92-1000x600

Tanzania yasezerewe muri CHAN

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Tanzania isoje urugendo rwayo muri CHAN 2024 nyuma yo gutsindwa na Maroc igitego 1-0 mu mukino wa ¼ cy’irushanwa wabereye kuri Stade Benjamin Mkapa i Dar es Salaam.

Mu gice cya mbere Tanzania yagerageje guhangana, aho rutahizamu Clement Mzize yabonye uburyo bubiri bwiza ariko ntiyabubyaza umusaruro.

Mu minota ya mbere y’igice cya kabiri, Yakoub Suleiman, umuzamu wa Tanzania, yagaragaje ubuhanga akuramo imipira ikomeye ya Oussama Lamlioui. Ariko ku munota wa 65, Lamlioui ntiyongeye kubura amahirwe, atsinda igitego ku mupira mwiza yahawe na Youssef Belammari.

Nyuma yo gufungura amazamu, Maroc yarinze neza kugeza umukino urangiye. Lamlioui yahise agira ibitego bine muri iri rushanwa, akaba ari we uri imbere mu bahatanira igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi (Golden Boot).

Maroc izakina ½ cya CHAN na Uganda cyangwa Senegal.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *