Ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi muri Repubulika yunze ubumwe ya Tanzania, ryemeye ubusabe bw’atavuga rumwe na ryo bwo guhindura Itegekonshinga.
Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa 22 Kamena 2022 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’iri shyaka, Shaka Hamdu Shaka. Yagize ati: “Ndabamenyesha ko Chama Cha Mapinduzi ishyigikiye ishyirwaho ry’Itegekonshinga rishya. Ishyaka rishyigikiye uruhare rwa Perezida Samia mu bwiyunge.”
Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania n’imiryango itandukanye byifuje ko mu Itegekonshinga rishya: Umukuru w’Igihugu agabanyirizwa ububasha, hagashyirwaho komisiyo y’amatora yigenga, kandi abanyamategeko bagahabwa ububasha bwo gukurikirana ibiva mu matora.
Mu mwaka w’2014, byari byitezwe ko CCM iyobora Tanzania kuva yabona ubwigenge yemera ubu busabe ariko ntibyashobotse. Byatumye abasaba ko iri tegekonshinga rijyaho bigumura, bamwe muri bo barafungwa.
Mu bafunzwe harimo Umuyobozi w’ishyaka CHADEMA, Freeman Mbowe, wafunguwe muri Werurwe 2022 bitegetswe na Perezida Samia Suluhu Hassan wasimbuye Dr John Pombe Magufuli amaze gupfa muri Werurwe 2021.


