahuriye ku kwemeza […]

M23 si yo kibazo cyugarije RDC: Gen Kulayigye

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyagaragaje ko kidafata umutwe wa M23 nk’ikibazo, ko ahubwo ibibazo byugarije uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari ibishimgiye kuri Politiki. Uganda ni kimwe mu bihugu bine by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byohereje Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kuhagarura amahoro. Ni nyuma y’uko imirwano ikomeye […]

Israel iravuga ko yagose inkambi nini y’impunzi muri Gaza

Israel kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko yagose inkambi y’impunzi ya Jabalia, ikaba ari yo yari nini muri Gaza. Ingabo za Israel zivuga ko iyi nkambi, iri mu majyaruguru ya Gaza, yakoreshwaga nk’ibirindiro bya Hamas. Hagati aho, Isreal ikomeje gutera ibisasu mu majyepfo ya Gaza, nko mu mujyi wa Khan Younis, wimuwe igice nk’uko iyi […]

Bamwe mu bafashe telefone za ‘Macye Macye’ baratabaza

Bamwe mu baturage bafashe amatelefone ku nguzanyo zizwi nka ‘Macye Macye’ zitangwa na kampani ya “Intelligra” barasaba Leta guhagarika iyi kampani ikabanza igakemura ibibazo biri mu mikorere yayo bituma bibwa amafaranga, abandi bagafungirwa izo Telefone ndetse bakanahora basiragizwa ku cyicaro cy’iyi kampani. Abaganiriye na televiziyo ya BTN TV bagaragaye mashusho iyi televiziyo yashyize ku rukuta […]

Urubanza rwa Twahirwa na Basabose: Abahemukiwe basabiwe ubutabera

Ubushinjacyaha bubona urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi guhamya Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre ibyaha bya jenoside n’iby’intambara, hanyuma rukabaha ibihano bikwiye mu rwego rwo guha ubutabera Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’ibyaha bubashinja. Nyuma y’amezi hafi abiri humvikana ubuhamya no kwiregura kw’abaregwa, ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko Twahirwa na Basabose bahamwa n’ibi byaha bikomoka kuri jenoside […]

U Burusiya buri gutegura umutwe w’Abarwanyi b’Abanyafurika ushobora gusimbura Wagner

Intumwa z’u Burusiya ziyobowe na Minisitiri w’ingabo wungirije ziri i Niamey. Uru nirwo ruzinduko rwa mbere rw’akazi rw’umwe mu bagize Guverinoma y’u Burusiya muri iki gihugu kuva ku itariki ya 26 Nyakanga habaye ihirikwa ry’ubutegetsi ryahungabanije umubano wa Niger n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, aho ivugwa ko mu bimugenza harimo no gushinga umutwe w’abarwanyi b’Abanyafurika bashobora gusimbura Wagner. […]

Ingabo z’u Burundi zamaganye, zihanangiriza M23

Igisirikare cy’u Burundi, FDN, cyatangaje ko cyamaganye cyivuye inyuma amagambo ya Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, wagishinje kwifatanya n’uruhande rwa Leta ya RDC mu mirwano iri kubera muri teritwari ya Masisi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023, Bisimwa yatangaje ko ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro bwa EAC muri RDC zinjiye […]

Nzaba perezida utagira umushahara – Moise Katumbi

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 4 Ukuboza 2023, ubwo yari imbere y’imbaga y’abantu bari bateraniye i Gemena, umurwa mukuru w’Intara ya Sud-Ubangi bagiye kwakira umukandida MoĂ ÂŻse Katumbi Chapwe ukomeje urugendo rwe rwo kwiyamamaza, yababwiye ko natorwa azakora adahembwa. Imbere y’imbaga yari iteraniye ku rubuga rwa Kermesse, MoĂ ÂŻse Katumbi, muri mitingi ye yamamaye, yasabye abaturage […]

Le ministre britannique de l’IntĂ©rieur est au Rwanda

Le ministre de l’IntĂ©rieur du Royaume-Uni, James Cleverly, a visitĂ© mardi matin le MĂ©morial du gĂ©nocide de Kigali, dans le cadre de sa visite au Rwanda. La visite de Cleverly à  Kigali intervient au moment oĂ Âč le Rwanda et le Royaume-Uni envisagent de signer un nouveau traitĂ© sur la migration, qui mettrait, entre autres, l’accent […]

Mayotte: Request for expulsion of migrants including Rwandans installed in a stadium

The department took legal action to request the expulsion of migrants who established a camp within the grounds of the Cavani stadium in Mayotte. To support his request, he asks local residents to provide proof of the possible disturbances it causes. “Today we have a property that we cannot exploit because migrants have taken up […]

Huye: Bahangayikishijwe n’ibisambo bifungurwa bikajya kubihoreraho

Abaturage bamwe bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bahangayikishijwe n’ubujura buvanzemo urugomo, aho bemeza ko ababukora n’iyo bafunzwe iyo bafunguwe bataha biyemeje kwihorera. Mu gihe ubuyobozi buvuga ko abaturage bakwiye gukomeza gutangira amakuru ku gihe kugira ngo abakora ubwo bujura bakurikiranwe n’amategeko, abaturage bamwe bo mu Murenge wa Ngoma bo bavuga ko […]

Moà¯se Katumbi yise abo bahanganye Abatalibani b’Abanyabwoba

katumbi_x.png

Moise Katumbi uri mu bakandida bahatanira kuyobora igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yise abo bahanganye muri aya matora ‘Abahezanguni b’Abatalibani’ barangwa no kubeshya abo bayobora yemeza ko akabo kashobotse kuko azabatsinda mu matora. Ubusanzwe Abatalibani ni abategetsi b’Igihugu cya Afghanistan, bazwiho kuba ari abanyagitugu bakanagendera ku matwara akaze y’Idini ya Islam. Ibihugu byinshi […]

Bissau: Umutekano wakajijwe nyuma yo gusesa inteko no gufunga televiziyo y’igihugu

Gukaza umutekano mu murwa mukuru wa Guinea-Bissau bishobora kugeza byibuze hagati mu Kuboza nyuma y’iseswa ry’Inteko ishinga amategeko ndetse n’ihagarikwa rya televiziyo y’igihugu kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 4 Ukuboza. Amakuru y’ibanze yerekana ko ingamba z’umutekano zongerewe hafi ya Televiziyo y’igihugu ( TGB) na Radio bya Guinea-Bissau (RDN). Perezida Umaro Embalo yasheshe Inteko […]

USA yagumishijeho ibihano yafatiye abakomeye muri Uganda

Leta zunze ubumwe za Amerika, USA, zagumishijeho ibihano zafatiye bwa mbere abakomeye muri Uganda mu mwaka w’2021, hashingiwe ku kuba batarubahirije ibyo zabasabye. Ibi bihano byari byaratangajwe n’ibiro bya USA bishinzwe ububanyi n’amahanga mu 2021 hashingiwe ku myitwarire mibi yaranze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye, ikanaba nyuma y’aho. Umunyamabanga wa USA, Antony Blinken, kuri uyu wa […]

Mayotte: Abimukira b’Abanyarwanda bituje muri stade barasabirwa kwirukanwa

Departement ya leta muri Mayotte yitabaje ubutabera isaba kwirukana abimukira barimo Abanyarwanda bashinze inkambi mu kibuga cya Stade Cavani. Kugira ngo ishyigikire icyifuzo cyayo, yasabye abaturage bahaturiye gutanga ibimenyetso byerekana imvururu iyi nkambi itera. Kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 30 Ugushyingo, perezida w’inama y’iyi department, Ben Issa Ousseni, yamaganye ibi agira ati: “Uyu […]

Amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza aravugururwa none

Amasezerano ya guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza ku bibazo by’abimukira n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu aravugururwa kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023. Ibinyamakuru byo mu Bwongereza birimo Reuters byatangaje ko Umunyamabanga w’umutekano w’imbere, James Cleverly, yafashe urugendo aza mu Rwanda, akaba ari buhagere mu gitondo cy’uyu munsi. Biteganyijwe ko Cleverly ahura na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane […]

Igisirikare cya Iran kiremeza ko gishobora gusenya Israel mu masaha 48

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran (IRGC), General Major Hossein Salami, yavuze ko ubutegetsi bwa Israel buzasenyuka mu masaha 48 niharamuka hagaragaye ikindi gikorwa cya gisirikare nk’icyo ku musigiti wa Al-Aqsa. Amakuru yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Iran (ANI) avuga ko General Major Salami yagize ati: “Mu masaha 48, Israel izavanwa mu miterere ya politiki y’Isi.” Salami […]

Guinea-Bissau: Perezida Embalo yasheshe inteko ishinga amategeko nyuma y’ipfuba rya coup d’etat

Kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa Guverinoma yabwiye abanyamakuru ko Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embalo, yasheshe inteko ishinga amategeko y’iki gihugu, nyuma y’ibyo Embalo yavuze ko ari ugushaka guhirika ubutegetsi mu gihugu gito cya Afurika y’iburengerazuba mu cyumweru gishize. Imirwano hagati y’imitwe ibiri y’ingabo yabereye i Bissau mu ijoro ryo ku wa Kane ikomeza […]

U Bwongereza bugiye guha u Rwanda izindi miliyoni muri gahunda y’abimukira

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yiteguye guha u Rwanda byibuze izindi miliyoni 15 z’ama pound kugirango hashyirwe umukono ku masezerano yo gufata abasaba ubuhunzi birukanwa mu Bwongereza, nk’uko byatangajwe. Amafaranga azaba yiyongera ku yandi miliyoni 140 zama pound zamaze guhabwa u Rwanda muri gahunda y’igihugu cyo mu burasirazuba bwa Afurika yo kwakira abasaba ubuhungiro […]

RDC: Umukandida Delly Sesanga nawe yiyemeje kujya inyuma ya Moise Katumbi

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), mu gihe hasigaye iminsi cumi n’irindwi ngo amatora rusange abe, umukandida Delly Sesanga yivanye mu ihatana ashyigikira MoĂ ÂŻse Katumbi wahoze ari Guverineri wa Katanga. Ku ikubitiro hari abakandida 26, ariko hasigaye 22 gusa, nyuma y’uko abakandida bane barimo uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Matata Poyo, bateraniye inyuma ya MoĂ ÂŻse […]

Ibigo 8 by’ubuvuzi gakondo birimo Kunga Thearpy na Ijabo Life Center byafunzwe

Minisiteri y’ubuzima (MoH) yafunze ikigo cya Kunga Therapy n’ibindi bigo birindwi bitanga imiti gakondo, ubuvuzi byuzuzanya, n’ubundi buryo. Kuri iki Cyumweru, itariki ya 3 Ukuboza, itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ubuzima, ryerekanye ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ubugenzuzi bwagaragaje ko ibyo bigo bikora ibikorwa bimwe na bimwe binyuranyije n’amategeko n’amabwiriza agenga urwego rw’ubuzima. Ibikorwa byateye […]

‘Arazira imitungo irimo inzu ya Bizimungu yaguze’: Ubuhamya bw’umuhungu wa Basabose

Umuhungu wa Basabose Pierre witwa Ineza Roger Noà«l yamutanzeho ubuhamya mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi, aho aburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara. Yasobanuye ko mu byo umubyeyi we azira harimo inzu ya Pasteur Bizimungu yaguze mu cyamunara. Ineza wari ufite imyaka 3 y’amavuko mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi (ubu afite 32) yifashishijwe […]

U Buholandi bwajyanwe mu rukiko bushinjwa ibyaha by’intambara muri Gaza

Urukiko rwo mu Buholandi rugiye kuburanisha urubanza rurega leta uruhare mu byaha by’intambara muri Gaza kubera gutanga ibyuma byo gusimbura ibishaje by’indege z’intambara za Israel. Urubanza rwatangijwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo mu Buholandi, rutangira kuri uyu wa Mbere, ruvuga ko Leta y’u Buholandi igira uruhare mu byaha bivugwa by’intambara kubera kohereza muri Israel […]

Zambia: Nsengiyumva wavuzwe muri dosiye ya Rusesabagina yafunzwe

Nsengiyumva Appolinaire wavuzwe mu mugambi wa Rusesabagina Paul wo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, binyuze mu mutwe witwaje intwaro wa FLN, yafunzwe. Uyu Munyarwanda yumvikanye mu rubanza rwa Nsabimana Callixte alias Major Sankara na bagenzi be muri Werurwe 2021, ubwo uyu musore wabaye Umuvugizi wa FLN yasobanuraga byinshi ku mikorere y’uyu mutwe. Hari tariki 12 […]

U Bwongereza buteganya kohereza abanyamategeko mu Rwanda

Ikinyamakuru BBC cya Leta y’u Bwongereza cyatangaje ko iki gihugu giteganya kohereza mu Rwanda abanyamategeko bagifasha gutegura gahunda yo kuzana abimukira barebwa n’amasezerano yo muri Mata 2022 agiye kuvugururwa. Mu kwezi gushize, urukiko rw’ikirenga rwa London rwatesheje agaciro gahunda yo kohereza abimukira i Kigali, rugaragaza ko hari impungenge yuko batazashobora kuba mu Rwanda, bagahitamo gusubira […]

Le M23 s’engage à  reprendre les positions qu’il avait cĂ©dĂ©es à  l’EACRF

Le groupe rebelle M23 opĂ©rant dans l’est de la RĂ©publique dĂ©mocratique du Congo a annoncĂ© qu’il rĂ©occuperait les positions qu’il avait cĂ©dĂ©es à  la Force rĂ©gionale de la CommunautĂ© d’Afrique de l’Est (EACRF). Cette annonce intervient aprĂšs que la force rĂ©gionale a commencĂ© à  se retirer de ses positions dans la province du Nord-Kivu le […]