G586V7dWYAAWFF0

Tanzania yataye muri yombi umusirikare wa Amerika afite ibiturika

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi ba Tanzania bataye muri yombi umusirikare w’ipeti rya Sergeant wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika uri mu kazi, ufite ubwenegihugu bubiri bwa Kenya na Amerika, nyuma yo kuvumbura grenade enye za gisirikare mu modoka ye ku mupaka wa Sirari.

Ku Cyumweru, Charles Onkuri Ongeta, w’imyaka 30, yafunzwe ubwo yageragezaga kwinjira muri Tanzania avuye muri Kenya muri Toyota Land Cruiser ifite plaque KDP 502Y.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa polisi mu karere ka Tarime-Rorya, ngo Ongeta yasanzwe afite grenade enye za CS M68, ibikoresho biturika bibujijwe hakurikijwe amategeko agenga intwaro n’amasasu ya Tanzania, bitanatangirwa uruhushya rwo kubitunga.

Itangazo rya polisi ryabonwe na ChimpReports rivuga ko: “Ukekwaho icyaha yagerageje kwinjira muri Tanzania avuye muri Kenya… basanga afite grenade enye za CS M68 zo mu ntoki.”

Ryongeyeho ko: “Dukurikije amategeko ya Tanzania agenga gutunga imbunda n’amasasu, ibiturika nka biriya birabujijwe, kandi uruhushya rwo kwinjira mu gihugu ubifite ntirushobora gutangwa uko byaba bimeze kose.”

Polisi yemeje ko gukusanya ibimenyetso no kubaza ukekwa bikomeje, hakazakurikizwa amategeko iperereza nirirangira.

Kuva ku wa Mbere, yaba Ambasade ya Amerika i Dar es Salaam, Guverinoma ya Kenya, ndetse na Minisiteri y’Ingabo ya Amerika, ntibaratanga ibisobanuro ku mugaragaro kuri iki kibazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *