U Rwanda na RDC birashimirwa uko biri kwitwara mu kibazo cyâimpunzi
Ishami ryâUmuryango wâAbibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, rirashimira u Rwanda na Repubulika ya demukarasi ya Congo ku buryo byakiriye impunzi zâAbanyekongo nâizâAbanyarwanda no kuba byariyemeje gufasha izifuje gutaha. Ni nyuma yâaho ibihugu byombi bihuriye mu biganiro byiga ku kibazo cyâizi mpunzi, byabereye i Nairobi muri Kenya tariki ya 23 nâiya 24 Ugushyingo 2023, ku butumire […]
Gaza: Agahenge kagomba kurangira kuri uyu wa Mbere gashobora kongerwa
Hamas iravuga ko ishaka kongera agahenge k’iminsi ine kariho muri iki gihe mu mirwano na Israel no kongera umubare w’imbohe zirekurwa. Minisitiri wâintebe wa Israel yavuze ko amasezerano yâumwimerere ashobora kongerwa, ariko ibikorwa bya Israel muri Gaza bizakomeza n’ingufu zose nyuma yâigihe cy’agahenge. Hagati aho, Abandi Banya-Israel benshi bafashwe bugwate nâimfungwa zâAbanyapalestine bagomba kurekurwa kuri […]
Abavandimwe ba Twahirwa babwiye urukiko ko nta ruhare rwe bazi muri jenoside
Abavandimwe ba Twahirwa SĂ©raphin, Nyirasafari EspĂ©rance, Nkuyinzira Jean Baptiste na mwene se Ruzindana Tharcisse babwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko nta ruhare rwe bazi muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Urubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin rwakomeje tariki ya 24 Ugushyingo 2023, aburana ibyaha bya jenoside nâibyâintambara. Humviswe ubuhamya bw’abarimo aba bavandimwe be babiri […]
Israel iravugwaho gukora ubwicanyi muri Gaza bushobora gukoma mu nkokora agahenge
Umuhinzi wâUmunyapalestine yapfuye undi arakomereka nyuma yo kwibasirwa nâingabo za Issrael mu nkambi yâimpunzi ya Maghazi yo mu karere ka Gaza, nkuko byatangajwe na Croix Rouge yâAbanyapalestine, ikintu gisa nk’igishobora guhungabanya agahenge hagati ya Israel na Hamas. Nta bisobanuro byatanzwe na Israel kuri aya makuru ariko hari impungenge ko bishobora guhungabanya icyiciro cya gatatu cyâumugambi […]
U Burusiya burigamba kuburizamo igitero cya drones za Ukraine zisaga 20
Minisiteri yâingabo yâu Burusiya kuri iki Cyumweru yavuze ko u Burusiya bwahagaritse igitero cya Ukraine ku turere tw’igihugu kirimo byibura drone 24 na misile ebyiri. Minisiteri yavuze ko indege zitagira abadereva za Ukraine zarasiwe hejuru ya Moscou, Tula, Kaluga, Smolensk na Bryansk. Yavuze kandi ko ingabo zirwanira mu kirere zâu Burusiya zarashe misile ebyiri za […]
Ishyaka rya Perezida George Weah rirashinja abatavuga rumwe nâubutegetsi kwiba amajwi
Ishyaka riri ku butegetsi muri Liberia ryavuze ko ishyaka ritavuga rumwe nâubutegetsi ryibye amajwi mu matora yâumukuru wâigihugu yo mu cyumweru gishize. Ishyaka rya Perezida George Weah, Coalition for Democratic Change (CDC), ryatangaje ko rifite ibimenyetso ko uwahoze ari umukinnyi wâumupira w’amaguru yibwe amajwi mu matora yari arimo guhangana cyane ku itariki ya 14 Ugushyingo. […]
Somalia igiye gukurirwaho embargo y’intwaro yari imazemo imyaka 30
Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mahamud, kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko Akanama k’Umutekano ka Loni kazakuraho embargo ku kugura intwaro iki gihugu cyari cyarafatiwe mu kwezi gutaha. Mahamud yabwiye abadepite ko guverinoma ye yiyemeje kugera ku ntego eshanu zâigihugu. Mahamud yabwiye abadepite ati: “Muri uyu mwaka twari dufite intego eshanu z’igihugu zirimo kuvana igihugu […]
FARDC irigamba kubuza M23 kwerekeza muri Sake
FARDC irigamba kuba kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 25 Ugushyingo, yabujije inyeshyamba za M23 gutera imbere zerekeza mu mujyi wa Sake, muri Teritwari ya Masisi, ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Ibi bikurikira imirwano yakomeje hagati y’impande zombi muri Kilolirwe ku muhanda wa Sake-Kitshanga. Bivugwa ko ibisasu bya M23 byibasiye ibirindiro by’ingabo z’igihugu. Iyi mirwano […]
Sierra Leone: Abaturage basabwe kuguma mu ngo nyuma y’igitero ku bubiko bw’intwaro
Guverinoma ya Sierra Leone kuri iki Cyumweru yatangaje isaha ntarengwa yo gutaha mu gihugu hose nyuma yâuko abantu bitwaje intwaro batamenyekanye bagabye igitero mu kigo cya gisirikare bagerageza kwinjira mu bubiko bw’intwaro mu murwa mukuru Freetown. Guverinoma mu itangazo ryayo yavuze ko abashinzwe umutekano ari bo bagenzura iki kibazo nk’uko bitangazwa na Reuters. Minisitiri w’itangazamakuru […]
Abarundi 77 babaga muri Malawi bacyuwe
Guverinoma ya Malawi yatangaje ko ku bufatanye nâishami ryâUmuryango wâAbibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, yacyuye Abarundi 77 babaga mu nkambi ya Dzaleka. Iyi guverinoma yasobanuye ko izi mpunzi zacyuwe ku bushake, zavuye ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Kamuzu mu rukerera rwo kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2023, zerekeza i Bujumbura. Umuyobozi ushinzwe impunzi muri Minisiteri […]
Hamas yarekuye icyiciro cya kabiri cy’imbohe z’Abanya-Israel n’Abanya-Thailand bane
Kuri iki Cyumweru, Abanya-Israel 13 nâabenegihugu bane bo muri Thailand bageze muri Israel mu irekurwa rya kabiri ryâabafashwe bugwate bava mu bunyage bwa Hamas kugira ngo baguranwe imfungwa zâAbanyapalestine, mu masezerano yahungabanyijwe byâakanya gato nâamakimbirane yerekeranye no gutanga imfashanyo muri Gaza. N’ubwo Misiri na Qatar byahagobotse, amakimbirane yabangamiye amasezerano yo kurekura imbohe yerekanye intege nke […]
Nyina wâumwana uherutse kuri Perezidansi yafunzwe
Urwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha ruremeza ko rwataye muri yombi nyina wâumwana witwa Ishimwe Innocent uvuga ko yarenganyijwe nâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru, FERWAFA, ntirimujyane mu ishuri rya FC Bayern Munich kandi yaratsinze ikizamini. Ishimwe wo mu murenge wa Kinazi, akarere ka Huye yatangiye kuvugwa mu itangazamakuru mu kwezi gushize, aho yari aherekejwe na se, Izabitegeka Innocent, bagiye kuri […]
Munyemana yemeje ko ubucuti bwe na Kambanda bwatumaga abicanyi bamwubaha
Urubanza rw’Umunyarwanda Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha bya jenoside rwakomeje mu rukiko rwa rubanda rwa Paris kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2023, humvwa ubuhamya. Umutangabuhamya wabanje muri iri buranisha, yabutangiye muri ambasade yâu Bufaransa mu Rwanda, akaba ari umwe mu batanzwe nâumuryango uharanira inyungu zâabarokotse jenoside witwa SURVIE, kandi ni umwe mu biciwe ababo mu […]
Perezida wa Sudani y’Epfo yatangiye kuyobora EAC

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye amaze gushyikiriza mugenzi we wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, inshingano y’ubuyobozi bukuru bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC. Ni igikorwa kibereye mu nama ya 23 y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma byo muri EAC, yabereye i Arusha ku cyicaro cy’uyu muryango kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2023. Perezida Ndayishimiye yari afite […]
I am the only candidate designated by God to lead the DRC – Pastor Ngalasi
âWe donât need to go to the Stadium to beat our campaign. God will speak to each Congolese. For my part, he told me clearly, election or not, I will put you on power,â declared Pastor Aggrey Ngalasi to the followers of his Church “La Louange” extension of Mont-Ngafula in Kinshasa. Candidate number 16 in […]
Kabale: Rukururana yari izanye ifumbire mu Rwanda yakoze impanuka ikomeye
Umushoferi w’Umunyakenya w’imyaka 49 wari utwaye ikamyo yari yikoreye ifumbire iyizanye mu Rwanda yishwe n’impanuka yabereye mu Karere ka Kabale mu gihugu cya Uganda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu. Uyu mushoferi witwa Hussein Ramadhan yari mu nzira yerekeza mu Rwanda ubwo rukururana yo mu bwoko bwa Benz ifite pulake KDM 588E/ZE3600, yari ipakiye […]
Umukozi wâu Rwanda washakishije umugore wa Twahirwa yatanze ubuhamya
Umukozi wa Leta yâu Rwanda ushinzwe kubungabunga umutekano wâabatangabuhamya no kwita ku bahohotewe, Mukavuninka Agathe, yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi. Ni nyuma yâaho kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2023 umugore wa Twahirwa avuze ko uyu mukozi yamusabye kujya gutanga ubuhamya ku mugabo we […]
La banque centrale met en garde contreles mauvaises pratiques généralisées du commerce des changes
John Rwangombwa, le gouverneur de la Banque nationale du Rwanda, a lancĂ© un avertissement concernant les mauvaises pratiques gĂ©nĂ©ralisĂ©es du commerce des changes qui affectent l’Ă©conomie du pays, entraĂ Âźnant une pĂ©nurie de devises. L’appel a Ă©tĂ© lancĂ© lors d’une confĂ©rence de presse conjointe du ComitĂ© de politique monĂ©taire et du ComitĂ© de stabilitĂ© financiĂšre le […]
Amafoto: Abasirikare basaga 500 ba CAR bari bamaze igihe batozwa na RDF basoje amasomo

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 24 Ugushyingo, abasirikare barenga 500 ba Centrafrica (FACA) bari bamaze igihe batozwa nâIngabo zâu Rwanda (RDF) barasoza amasomo ku mugaragaro. Iki ni icyiciro cya mbere cy’abasirikare ba Centrafrica batojwe na RDF mu rwego rwâamasezerano hagati yâibihugu byombi nk’uko tubikesha The New Times. Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra wa Repubulika ya Centrafrica […]
Hatowe itegeko rizafasha kurushaho kumenya amakuru y’abinjira n’abasohoka mu gihugu

Inteko Rusange yâUmutwe wâAbadepite kuri uyu wa Kane, itariki 23 Ugushyingo 2023, yatoye itegeko rigenga amakuru yâabagenzi mbere yo kwinjira cyangwa gusohoka mu Rwanda nâayâamadosiye yabo. Itegeko rigenga amakuru yâabagenzi mbere yo kwinjira cyangwa gusohoka mu Rwanda nâayâamadosiye yabo rizafasha mu gusaba no guhabwa amakuru nâibihugu cyangwa imiryango byita cyane ku kurinda amakuru bwite yâabantu […]
Inteko ishinga Amategeko ya ECOWAS yasabye ko Niger yakurirwaho ibihano yafatiwe
Inteko ishinga amategeko yâumuryango wâubukungu wâibihugu byâAfurika yâiburengerazuba (ECOWAS) yahamagariye abakuru bâuyu muryango gukuraho ibihano byafatiwe Niger nyuma yâihirika ry’ubutegetsi rya gisirikare ku itariki ya 26 Nyakanga. Yavuze ko abaturage ba Niger bifuza kuva mu bibazo byâubukungu nâimbogamizi mu bikorwa byâubutabazi byatewe no guhagarika umubano wâubucuruzi no guhagarika konti zâigihugu muri banki nkuru zo mu […]
Pistorius wari No1 mu mikino Paralympic wishe umukunzi we kuri Saint Valentin ashobora kurekurwa vuba

Oscar Pistorius wahoze ari numero ya mbere mu mikino yo gusiganwa n’amaguru yâabamugaye aratanga ikindi cyifuzo cyo kurekurwa hakiri kare muri gereza yo muri Afurika y’Epfo aho akorera igifungo imyaka irenga 13 azira kwica uwari umukunzi we. Pistorius yarashe Reeva Steenkamp mu myaka 10 ishize amurasiye iwe i Pretoria mu bwicanyi bwatunguye Isi, akaba afunzwe […]
Abunganira Karasira barabaza uko bazahembwa mu gihe imitungo ye yafatiriwe
Abanyamategeko babiri bunganira Karasira Aimable, Me Kayitana Evode na Me Gatera Gashabana, barabaza urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga uko bazahembwa mu gihe imitungo yâumukiriya wabo yafatiriwe. Karasira yatawe muri yombi muri Gicurasi 2021, akurikiranweho icyaha cyo guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, icyo gukurura amacakubiri nâicyo kudasobanura inkomoko yâimitungo. Urubanza rwe rwatinze […]
Umugore wa Twahirwa yabwiye urukiko ko yashyizweho iterabwoba
Umugore wa Twahirwa SĂ©raphin uburana ibyaha bya jenoside nâibyâintambara yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels ko mu mwaka wâ2020 yamutanzeho ubuhamya bumushinja bitewe nâiterabwoba yari yarashyizweho nâuwo yita maneko. Uyu mugore yagombaga gutanga ubuhamya kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023 ariko si ko byagenze bitewe nâimpaka ndende zaturutse ku kuba yifuzaga kubutangira mu muhezo, abunganira […]
Gaza: Agahenge hagati ya Israel na Hamas karatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu
Minisiteri yâububanyi nâamahanga ya Qatari iravuga ko agahenge gatangira saa moya za mu gitondo kuri uyu wa Gatanu naho abantu bashimuswe ba mbere babohorwe saa kumi z’umugoroba. Minisiteri yâubuzima muri Gaza ivuga ko ihagarika guhuza ibikorwa byo kwimura abantu mu bitaro ifatanyije na OMS nyuma y’uko Israel ifashe umuyobozi wâibitaro bya al-Shifa nk’uko tubikesha Al […]
CYAMUNARA Y’IBICURUZWA BYAFATIWE MURI MAGENDU

Urutonde rw’ibicuruzwa ruri mu mbonerahamwe ziri hano
Kusitisha mapigano kati ya Israel na Hamas kuanza saa moja asubuhi siku ya Ijumaa
Usitishaji vita utaanza saa moja asubuhi siku ya Ijumaa na mateka wa kwanza wataachiliwa saa kumi jioni, wizara ya mambo ya nje ya Qatar inasema. Wizara ya Afya ya Gaza inasema itaacha kuratibu uhamishaji wa hospitali na WHO baada ya Israel kumkamata mkurugenzi wa hospitali ya al-Shifa. Familia za mateka wa Israel zinaeleza kufadhaika na […]
Mali: Izamurwa ry’ibendera rya Wagner muri Kidal ryateje urunturuntu

Nyuma y’icyumweru kirenga Kidal yigaruriwe n’ingabo za Mali bafatanyije nâabacanshuro bâAbarusiya, aba bacanshuro bazamuye ibendera ryabo ku munara wâumujyi. Ikimenyetso bigaragara ko kitashimishije abategetsi ba Mali, bavuga ko ayo makuru atari yo. Bitandukanye nyamara n’ibyo bamwe mu bakoresha interineti bavuga ku mbuga nkoranyambaga, ibendera rya Wagner koko ryazamuwe rwose muri Kidal nk’uko iyi nkuru dukesha […]
Rwanda, Burundi, DRC, and South Sudan considering their oil business dealings with Kenya
Kenya is likely to lose billions of shillings in oil trade after landlocked East African countries started showing reluctance to import their fuel through Kenya. Uganda has already resolved to stop importing fuel through Kenya due to the controversial government-to-government deal between the Kenyan government and Gulf countries that has seen fuel prices increase significantly. […]
Envoyer les demandeurs d’asile vers les Ă Âźles Orcades et non vers le Rwanda, dĂ©clare Lee Anderson
Les demandeurs d’asile devraient Ă ÂȘtre envoyĂ©s vers les Ă Âźles Orcades plutĂŽt que vers le Rwanda, a dĂ©clarĂ© Lee Anderson. Le vice-prĂ©sident du parti conservateur et dĂ©putĂ© de Red Wall a dĂ©clarĂ© que les Ă Âźles Ă©cossaises offraient une alternative viable pour le traitement des demandes car, bien que Ă©loignĂ©es, elles se trouvent sur le sol britannique. […]
Bangui: General wo muri Zambia yanyuzwe n’uko RDF yitwaye mu gace kari kagoye
Umunyazambiya uyobora ingabo ziri mu butumwa bwâamahoro bwâUmuryango wâAbibumbye muri Repubulika ya Centrafrica, Lieutenant General Humphrey Nyone, yagaragaje ko yanyuzwe nâuko abasirikare bâu Rwanda bitwaye mu gace kari karafashwe bugwate nâinyeshyamba. Uyu musirikare mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru mu murwa mukuru wa Centrafrica, Bangui, kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2023, yatangaje ko abasirikare bâu Rwanda bagaragaje […]
Uganda: Umuherwe Molly Katanga n’abakobwa be mu mazi abira nyuma y’urupfu rw’umugabo we

Mu gihugu cya Uganda, Umuyobozi w’ubushinjacyaha (DPP), Jane Frances Abodo, yatanze uburenganzira bwo gushinja icyaha cyo kwica umushoramari ukomeye ukorana n’igisirikare akaba nâumucuruzikazi wâumukire witwa Molly Katanga âku byerekeye urupfu rwâumugabo we Henry Katanga. Ibi ni ibyatangajwe n’ibiro by’ubushinjacyaha ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere ushize. Katanga, wari umunyemari ukomeye ukora ibijyanye no kuguriza […]
Brussels: Twahirwa yambuwe telefone kugira ngo isakwe
Urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi rwategetse ko Twahirwa SĂ©raphin yamburwa telefone kugira ngo isakwe, harebwa niba nta biganiro agirana nâumugore we wanze gutangira mu ruhame ubuhamya bwe. Kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023, umugore wa Twahirwa ni bwo yagombaga gutanga ubuhamya ku byo azi ku mugabo we uburana ibyaha bya jenoside nâibyâintambara, bifitanye […]
U Bwongereza: Yasabye ko abimukira boherezwa mu birwa aho koherezwa mu Rwanda
Umuyobozi wungirije w’ishyaka ry’Aba-Conservateurs riri ku butegetsi mu Bwongereza, Lee Anderson yavuze ko abasaba ubuhungiro binjiye binyuranyije n’amategeko bagomba koherezwa mu birwa bya Orkney aho koherezwa mu Rwanda. Lee Anderson usanzwe ari nâumudepite yavuze ko ibi birwa bya Ecosse byatanze ubundi buryo bwiza bwo kuhasuzumira ubusabe bw’abasaba ubuhungiro kuko nubwo biri kure, ngo biri ku […]
Inshinge zaturutse kwa Dr Munyemana zatewe mu bitsina by’abagore: Ubuhamya
Urubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha bifitanye isano na jenoside yakorewe Abatutsi rwakomeje mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023, humvwa abatangabuhamya batandukanye. Muri iri hubaranisha, urukiko rwumvise bwa mbere ubuhamya bwâumubyeyi wiciwe abarimo umugabo we, nyirabukwe, sebukwe nâabandi bo mu muryango we muri segiteri Tumba, mu […]
Koreya ya Ruguru yivanye mu masezerano ya gisirikare yari ifitanye na Koreya y’Epfo
Koreya ya Ruguru yikuye mu masezerano yari amaze imyaka itanu yagiranye na Seoul agamije kugabanya amakimbirane ya gisirikare, mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera hagati yâimpande zombi. Byose byatangiye ubwo Pyongyang yavugaga ko yarangije kohereza icyogajuru cy’ubutasi mu kirere ku wa Kabiri. Ibyo byatumye Koreya y’Epfo ihagarika igice ayo masezerano, ivuga ko igiye gusubukura ingendo […]
Umukinnyi w’ikinamico w’Umurusiyakazi yishwe ari gutaramira abasirikare muri Ukraine
Umukinnyi wâamakinamico wâUmurusiyakazi yiciwe mu gitero cya Ukraine ubwo yari ari gutaramira abasirikare nk’uko byatangajwe n’inzu abarizwamo. Inzu mberabyombi iri mu gace ko muri Ukraine kigaruriwe n’ingabo z’u Burusiya, aho Polina Menshikh yari arimo gutaramira yibasiwe n’ibisasu bya Ukraine ku itariki ya 19 Ugushyingo. Bivugwa ko uyu mukinnyi w’amakinamico yari arimo gukina mu gitaramo cyo […]
Uwashinjaga Dr Munyemana kwicisha Abatutsi yamushinjuye
Uwigeze gufungwa azira uruhare yagize muri jenoside yakorewe Abatutsi, yavuguruje ubuhamya yigeze guha abakoraga iperereza, ashinja Dr Munyemana SosthĂšne guha Abahutu amabwiriza yo kwica Abatutsi muri Segiteri Tumba, mu yahoze ari Perefegitura ya Butare. Kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023 yifashishijwe nkâumutangabuhamya mu rubanza rwa Dr Munyemana ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Paris […]
Umugore wa Twahirwa yateje umwiryane mu rukiko
Umugore wa Twahirwa SĂ©raphin uburana ibyaha bya jenoside nâibyâintambara mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi, yateje umwiryane kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023. Uyu mugore wâimyaka 53 yâamavuko yahawe umwanya ngo atange ubuhamya. Yabanje gusobanurira imbere y’abacamanza isano afitanye na Twahirwa, ati: “Twahirwa SĂ©raphin ni umugabo wanjye, twashakanye byemewe nâamategeko, dufitanye nâabana.” Yasobanuye […]
Kirehe: Imyaka igiye kuba ine bategereje ingurane z’imitungo yabo
Bamwe mu batuye mu Kagari ka Mubuga, mu Karere ka Kirehe, baravuga ko mu masambu yabo hubatswemo ibigega bemererwa ingurane ariko ngo bamaze imyaka isaga itatu batarazihabwa, bakaba basaba ko bazihabwa kuko igihe gishize bazitegereje ari kinini. Aba baturage bo mu Murenge wa Musaza bavuga ko imyaka igiye kuba ine mu mirima yabo bahingagamo hubatswe […]
Burundi: Udafite kuva ku mafaranga 50,000 kugeza ku 300,000 ntabona aho arara muri Gereza ya Rutana
Imfungwa nshya muri Gereza Nkuru ya Rutana (mu majyepfo yâiburasirazuba bwâu Burundi) zitegekwa kwishyura amafaranga ari hagati yâamafaranga ibihumbi 50 na 300.000 yâAmarundi kuri buri muntu kugira ngo zibone aho kurara. Abayobozi bâimfungwa ni bo basaba bagenzi babo bafunganwe kwishyura aya mafaranga. Amakuru aturuka muri Gereza ya Rutana avuga ko abayobozi ba gereza basaba ko […]
The DRC signs the disengagement plan which should lead to the withdrawal of MONUSCO
The government of the DRC and MONUSCO signed this Tuesday, November 21 in Kinshasa, the disengagement plan which should lead to the withdrawal of the UN Mission on Congolese soil. This plan will be implemented jointly with the support of national technical partners and UN Agencies, Funds and Programs. The MONUSCO disengagement agreements were signed […]
U Bushinwa burashinjwa gufunga no gusenya imisigiti y’Abayisilamu
Raporo nshya ya Human Rights Watch (HRW)iravuga ko u Bushinwa burimo gufunga no gusenya imisigiti cyangwa gushyiramo ibindi bikorwa bidafite aho bihuriye no gusenga. HRW yavuze ko ibi biri mu rwego rwo gushyira ingufu mu bikorwa byo gukumira idini rya Islamu mu Bushinwa. Mu Bushinwa, igihugu ubundi kitemera Imana ariko kivuga ko cyemera ubwisanzure bw’amadini, […]
La directrice du renseignement amĂ©ricain s’est entretenue avec Kagame sur la crise sĂ©curitaire en RDC
La directrice du renseignement national de la Maison Blanche, Avril Haines, s’est entretenue avec les prĂ©sidents Paul Kagame et FĂ©lix Tshisekedi sur la crise sĂ©curitaire dans l’est de la RĂ©publique dĂ©mocratique du Congo, les 19 et 20 novembre. Haines a rencontrĂ© le prĂ©sident rwandais Kagame et le prĂ©sident congolais Tshisekedi « pour obtenir des engagements […]
Ingabo za RDC zongeye guta âintwaro nyinshiâ ku rugamba
Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC nâindi mitwe, zataye muri Karenga na Kilolirwe izindi ntwaro nyinshi mu gitondo cyâuyu wa 22 Ugushyingo 2023. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko mu masaa kumi nâebyiri yâiki gitondo iri huriro ryâingabo ryagabye igitero muri utu duce […]
Kaminuza y’ubuvuzi n’ikoranabuhanga muri Sudani igiye kwimukira mu Rwanda
Kaminuza yâubuvuzi nâikoranabuhanga (UMST) i Khartoum, muri Sudani, irateganya kwimukira mu Rwanda kugira ngo ihe abanyeshuri bayo ibyiringiro nâamahirwe ya kabiri yo kurangiza amasomo yabo. Ubuyobozi bwa UMST bwatangaje ko abanyeshuri barenga 7000 bari barahejejwe mu ngo kubera ikibazo cyâumutekano muri Sudani bazimurirwa buhoro buhoro mu Rwanda kugira ngo barangize amasomo yabo. Mu kiganiro cyihariye […]
Ni bwo ntangiye inkuru zivuga amakosa yâabakomeye: Manirakiza
Umunyamakuru Manirakiza ThĂ©ogĂšne wa Ukwezi Media Group yatangaje ko nyuma yo gufungurwa byâagateganyo, ari bwo agiye gutangira gukora inkuru zâubuvugizi, zirimo izigaragaza amakosa yâabakomeye. Ibi yabivuze asubiza abibazaga niba arahagarika umwuga wâitangazamakuru bitewe nâuko yakurikiranwe nâinzego zâubutabera, ashinjwa icyaha cya ruswa cyaje guhindurwa icyo gukangisha gusebanya, bifite aho bihurira na wo. Uyu munyamakuru, tariki ya […]
Raporo inenga Leta yâu Rwanda ntiyavuzweho rumwe mu rubanza rwa Dr Munyemana
Raporo yâumuryango Human Rights Watch (HRW) inenga ubutegetsi bwâu Rwanda ntiyavuzweho rumwe mu rubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne uri kuburanira mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa guhera tariki ya 14 Ugushyingo 2023. Uru rubanza rwari rukomeje kuri uyu wa 21 Ugushyingo, humvwa abatangabuhamya batandukanye, humvwa raporo yâuyu muryango yigeze kunyura kuri Flash Africa. […]
Umuyobozi wa Hamas aravuga ko benda kugera ku masezerano yo guhagarika intambara
Umuyobozi wa Hamas aravuga ko uyu mutwe uri hafi kugirana amasezerano y’amahoro na Israel , bigatuma haba ibyiringiro byâihagarara ryâimirwano ibera muri Gaza ndetse kurekura imbohe zashimuswe n’uyu mutwe. Ku ruhande rwayo, Israel ntacyo yatangaje, mu gihe Minisitiri wâIntebe, Benjamin Netanyahu, yavuze ko igihugu cye kitazahagarika imirwano kugeza igihe imbohe zisubijwe mu rugo. Igihugu cya […]
USA yatangaje ko u Rwanda na RDC byemeye guhosha umwuka mubi
Ibiro bya Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, White House, byatangaje ko u Rwanda na Repubulika ya demukarasi ya Congo, byiyemeje guhosha umwuka mubi umaze igihe hagati yabyo. Ibi byabitangaje kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023 nyuma yâuruzinduko ushinzwe ubutasi ku rwego rwâigihugu, Avril Haines, yagiriye muri ibi bihugu byombi guhera tariki ya 19 […]
Brussels: Me Lurquin yanze umutangabuhamya ushinjura Twahirwa
Umutangabuhamya witwa Bwanakweli Jean Bosco Ubushinjacyaha bwari bugiye kwifashisha mu buhamya bushinjura Twahirwa SĂ©raphin yateje impaka zikomeye mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi. Mu masaa tanu zâamanywa yo kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023, ku masaha yâi Kigali, ni bwo urukiko rwari ruhaye umwanya uyu mutangabuhamya wabaye i Karambo (ubu ni Gatenga) kugira […]
Rais wa Rwanda amempokea Makamu wa Rais wa Cuba
Rais wa Rwanda Paul Kagame alikutana siku ya Jumatatu na Makamu wa Rais wa Cuba Salvador ValdĂ©s Mesa na ujumbe unaofuatana naye, ambao wako katika ziara rasmi, ambayo ni mapumziko ya mwisho ya kiongozi huyo wa Cuba katika ziara ya nchi kadhaa za Afrika. Katika Kijiji cha Urugwiro, rais wa Kigali aliandika kwenye mtandao wa […]
Cameron threatens to âget toughâ on judges who block Rwanda plan
Lord Cameron has threatened to get tough on European human rights judges if they move to thwart the Governmentâs Rwanda plan. The Foreign Secretary sought on Monday to reassure anxious Tory MPs of his stance on the controversial European Court of Human Rights (ECHR). Sources said he stressed the importance of pushing on with Rishi […]
Ukraine irasaba ko imitungo yâu Burusiya yafatiriwe yishyura ibikorwaremezo bwasenye
Guverinoma ya Ukraine irashaka ko umutungo wâu Burusiya wafatiriwe ku Isi yose wakoreshwa mu kwishyura ibikorwa remezo byayo byangijwe nâibitero byâAbarusiya. Nkâuko abategetsi ba Ukraine babitangaza ngo ibyangijwe nâu Burusiya bivugwa ko bingana na miliyari 411 z’amadolari kandi aha ni mu turere twahoze twigaruriwe kandi twabohowe gusa. Minisitiri wâIntebe, Denys Shmyhal, yabwiye abanyamakuru baturutse mu […]
Ishyaka rikorera mu buhungiro ryahisemo umukandida uzarihagararira mu matora yo mu 2024

Ishyaka ritavuga rumwe nâubutegetsi bwâu Rwanda ritemewe mu gihugu kandi rikorera mu buhungiro ryitwa Ishema ryâu Rwanda, riravuga ko ryashyizeho itsinda rishinzwe ibikorwa byo kwamamaza uwitwa Nadine Claire Kasinge uteganya kuzaza guhatana mu matora yâumukuru wâigihugu ateganyijwe mu 2024. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru Bwiza yabashije kubona ryashyiriweho umukono I Paris mu Bufaransa nâumuvugizi wâumukandida, Chaste […]
Kaspersky va créer un centre de transparence à  Kigali

Kaspersky Lab, fournisseur multinational russe de cybersĂ©curitĂ© et d’antivirus, a rĂ©cemment lancĂ© son centre de transparence Ă Â Kigali, ce qui en fait le premier du genre sur le marchĂ© africain. Cette Ă©volution, annoncĂ©e en marge du Forum africain de cyberdĂ©fense (ACDF) Ă Â Kigali, vise, entre autres, Ă Â souligner le lien Ă©troit entre la transparence et […]
Sudan: Ingabo za RSF zigaruriye ikindi kigo cya gisirikare muri Darfur yâIburasirazuba
Ingabo za Rapid Support Forces (RSF) zatangaje ko zafashe ibirindiro bya gisirikare bya Division ya 20 yâingabo zirwanira ku butaka za Sudani muri Leta ya Darfur yâIburasirazuba, icyo kikaba kibaye ikigo cya kane cya gisirikare mu karere ka Darfur ubu kigaruriwe nâuyu mutwe. Brig. Gen. Hassan Saleh Nahar, umuyobozi wa RSF muri Darfur yâIburasirazuba, avugira […]
Amagambo ya Habyarimana na Mugesera yagarutse mu rubanza rwa Twahirwa na Basabose
Imbwirwaruhame Habyarimana JuvĂ©nal wayoboye u Rwanda yavugiye mu nama yâishyaka MRND yabereye mu yari Perefegitura ya Ruhengeri nâiyo LĂ©on Mugesera yavugiye ku Kabaya mu burengerazuba bwâigihugu yagarutse mu rubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre. Muri uru rubanza ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels, kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2023 humvikanye ubuhamya bwâumugororwa […]
Umuhungu wa Minisitiri wâIngabo yatorotse igororero
Tuyizere Amani Olivier, umuhungu wa Minisitiri wâIngabo mu Rwanda, Marizamunda JuvĂ©nal, aherutse gutoroka igororero rya Nyarugenge yari amaze igihe afungiwemo. Umunyamakuru Manirakiza ThĂ©ogene uherutse gufungurwa byâagateganyo yatangaje ko hashize iminsi itari myinshi uyu muhungu atorotse, aho yatorotse ibitaro bya Nyarugenge. Uyu musore asanzwe ari umuhanga mu ikoranabuhanga ndetse yari afungiwe ibyaha byâubujura bwifashishije ikoranabuhanga. Ni […]
M23 itangaje ko ikubitiye inshuro FARDC-FDLR-Wazalendo muri Kitshanga
Umutwe witwaje intwaro wa M23 utangaje ko umaze gukubita inshuro ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo zifatanyije nâimitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, abacancuro ndetse nâihuriro rya Wazalendo. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, saa moya nâiminota ibiri mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023 yatangaje ko iri huriro ryâingabo za Leta ya RDC […]