AIUBMBN5XZOMJFPFNQPBJNWWDE

Tanzania: Tundu Lissu yatangiye kuburana mu mizi ibyumweru bicye mbere y’amatora

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya, Tundu Lissu, yatangiye kuburanishwa ku byaha by’ubugambanyi mu murwa mukuru Dar es Salaam, ibyumweru bike mbere y’uko iki gihugu kijya mu matora ishyaka rye ryabujijwe guhatanamo.

Lissu waje ku mwanya wa kabiri mu matora ya perezida aheruka mu 2020, yatawe muri yombi muri Mata akurikiranweho ubugambanyi icyaha abashinjacyaha bavuze ko gifitanye isamo n’ijambo yavuze ahamagarira abaturage kwigomeka no guhungabanya amatora ateganyijwe mu mpera z’uku kwezi.

Lissu yari yarahiye ko atazitabira amatora mu gihe hataraba amavugurura akomeye muri Komisiyo y’Amatora avuga ko ibogamira ku ishyaka rya Chama Cha Mapinduzi (CCM) rya Perezida Samia Suluhu Hassan, riri ku butegetsi kuva Tanzania yabona ubwigenge mu 1961.

Lissu uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya CHADEMA, yarashwe inshuro 16 arokoka urupfu mu gushaka kumwica mu 2017. Nta muntu n’umwe wigeze akurikiranwaho kuba inyuma y’ibyo bintu.

Ahakana icyaha cy’ubugamanyi muri uru rubanza, aho umwunganizi we avuga ko ibyo aregwa bishingiye kuri politiki.

Biteganijwe ko kuri uyu wa Mbere abacamanza bumva ubuhamya bw’abatangabuhamya ba mbere ba Leta, nk’uko CHADEMA ibitangaza.

Mu itangazo ryayo ku Cyumweru, CHADEMA yavuze ko umuyobozi wabo “ashikamye, kandi yiteguye” uru rubanza byitezwe ko rumara ibyumweru.

Ubwo urubanza rwatangiraga Lissu yavuze ko bamwe mu bamushyigikiye bakubiswe kandi babuzwa kwinjira mu cyumba cy’urukiko, nk’uko umwe mu bamwunganira, Jebra Kambole, yabitangarije Reuters.
Urukiko rwabujije itangazamakuru gutangaza iby’uru rubanza imbonankubone bisabwe n’umushinjacyaha wa Leta, kugira ngo bahishe umwirondoro w’abatangabuhamya babo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *