Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko umunya-Brésil Pelé ari we afata nk’umukinnyi w’ibihe byose w’umupira w’amaguru.
Trump yabitangaje nyuma y’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs Chelsea yo mu Bwongereza yaraye yegukanye, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa ibitego 3-0.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari mu barenga 81,000 barebye uriya mukino wabereye muri MeltLife Stadium, ndetse we na Perezida Gianni Infantino wa FIFA ni bo bashyikirije Chelsea igikombe.
Nyuma y’umukino ubwo yabazwaga umukinnyi wa ruhago afata nk’uwibihe byose, yavuze ko Pelé ari we afata nk’igihangange.
Yabwiye Televiziyo ya DAZN ati: “Imyaka myinshi ishize ubwo nari nkiri muto, bazanye umukinnyi witwaga Pelé ngo akine hanyuma akinira ikipe yitwa Cosmos. Hanyuma aha hantu hari hakubise huzuye, byari nk’uko iyi Stade imeze kandi byari ukubera Pelé.”
“Simbyibuka neza, gusa hashize igihe kirekire kandi nari ndi muto; naje kureba Pelé kandi yari arenze. Rero nsubiye ahahise, navuga ko Babe Ruth na Pelé bari ibihangange cyane.”
Rurangiranwa Pelé witabye Imana muri 2022, yakiniye amakipe atandukanye arimo New York Cosmos yabereye umukinnyi hagati ya 1975 na 1977 mbere yo gusezera umupira w’amaguru.
Usibye Pelé, abandi bakinnyi bafatwa nk’abibihe byose babayeho barimo Abanya-Argentine Lionel Messi na Diego Maradona, Umufaransa Zinedine Zidane, abanya-Brésil Ronaldinho na Ronaldo Nazalio, umunya-Portugal Cristiano Ronaldo n’abandi.


