Tanzania: Abandi banyapolitiki 4 batavuga rumwe n’ubutegetsi bahungiye muri Kenya

Sangiza iyi nkuru

Abanyapolitiki bane batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania bahungiye muri Kenya bavuga ko bafite imoungenge z’umutekano wabo, mu gihe hashize iminsi 17 Perezida John Pombe Magufuli atagaragara mu ruhame.

Aba banyapolitiki uko ari bane bava mu Karere ka Rorya, mu majyaruguru y’igihugu bari bafite imyanya muri njyanama hagati ya 2015 na 2020 aho batorewe ku iturufu y’ishyaka Chadema.

Nk’uko iyi nkuru dukesha Nation ivuga, aba banyapolitiki bavuze ko barimo gutotezwa bazira kwanga ibyavuye mu matora yo mu Ukwakira 2020, Perezida Magufuli yatorewemo manda ya kabiri.

Umwe muri aba witwa Ngai Kagose Mawinda yagize ati “Narafashwe njyanwa mu rukiko ku byaha mpimbano nyamara narimo nidoga gusa kubera gutora. Mfite ubwoba bw’ubuzima bwanjye kandi sinshobora kwihanganira gutura muri Tanzaniya ukundi.”

Bagenzi be, Lazaro Kitori Edwin, Edward Jacaduogo Ndege na Andrew Mng’osi Nyakriga, barabarizwa i Nairobi nyuma yo kwambuka umupaka hagati yo kuwa Mbere no kuri uyu wa Kabiri ushize.

Umunyamategeko w’aba banyapolitiki,George Luchiri Wajackoyah, yavuze ko barimo gusaba ubuhungiro muri Kenya.

Babiri muri bo bamaze kwiyandikisha mu bunyamabanga bushinzwe ibibazo by’impunzi, mu gihe dosiye z’abandi babiri basigaye zikirimo kwigwaho.

Aba banyapolitiki biyongereye ku bandi bamaze guhunga Tanzania barimo Tundu Lissu wahunze nyuma yo gutsindwa mu matora mu Ugushyingo. Kuri ubu uyu arabarizwa mu Bubiligi.

Hari kandi Godbless Lema, wahoze ari umudepite uhagarariye Arusha, nawe wahungiye muri Kenya n’umuryango we, umugore n’abana batatu, nyuma umuryango ugahabwa ubuhungiro muri Canada.

Perezida John Pombe Magufuli wahimbwe akazina ka Bulldozer bitewe n’ukuntu yagiye ku butegetsi mu 2015 arwanya ruswa nta kujenjeka, ubu akomeje gushinjwa guhonyora uburenganzira bwa muntu n’ubw’itangazamakuru.

Abanyamakuru, abanyapolitiki, n’abaharanira uburenganzira bw’abaturage bafatwa nk’ababangamiye politiki ye, bagiye batabwa muri yombi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *