gusiba_iki_kimenyetso_kizatwara_akayabo_ngo_gisibwe-727d4

Trump ntiyorohewe n’imijugujugu y’abirabura

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi wa filime n’umuhanzi Jamie Foxx yagaragaje ko atishimiye icyemezo cyo gusiba amagambo “Black Lives Matter” yanditswe muri Washington, D.C., aho yakomeje kuba ikimenyetso cyo kurwanya irondaruhu kuva mu 2020.

Gusiba aya magambo byategetswe na White House nyuma y’igitutu cyashyizwe kuri Meya wa Washington, Muriel Bowser. Umushinga w’itegeko rishya uteganya ko uyu murongo ugomba gusibwa burundu, bitaba ibyo umujyi ukabura inkunga ya Leta.

Foxx yavuze ko iki cyemezo ari intambwe isubiza inyuma urugamba rwo guharanira uburenganzira bw’Abirabura. Ati: “Birababaje. Nibuka uko twaharaniye ko bikorwa none byatangiye gukurwaho.”

Depite Andrew Clyde ni we wazanye uyu mushinga, anasaba ko aho hantu hahabwa izina “Liberty Plaza” aho gukomeza kwitwa “Black Lives Matter Plaza”. Ibi byateje impaka, bamwe bavuga ko ari ugusibanganya amateka n’ukwica ijwi ry’abaharanira ubutabera.

Gusiba ayo magambo bizatwara miliyoni 610 z’amadolari ya Amerika kandi bikamara amezi abiri. Meya Bowser yamaganye iki cyemezo avuga ko ari ukwivanga kudakenewe kwa Leta mu miyoborere y’umujyi.

Aya magambo yari yaranditswe nyuma y’imyigaragambyo yakurikiye urupfu rwa George Floyd wishwe n’umupolisi i Minneapolis, igikorwa cyateje impinduramatwara yo kurwanya irondaruhu muri Amerika no ku isi yose.

jamie foxx yagaragaje ko white house itari ikwiriye gutanga itegeko ryo gusiba amagambo avuganira abirabura d519cdownload 220 45d6c67cf614079b853 70625557 26248

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *