Tanzania: Uwagaragayeho Coronavirus yasabye imbabazi abaturage

Sangiza iyi nkuru

Umuntu wa mbere wagaragayeho Coronavirus muri Tanzania yatangaje ko nyuma yo kwitabwaho n’abaganga ubu ameze neza akaba anasaba imbabazi abanya-Tanzaniya bose kuba ari we muntu wa mbere wazanye icyi cyorezo mu gihugu.

Isabella Mwampamba ni umugore w’imyaka 46. Ni we murwayi wa mbere wagaragayeho coronavirus muri Tanzania, akaba yaratangajwe tariki 16 Werurwe 2020 nyuma y’umunsi umwe ageze ku butaka bw’iki gihugu azanywe n’indege ya Kompanyi ya RwandAir yari imuvanye mu Bubiligi.

Nyuma yo gusuzumwa bagasanga afite ibimenyetso, Leta ya Tanzania yahise itangaza ko igiye gutangira gushakisha uwaba yaragize aho ahurira n’uyu mugore harimo n’abo bazanye mu ndege kugirango nabo bapimwe kuko hari impungenge z’uko nabo bashobora kuba baranduye bityo bakaba bari kuyikwirakwiza.

Kugeza ubu ntihari hatangazwa uwaba yaranduye akaba afite aho yahuriye na Isabella cyangwa ngo abe yarakoreye urugendo mu ndege ya RwadAir mu gihe kimwe nawe gusa nyuma ye Leta ya Tanzania yaje gutangaza ko hari abandi barwayi babiri banduye Covid-19 ubu muri iki gihugu hakaba hari abarwayi batatu.

Ubwo Isabella Mwampamba yaganiraga n’itangazamakuru ryo muri Tanzania ku murongo wa telefoni kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko kugeza ubu amaze koroherwa ndetse ko nta na hamwe akiribwa nyuma yo kwitabwaho n’abaganga, aboneraho no gusaba abaturage ba Tanzania imbabazi zo kuba ariwe wa mbere wazanye iyi ndwara mu gihugu.

Nyuma y’aho Coronavirus igabanyirije umuvuduko mu gihugu cy’Ubushinwa yatangiriyemo, ubu ikomeje gukaza umurego ku mugabane w’Afurika kuko ibihugu birenga ½ cy’Umugabane wa Afurika bimaze kwibasirwa n’iki cyorezo.

Mu Rwanda nk’uko Minisiteri y’Ubuzima igenda ibitangaza umunsi ku wundi abantu umunani nibo imaze kugaragaraho bakaba biganjemo Abanyarwanda, Umugande, Umurundi n’Umuhinde wagaragaje ibimenyetso byayo bwa mbere.

MINISANTE ikomeza itanga amabwiriza yo kwirinda iyi ndwara by’umwihariko gukaraba intoki buri gihe hakoreshejwe amazi meza n’isabune, gukaraba umuti wabugenewe wica udukoko no kwirinda gusuhuzanyisha intoki kimwe no kwirinda kujya ahahurira abantu benshi.

Kuri ubu ibikorwa byose bihuza abantu benshi mu Rwanda byarahagaritswe ndetse hanakazwa ingamba z’isuku kugirango hirindwe gukomeza gukwirakwiza ubwandu bushya bw’iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *