Leta yatanzania yategetse gutwika imishwi y’inkoko 6400 ivuga ko yakuwe mu gihugu cya Kenya mu buryo butemewe n’amategeko.
Izi nkoko zifite agaciro ka Miliyoni 12.5 z’Amashilingi ya Tanzania zafatiwe ku mupaka wa Namanga mu karere ka Lodindo ku munsi wa Mbere w’iki cyumweru, leta ya Tanzania ihita itegeka ko zitwikitwa hafi aho ari nzima.
Dr Thomas Kahema ushinzwe gukurikirana ibijyanye n’imyororokere y’amatungo muri Tanzania yatangaje ko hafashwe uyu mwanzuro wo gutwika iyi mishwi ari mizima mu rwego rwo kwirinda ko hari indwara zirimo izikwirakwizwa n’inkoko zishobora kubanduza.
Izi nkoko zari zaguzwe n’itsinda ry’Abaveterineri muri Tanzania basanzwe bakora imishinga yo korora inkoko.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Izi nkoko zatwitswe kuwa kabiri w’iki cyumweru mu gihe uwo baziguze na we yatangaje ko yari yarazirinze kuba zafatwa n’indwara zibasira ibiguruka uko ashoboye, ahubwo uyu mwanzuro ukaba waragaragaje isura itari nziza hagati y’ibi bihugu.
Muri 2007, ni bwo leta ya Tanzania yatangaje ko idashaka abazajya bajya kuzana inkoko hanze y’igihugu, gusa ikigo gishinzwe imisoro kuri za gasutamo, Edwin Iwato we akavuga ko uwari utwaye imodoka yarimo akwiye gukurikiranwa.
Nsengimana@Bwiza.com


