Umukinnnyi wa filimi Dwayne Johnson wamenyekanye nka “The Rock” yatangaje ko we n’umuryango we bose banduye Covid-19.

Uyu mugabo wahoze akina umukino wo gukirana (wrestling), akaba ubu ari we mukinnyi wa cinema winjiza amafaranga menshi kurusha abandi ku isi, yavuze ko we n’umugore we n’abakobwa be babiri banduye iyi virusi.
The Rock kandi yavuze ko nubwo umuryango wose wagerageje kwirinda uko bashoboye bitababuje kwandura Covid-19. Yongeyeho ko ubu bamenye uko bahagaze badashobora kwanduza abandi.
‘The Rock’ w’imyaka 48, yavuze ko umugore we Lauren w’imyaka 35 n’abana babo Jasmine na Tiana b’imyaka ine n’ibiri, banduye iyi virusi mu byumweru hafi bibiri n’igice bishize bayandujwe n’abashyitsi babasuye muri iyo minsi.
Muri videwo yashyize kuri Instagram yagize ati: “Nababwira ko iki ari kimwe mu bintu bitugoye kandi bidukomereye mu bindi byose twaciyemo nk’umuryango. Ikintu cya mbere na mbere nshyira imbere ni ukurengera umuryango wanjye. Ubu turishimye kuko twamenye ko Covid-19 ushobora kuyikira ukomeye kandi umeze neza”
Dwayne Johnson yateye ikirenge mu cya se Rocky, yinjira mu mukino wo gukirana aza kumenyekana cyane muri World Wrestling Entertainment (WWE).
Muri uwo mukino yabaye icyamamare cyane ahita yinjira mu gukina cinema, aho yakinnye filimi zizwi nka The Scorpion King, Fast & Furious 6 na Jumanji, Rampage n’izindi.
Muri uyu mwaka gusa kugeza mu kwa gatandatu bivugwa ko ‘The Rock’ yinjije miliyoni 87 z’amadorari ya Amerika, harimo miliyoni $23.5 zo gukina muri filimi izatangazwa na Netflix yitwa ‘Red Notice’ biteganyijwe ko izasohoka mu kwezi kwa 11 uyu mwaka.


