Musanze: Abarokotse bafite impungenge z’inzu bubakiwe zenda kubagwira

Mu Mudugudu wa Kiryi, mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko batewe impungenge n’inzu zigiye kubagwaho bubakiwe kuko mu bihe by’imvura hari ubwo bitwikira imitaka kubera ko amwe mu mabati yatobotse. Ni umudugudu wubatswe mu 2007, ariko bamwe mu bawutujwemo bavuga ko nubwo babonye ako bikinga batabura […]

Uganda yamaze gukura ku butaka bwa Congo ingabo zose zari muri EACRF

gbx4osxwuaa1p2u.jpg

Ingabo za Uganda (UGACON) zari mu butumwa bw’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zarangije gusohoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) nyuma yo kurangira kwa manda y’izi ngabo ku itariki ya 8 Ukuboza 2023. Ingabo za Uganda muri EACRF zari zoherejwe i Mabenga, Chengerero, Kiwanja na Bunagana muri Teritwari ya Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru. […]

RDC: Agahenge kari kamaze iminsi 3 kongereweho ibyumweru bibiri

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzi neza ibyabaye, ngo impande ziihananye zemeye guhagarika imirwano mu bice byo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu gihe cy’ibindi byumweru bibiri byiyongera ku gahenge k’iminsi itatu kabanje. Umwe mu bayobozi mu buyobozi bwa Biden, wanze ko izina rye ritangazwa, yagize […]

U Budage/Danemark: Hafashwe abakekwaho gukorana na Hamas bashakaga kwibasira Abayahudi

Abategetsi bo mu Budage baravuga ko bafashe abantu bane bakekwaho kuba muri Hamas bafitanye isano n’umugambi wo kugaba ibitero ku bikorwa by’Abayahudi. Abashinjacyaha bavuze ko abakekwa bari bagamije kubika intwaro i Berlin kugira ngo bazazikoreshe mu gitero. Abategetsi ba Danemark na bo bavuze kandi ko bataye muri yombi abantu batatu baregwa gutegura igitero nk’iki ariko […]

Senegal: Urukiko rwemereye umunyapolitiki Sonko wari ufunzwe kwiyamamaza mu matora ataha

Urukiko Rukuru rwa Dakar rwategetse ko umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Ousmane Sonko asubizwa ku gitabo cy’amatora kuri uyu wa Kane, bifungurira inzira uyu munyapolitiki wari ufunzwe, yo kuziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu mwaka utaha muri Senegal. Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi yakuwe ku rutonde w’itora na guverinoma nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwangiza […]

RDC: Police investigate murder of Belgian Catholic priest

A priest of the congregation of the Salesians of Don Bosco, Father Pol Feyen (82 years old) was found dead last Monday December 11 at the convent in the grounds of the Mary Help of Christians parish located in the Abattoir district, in the commune of Masina in Kinshasa . According to witnesses, this religious […]

Koreya y’Epfo iravuga ko indege z’intambara z’u Bushinwa n’u Burusiya zasatiriye ikirere cyayo

Igisirikare cya Koreya y’Epfo kiravuga ko cyohereje indege z’intambara mu rwego rwo gusubiza indege za gisirikare z’u Bushinwa n’u Burusiya zanyuraga mu kirere cyayo cy’ubwirinzi itabimenyeshejwe. Indege enye z’u Burusiya n’ebyiri z’u Bushinwa zambutse zinjira muri kirere cy’ubwirinzi cya Koreya y’Epfo kizwi mu Cyongereza nka Korea Air Defense Identification Zone (KADIZ) hejuru y’Inyanja y’u Buyapani, […]

Amasaha yo gufungiraho nijoro yakuweho muri ibi bihe by’iminsi mikuru

Imyidagaduro ya nijoro, ubunywero, utubyiniro, na resitora, bizatangira gukora kugeza saa kumi nimwe z’igitondo guhera kuwa Gatanu, itariki 15 Ukuboza mugihe u Rwanda rwinjira mu minsi mikuru isoza umwaka. Mu kiganiro yahaye The New Times, Bruce Intore, nyiri akabyiniro ka La Noche, yemeje aya makuru, avuga ko gukuraho amasaha yo gutaha ari ibisubizo by’ibiganiro ba […]

Le dĂ©fenseur d’Arsenal Jurrien Timber est en visite au Rwanda

36637.jpg

Le dĂ©fenseur d’Arsenal FC, Jurrien Timber, qui se trouve actuellement au Rwanda pour une visite, a dĂ©crit l’expĂ©rience comme «  incroyable  » et «  passionnante  ». Aux cĂŽtĂ©s de sa petite amie, l’international nĂ©erlandais a atterri jeudi 14 dĂ©cembre à  l’aĂ©roport international de Kigali pour entamer sa visite de trois jours qui comprendra diverses activitĂ©s, […]

Umukobwa wa Pasiteri Mpyisi yikomye ababitse urupfu rw’umubyeyi we ari muzima

screenshot_2023-12-14_132307.png

Umukobwa wa Pasiteri Ezra Mpyisi, Diana Mpyisi yikomye imwe mu miyoboro ya youtube avuga ko irimo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma y’uko uyu mubyeyi we yapfuye. Abinyujije kuri X (yahoze ari twitter), Diana Mpyisi yanditse ati “Isoni ku miyoboro ya YouTube iri gukwirakwiza ibinyoma kuri Pasiteri Mpyisi. Ni muzima kandi ameze neza, kubw’ubuntu bw’Imana.” Shame on the […]

Papa Francis yahisemo ahantu azashyingurwa hatari muri Bazilika ya St. Pierre

Umushumba wa Kiliziya Gaturika, Papa Francis yahisemo ahantu azashyingurwa hatari muri Bazilika ya Mutagatifu Petero ahashyinguye abandi bamubanjirije nk’uko yabihishuye mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatatu ushize. Papa Francis uzuzuza imyaka 87 ku Cyumweru, mu kiganiro na Televisa’s N+ yo muri Mexique, yagize ati “Umwanya wamaze gutegurwa. Ndashaka gushyingurwa muri Santa Maria Maggiore.” Muri […]

Gakenke: Ibyiciro by’ubudehe bikigenderwaho hari serivisi bibavutsa

Mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke baravuga ko hari zimwe muri serivisi batabasha kubona bitewe n’uko ibyiciro by’ubudehe bigikoreshwa iwabo ubuyobozi bw’akarere bukaba buvuga ko bwihaye umukoro wo kwibutsa abayobozi bo mu nzego z’ibanze guhagarika iyo mikorere. Abaturage bo muri uyu murenge wa Kamubuga bavuga ko ibyiciro by’ubudehe bikoreshwa bigashingirwaho mu kubaha serivise […]

Guinea-Bissau: Igipolisi cyatatanyije abadepite bageragezaga kwinjira mu nteko

Muri Guinea-Bissau, itsinda ry’abarwanashyaka barimo abadepite bo mu ihuriro PAI-Terra Ranka batatanyijwe ku ngufu n’Igipolisi gikoresheje ibyuka biryana mu maso imbere y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 13 Ukuboza. Abadepite bari bitabiriye umuhamagaro wa Perezida w’Inteko, Domingos Simà”es Pereira, ari nawe uyoboye iryo huriro, wafashe icyemezo cyo gukomeza imirimo y’inteko nubwo […]

Gasabo: Batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amacupa asaga 4000 y’amavuta yangiza uruhu

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage, yafatiye mu Karere ka Gasabo abagabo batatu bakurikiranyweho kwinjiza mu gihugu no gukwirakwiza amavuta yangiza uruhu azwi nka mukologo nyuma yo kubagwa gitumo bafite amacupa yayo 4136. Yafatiwe mu gipangu cy’umugabo ufite imyaka 32 ari nawe nyirayo giherereye mu Mudugudu wa Karubibi, Akagari ka Cyaruzinge mu […]

Israel izakomeza intambara na Hamas yashyigikirwa itashyigikirwa — Eli Cohen

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel yatangaje ko Israel izakomeza intambara irwana na Hamas yashyigikirwa cyangwa itashyigikirwa nyuma y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Kabiri ushize yasabye ko intambara ibera muri Gaza ihagarara. Muri yi nama, Israel yabaye nk’isigaye yonyine nyuma yo kweekwa n’Umuryango w’Abibumbye ko wifuza ko yahagarika intambara irimo muri Gaza. Ni nyuma […]

Myugariro wa AS Kigali wavugwagaho guhohotera umusifuzi Umutoni ntazakurikiranwa

Ishyirahamwe y’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko myugariro wa AS Kigali, Jean Bosco Akayezu, atazakurikiranwa mu gihe bivugwa ko yahohoteye umusifuzi Aline Umutoni. Akayezu amaze iminsi agibwaho impaka nyuma y’aho ifoto ye yamamaye cyane igiye ahagaragara akora mu gituza cya Umutoni ubwo yageragezaga kumvisha umusifuzi kutamuha ikarita ya kabiri y’umuhondo kubera ikosa yari akoreye […]

Nigeria: Abantu bitwaje intwaro bashimuse Abanyakoreya 2 bica abasirikare 4

Abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bateze igico imodoka za sosiyete ikora ubucukuzi bwa peteroli muri Leta ya Rivers yo mu majyepfo ya Nigeria maze bashimuta abakozi babiri bo muri Koreya y’Epfo bica abasirikare bane. Izi modoka zaguye mu gico kuri uyu wa Kabiri ushize ku muhanda Ahoada-Abua hafi y’umuhanda uva iburasirazuba ugana mu burengerazuba muri iyi […]

Katumbi yasubitse kwiyamamaza i Kananga na Tshikapa nyuma yo kurusimbuka

Kuri uyu wa Gatatu, MoĂ ÂŻse Katumbi, umukandida ku mwanya wa perezida muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), yahagaritse by’agateganyo kwiyamamaza kwe mu mijyi ya Kananga na Tshikapa. Iki cyemezo yagifashe nyuma y’urugomo rwadutse ejo kuwa Kabiri i Muanda, mu Ntara yo Kongo Central, aho yari yagiye kwiyamamariza bikarangira abantu benshi bakomeretse ndetse we akemeza […]

Kampala: Urukiko rwakatiye imyaka 105 y’igifungo umusore wishe abakunzi be 4 n’uruhinja

Urukiko Rukuru rwa Kampala kuri uyu wa gatatu, itariki 13 Ukuboza 2023, rwakatiye uwitwa Musa Musasizi w’imyaka 25, igifungo cy’imyaka 105 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica abakobwa bane bari inshuti ze n’uruhinja rw’amezi atatu mu 2021. Musasizi yemeye ko yishe abantu batanu barimo abakobwa bane bari abakunzi be n’uruhinja rwe rw’amezi atatu, ubwicanyi yakoreye […]

U Burundi na Tanzania byahawe hafi miliyoni 700$ yo kubaka umuhanda wa gari ya moshi

Inama y’Ubuyobozi ya Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD) yemeje inzego zinyuranye z’inguzanyo zifite agaciro ka miliyoni 696.41 z’amadolari agenewe u Burundi na Tanzaniya kugira ngo batangire icyiciro cya kabiri cy’umushinga uhuriweho wo kubaka umuhanda wa gari ya moshi uzwi nka Tanzania-Burundi-DR Congo Standard Gauge Railway (SGR). Inkunga ya BAD igamije kubaka kilometero 651 z’umuhanda wa […]

Centrafrica: Igitero ku nkambi ya Wagner cyahitanye abacanshuro 3 b’Abarusiya

Muri Repubulika ya Centrafrica, igitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, itariki ya 10 Ukuboza, ku birindiro by’abacanshuro b’Abarusiya mu gace ka Kaga-Bandoro hagati mu burengerazuba bw’igihugu, cyahitanye nibura abacanshuro batatu b’Abarusiya abandi batanu barakomereka. Iyi niyo mibare yatangajwe n’abayobozi bo muri Centrafrica nyuma y’iki gitero bivugwa ko cyakoreshejwemo na drone. […]

Kigali imbere mu mijyi 10 muri Afurika ifite ba rwiyemezamirimo benshi bashinga business

screenshot_2023-12-13_094544.png

Ku rutonde rw’imijyi 10 yo muri Afurika irimo ba rwiyemezamirimo benshi bari gushinga za business, Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere n’amanota 116,5, ukurikiwe na Abuja (Nigeria) ifite 111.1 na Kampala n’amanota 106.4, mu gihe ku mwanya wa 10 haza Lusaka n’amanota 78.3. Kugira abashoramari bakomeye ndetse na ba rwiyemezamirimo bashinze business zikora […]

Ethiopia: Minisitiri yafashwe ashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Ukuboza ibitangazamakuru bya leta byatangaje ko umunyamabanga wa leta muri Guverinoma ya Ethiopia wari ushinzwe amahoro yirukanwe kandi atabwa muri yombi ashinjwa kuba yarafatanije n’imitwe yigometse ku butegetsi mu gushaka kubuhirika. Iki cyemezo cyo guta muri yombi Taye Dendea, umwe mu bayoboke bakuru b’ishyaka rya Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed, […]

Les lĂ©gislateurs britanniques votent en faveur d’un nouveau traitĂ© sur la migration avec le Rwanda

Les lĂ©gislateurs britanniques ont votĂ© mardi 12 dĂ©cembre en faveur du nouveau traitĂ© migratoire signĂ© entre leur pays et le Rwanda. SignĂ© le 5 dĂ©cembre à  Kigali par les ministres des Affaires Ă©trangĂšres des deux pays, l’accord vise à  relancer le Partenariat pour la migration et le dĂ©veloppement Ă©conomique (MEDP), jugĂ© illĂ©gal par la Cour […]

Burundi: Abasirikare barenga 500 baba bafunzwe bazira kwanga kurwana na M23

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko hari abasirikare barenga 500 b’iki gihugu baba bafunzwe bazira kwanga gukomeza kurwana intambara y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23. Abo bivugwa ko bafunzwe ni abaheruka gusubizwa mu Burundi nyuma yo kuvanwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru avuga ko hagati yo ku […]

Pakistan: Igitero cy’ubwiyahuzi ku kigo cya gisirikare cyahitanye abasirikare basaga 20

Itsinda ry’abiyahuzi batandatu kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Ukuboza, ryinjije ikamyo yari itwaye ibisasu mu kigo cya gisirikare giherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba bwa Pakistan, mu gitero cyahitanye byibuze abasirikare 23, igisirikare cyavuze ko ari wo mubare munini w’abapfuye mu gitero kimwe muri iyi myaka ishize, mu gihe habura amezi atagera kuri abiri ngo amatora […]

General elections will take place in July 2024

The National Electoral Commission has set July 14 and 15, 2024, as the dates for the elections of the President of the Republic, and that of specified Members of Parliament (Deputies), according to a new Presidential Order. The Presidential Order of December 11, 2023, relating to elections of the President of the Republic and Deputies […]

Hagenwe igihe amatora ya perezida n’abadepite azabera

Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora yagennye itariki ya 14 n’iya 15 Nyakanga 2024, nk’amatariki azaberaho amatora ya Perezida wa Repubulika, n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko, nk’uko Iteka rishya rya Perezida ribiteganya. Iteka rya Perezida ryo ku itariki ya 11 Ukuboza 2023, ryerekeye amatora ya Perezida wa Repubulika n’abadepite ryasohotse mu Igazeti ya Leta kuri uwo munsi. Ryerekana […]

Amafoto: Habaye ihererekanyabubasha hagati ya Meya mushya wa Gakenke n’uwo yasimbuye

gbjkdhlwuaancwi.jpg

Mu cyumba cy’inama cy’Akarere kuri uyu wa Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 12 Ukuboza, habereye umuhango w’ihererekanyabubasha ku wari Umuyobozi w’Akarere w’Agateganyo AimeNiyonsenga n’Umuyobozi mushya w’aka Karere, Mukandayisenga Vestine. Uyu muhango witabiriwe n’abantu barimo Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Judith Uwizeye, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, abagize Inama Njyanama y’Akarere, na Visi Meya ushinzwe […]

Bubanza: Red-Tabara yigambye igitero ivuga ko yiciyemo abasirikare 3 b’u Burundi

bb-2.png

Umutwe wa Red-Tabara wigambye kugira uruhare mu mirwano yahuje abarwanyi bawo n’Igisirikare cy’u Burundi mu Ntara ya Bubanza mu ijoro ryo ku Cyumweru uvuga ko wivuganye abasirikare batatu. Mu ijoro ryo ku itariki ya 10 rishyira ku wa Mbere itariki 11 Ukuboza muri Komini ya Gihanga yo mu Ntara ya Bubanza nibwo habereye imirwano yahuriyemo […]

Lt. Gen. Muganga warwananye na se urugamba rwo kwibohora amurusha ipeti ni muntu ki?

Lt. Gen. Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, ni umwe mu bagabo bafite ibigwi n’amateka mu Gisirikare cy’u Rwanda (RDF) kuva ku mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’ibindi bikorwa by’indashyikirwa yakomeje gukora na nyuma yaho. Usibye kuba ari umwe mu basirikare bafite igarade risumba ayandi mu ngabo z’u […]

Ibiganiro gusa ni byo byatanga umuti urambye mu bibazo bya RDC – U Bufaransa

Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 11 Ukuboza 2023, Nicolas De RiviĂšre, uhagarariye u Bufaransa muri Loni, yatangaje ko ibikorwa nkana bigamije guhungabanya Repubulika ya Demokarasi ya Congo amatora yegereje cyangwa guhungabanya inzira y’amatora bitemewe. Inama yari iteranye kugirango baganire ku kibazo cya politiki n’umutekano muri DRC. Ngo kubera impungenge zatewe n’ibibazo biri mu […]

Afurika y’Epfo: Urukiko rwatesheje agaciro icyemezo cya Ramaphosa cyemeje Umwami w’Abazulu

Urukiko rukuru muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Ukuboza rwemeje ko icyemezo cya Perezida Cyril Ramaphosa cyo kwemeza Umwami Misuzulu kaZwelithini nk’umutware w’Abazulu, ubwoko bunini muri iki gihugu, kitemewe n’amategeko. Umwaka ushize, guverinoma yemeye Misuzulu nk’Umwami w’igihugu cy’Abazulu, ahanini giherereye mu ntara yo mu majyepfo y’iburasirazuba ya KwaZulu-Natal. Bivugwa ko muri iki […]

Buruseli: Indwara itunguranye yafashe uwunganira Basabose yatumye urubanza rudapfundikirwa

Indwara itunguranye yafashe uwunganira Abanyarwanda Pierre Basabose na SĂ©raphin Twahirwa bakurikiranweho ibyaha bakekwaho gukora muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yatumye urubanza rwari gupfundikirwa kuri uyu wa Mbere ushize rwigizwayo. Biravugwa ko Maitre Jean Flamme yafashwe n’indwara yo kuva imyuna kuri uyu wa Mbere mu ma saa sita bituma yihutanwa kwa muganga. Abamwegereye […]

FARDC na M23 bemeye agahenge, u Rwanda na RDC bagaha umugisha

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba za M23 bemeranyije agahenge k’iminsi itatu, mu rwego rwo korohereza Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba gusubira iwabo. Iby’aka gahenge byemejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye mu itangazo ryasohowe na Perezidansi y’iki gihugu. Iri tangazo rivuga ko “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishimiye agahenge k’amasaha 72 […]

Kenya Airways igiye guhagarika ingendo zimwe kubera ibura ry’ibyuma bisimbura ibishaje

Kompanyi y’indege ya Kenya Airways yabwiye abakiriya bayo kwitegura guhangana n’ibishobora guhungabanya ingendo z’indege za yo mu gihe cy’ibiruhuko bya Noheli kubera ikibazo cy’ibura ry’ibyuma byo gusimbura ibishaje. Isosiyete itwara abantu, imwe mu zikomeye muri Afurika, yavuze ko kubura ibyuma by’indege byo gusimbuza ibishaje, bizahagarika ingendo mu gihe cy’ibyumweru bibiri nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters […]

UPDF refutes Wazalendo’s claims that they arrested and killed Ugandan soldiers in Mushaki

Ugandan troops under a peacekeeping mission in North Kivu province, Eastern Democratic Republic of Congo have dismissed as malicious, propaganda reports that it engaged in fighting alongside the March 23 Movement (M23) in Masisi territory, North Kivu province. On Friday, the militia coalition under their umbrella Wazalendo who are fighting alongside Armed Forces of the […]

Tshisekedi azutse yakora Opozisiyo yo kurwanya umuhungu we bapfa FDLR

Abatuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntibazibagirwa Nyakwigendera Etienne Tshisekedi wa Mulumba, uyu niwe washinze anaba umuyobozi w’Ishyaka rya UDPS (Union for Democracy and Social Progress) mu mwaka wa 1982, ni we se wa perezida Felix Antoine Tshisekedi uyobora icyo gihugu kuri ubu. Etienne Tshisekedi azwiho kuba yarabaye umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi […]

Gakenke: Abahinzi b’inanasi baremeza ko zabuze isoko bagatunga intoki abamamyi

Mu Karere ka Gakenke abakora ubuhinzi bw’inanasi baravuga ko babangamiwe no kuba babura aho bagurisha umusaruro wabo, bigatuma abamamyi babubikaho urusyo. Umwe muri aba bahinzi witwa Nsanzimana Gilbert wo mu Murenge wa Gakenke, avuga ko bamaze igihe cy’amezi agera kuri 6, umusaruro wabo basa n’aho bawutangira ubuntu ubundi bakawuha amatungo Ati: “Ubundi iyo umuntu ari […]

Aba Wazalendo bigambye kwica no gufatira Ingabo za Uganda mu rugamba rwa Mushaki

Ingabo za Uganda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zamaganye icyo zise poropaganda mbi, ivuga ko zifatanya n’umutwe wa M23 muri Teritwari ya Masisi, aho Wazalendo yemeza ko zagize uruhare mu rugamba rwo muri Mushaki. Ku wa Gatanu, ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba rizwi nka Wazalendo […]

EACRF: Ingabo z’u Burundi 900 zari muri Kivu y’Amajyaruguru zatashye

gbcuob5xqaa3yb7.jpg

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 10 Ukuboza 2023, umugaba mukuru w’ingabo za EAC zoherejwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (EACRF), Maj Gen Aphaxard Kiugu ari kumwe na ba Brig. Gen. Emmanuel Kaputa, Gregoire Ndorarigonya, Michael Kibuye, Colonel Jok Akech n’abandi basezeye ku Ngabo z’u Burundi (BURCON) zatangiye kuva muri iki gihugu nyuma […]

RRA yazanye gahunda igiye korohereza abakora ubucuruzi mpuzamahanga

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyahamagariye abatumiza n’abohereza ibicuruzwa mu mahanga, abunganira abasora muri gasutamo n’abandi bafatanyabikorwa gusaba gushyirwa muri gahunda ya Authorised Economic Operator (AEO) igamije koroshya ubucuruzi mpuzamahanga mu gihe hubahirizwa amahame y’umutekano w’ibicuruzwa. Ikinyejana cya 21 cyagaragayemo ubwiyongere bw’ubucuruzi mpuzamahanga n’ubwiyongere bukabije bw’ibicuruzwa biva mu mahanga n’ibyoherezwa mu karere ka Afurika y’iburasirazuba. […]

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Meya wa Monrovia

Ubuyobozi bwa Amerika bwafashe icyemezo cyo gufatira umutungo uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika w’Umuyobozi w’Umujyi wa Monrovia, umurwa mukuru wa Liberia. Ambasade ya Amerika i Monrovia ivuga ko ashinjwa ihohoterwa rikorerwa abo batavuga rumwe muri politiki, guhonyora uburenganzira bwa muntu na ruswa nk’uko bitangazwa na VOA. Umuyobozi w’umujyi, Jefferson Koijee, arashinjwa kuba yarategetse […]

Inyeshyamba z’Aba-Houthi ziyemeje kwibasira amato yose ajya muri Israel

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 9 Ukuboza, inyeshyamba z’Aba-Houthi zo muri Yemeni zavuze ko zizibasira amato yose yerekeza muri Israel, zititaye ku gihugu avuyemo, zinaburira amasosiyete mpuzamahanga atwara abantu kwirinda kujya ku byambu bya Israel. Uyu mutwe uterwa inkunga na Iran urimo kongera ingaruka z’amakimbirane yo mu karere mu gihe intambara ikaze hagati ya Israel […]

UPDF iremeza ko yabonye amabwiriza yo gutangira kuva muri Congo

Ingabo za Uganda (UPDF) zari muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF), zatangiye kuva mu burasirazuba bw’igihugu. Nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya (Anadolu Agency), umwe mu bavugizi b’Ingabo za Uganda, Capt. Kato Ahmad Hassan, ngo amaherezo ingabo zabonye amabwiriza yo kuva mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi […]

Abasirikare b’u Burundi ‘banze kurwanya’ M23 baba bagejejwe i Bujumbura

Abasirikare b’u Burundi hafi 200 baravugwaho gucyurwa nyuma yo kwigumura, bakanga kwifatanya n’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) n’imitwe ya Wazalendo mu kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23. Umurundi Pacifique Nininahazwe uyobora umuryango FOCODE utabariza ababurirwa irengero, aherutse gutangaza ko abasirikare b’u Burundi boherejwe kurwanya M23 bacitsemo ibice, bamwe banga kujya kujyayo kuko […]

Igerageza ry’urukingo rwa virus itera SIDA ryakorwaga muri Afurika ryahagaritswe imburagihe

Igerageza ry’urukingo rw’agakoko gatera SIDA muri Uganda, Tanzaniya na Afurika y’Epfo ryahagaritswe hakiri kare nyuma y’amakuru y’ibanze agaragaza ko rutazagira akamaro mu gukumira ubwandu, nk’uko byatangajwe n’ukuriye iperereza muri iri gerageza. Aya makuru ni yo aheruka mu ngufu zikomeje gushyirwa mu gushaka urukingo rwiza rwo kurwanya virusi kugeza ubu imaze guhitana abantu bagera kuri miliyoni […]

Kuzanwa mu Rwanda kw’abimukira bavuye mu Bwongereza no kutaza ni 50% kuri 50% – Abadepite

Uwahoze ari minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka, Robert Jenrick, avuga ko kwinjiza abimukira muri sosiyete y’Abongereza bidashoboka mu gihe umubare wabo uri hejuru cyane, mu gihe bamwe mu badepite bemeza ko guhaguruka kw’indege zerekeza mu Rwanda cyangwa kudahaguruka mu mwaka utaha byose bishoboka ku rugero rwa 50% kuri 50%. Mu magambo ye ya mbere kuva yeguye […]

Sierra Leone: Uwahoze ari perezida ari guhatwa ibibazo kuri coup d’etat iherutse gupfuba

Ernest Bai Koroma wahoze ari Perezida wa Sierra Leone, yatanze ubuhamya ku wa Gatandatu ku munsi wa kabiri yikurikiranya imbere ya polisi ku bijyanye n’igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi ryabaye ku itariki ya 26 Ugushyingo. Nyuma yo guhatwa ibibazo, yemerewe gusubira iwe by’agateganyo, ariko ntiyemererwa kuhava kugeza ku wa Mbere, igihe ibazwa rye rizakomereza. Minisitiri w’itangazamakuru, […]

Icyoba mu basirikare b’u Burundi bacitse ku icumu rya M23

Abasirikare b’u Burundi barokotse imirwano y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahaga umusada bahiye ubwoba, ku buryo hari n’abafite impungenge z’uko bashobora kwicwa. Ku wa 7 Ukuboza ni bwo i Masisi habereye imirwano ikomeye yasakiranyije M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ihuriro ririmo FARDC, FDLR, […]

Mbaoma yatsinze 2, APR FC inyagira Gorilla FC

APR FC yaraye inyagiye Gorilla FC ibitego 4-1, ikomeza kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere. Umunya-Nigeria Victor Mbaoma yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino, mu gihe Umurundi Nshimirimana Ismail Pitchou na Mugisha Gilbert buri umwe yatsinze igitego kimwe. Ni bwo bwa mbere iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yinjije ibitego bine kuva shampiyona itangiye. […]

Gen. Bunyoni yakatiwe gufungwa ubuzima bwe bwose, imitungo ye yose irafatirwa

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwakatiye igifungo cya burundu Gen Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’iki gihugu, nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye. Mu kwezi gushize k’Ugushyingo ni bwo Ubushinjacyaha bw’u Burundi bwari bwasabiye Bunyoni gufungwa ubuzima bwe bwose akanatanga ihazabu yikubye incuro ebyiri umutungo we bwavugaga ko adashobora gusobanurira […]

Me Flamme ahamya ko abatangabuhamya 63 bose bashinjuye Basabose

Umunyamategeko Me Jean Flamme wunganira Basabose Pierre mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels arasaba ko umukiriya we agirwa umwere kuko ngo abatangabuhamya bagombaga kumushinja, bisanze bamushinjuye. Basabose yabaye umusirikare, aba umushoferi wa Colonel Elie Sagatwa wari muramu wa Habyarimana JuvĂ©nal. Yabaye kandi umuvunjayi muri Kigali, aba umunyamigabane wa RTLM, akaba afatwa nk’umwe mu baterankunga ba […]

Minisitiri Uwizeye arifuza ko ‘inkozi z’ibibi zirya ruswa’ zajya zitamazwa

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Uwizeye Judith, yasabye abaturage kujya batamaza inkozi z’ibibi zijya zibaka ruswa mu rwego rwo kuyirandura burundu. Minisitiri Uwizeye yabitangarije mu karere ka Musanze, ahizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya ruswa. Ni umunsi wahuriranye n’imyaka 20 ishize yasinywe amasezerano mpuzamahanga yo kurwanya ruswa. Ni igikorwa cyabimburiwe n’urugendo rwo kurwanya ruswa rwabereye mu […]

UK PM Sunak warns Rwanda migration plan will collapse without party unity

British Prime Minister Rishi Sunak appealed to his Conservative lawmakers on Thursday to unite behind his plan to send asylum seekers to Rwanda after a revolt that once again exposed deep divisions in his party. Sunak is facing the biggest challenge to his year-long tenure as he tries to stop lawmakers on the party’s right […]

Six districts ont de nouveaux maires

Six districts du pays ont obtenu de nouveaux maires lors des Ă©lections partielles tenues le 7 dĂ©cembre pour pourvoir divers postes vacants dans les entitĂ©s administratives locales, selon le ministĂšre du Gouvernement local. Dans le district de Musanze, Claudien Nsengimana a Ă©tĂ© Ă©lu maire, remplaà§ant Janvier Ramuli au poste de direction exĂ©cutive suprĂ ÂȘme du district. […]

Numero ya telephone ya Guverineri Chirimwami yashimuswe n’abantu batamenyekanye

Numero ya telephone ya Vodacom ya Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, General Peter Chirimwami yashimuswe n’abantu batamenyekanye, nk’uko inzego z’umutekano z’intara zabitangaje ku mugoroba wo kuwa Gatatu, itariki 6 Ukuboza 2023 . Nk’uko amakuru aturuka hafi y’ubuyobozi bw’intara agera kuri Kivu Times avuga, ngo aba bantu batamenyekanye bagerageje gutekera umutwe abantu bari kuri numero ya guverineri […]