Ingabo za Thailand n’iza Cambodia zarasanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ku gice cy’umupaka utemewe, aho amakimbirane akomeje gukaza umurego hagati y’impande zombi.
Ingabo za Thailand zatangaje ko abasirikare ba Cambodia ari bo batangije uku kurasana hafi y’urusengero rwa Khmer rwa Ta Muen Thom, haherutse kugaragara ubushyamirane bukomeye.
Ariko minisiteri y’ingabo ya Cambodia yo ivuga ko ari abasirikare ba Thailand babanje kurasa, abasirikare ba Cambodia bakabikora birwanaho.
Uruhande rwa Thailand ruvuga ko Cambodia yohereje indege nto y’ubutasi (drone) mbere y’uko itangira kohereza abasirikare bafite intwaro zikomeye muri ako gace.
Umuvugizi wa minisiteri y’ingabo ya Cambodia, Maly Socheata, yatangaje ko ingabo zabo “zakoze mu buryo bwo kwirinda no kurinda ubusugire bw’igihugu cyabo mu gihe Thailand yari irenze imbibi zayo”.
Uyu mwuka mubi wagaragaye mu masaha make nyuma y’aho Thailand icyuye ambasaderi wayo muri Cambodia, bitewe n’iturika rya mine ryakomerekeje umusirikare wayo hafi y’umupaka.
Ku wa Gatatu, Bangkok yari yanatangaje ko igiye kwirukana ambasaderi wa Cambodia.
Umubano w’ibi bihugu byombi uri mu gihe kibi cyane ugereranyije n’imyaka irenga 10 ishize, nyuma y’uko habaye imirwano mu kwezi kwa Gicurasi yahitanye umusirikare umwe wa Cambodia.
Mu mezi abiri ashize, Thailand na Cambodia zashyiriyeho ingamba zihanitse zirimo kuzuzanya ku bihano ndetse no kongera umubare w’ingabo ku mipaka yazo.


