Perezida Félix Tshisekedi, yamaganye yivuye inyuma ruswa ndetse no kudakunda igihugu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yemeza ko abaturage ba Congo ubwabo ari bo “ba mbere basenye” igihugu cyabo.
Mu nama yagiranye n’urubyiruko i Kinshasa ku wa Gatandatu, Umukuru w’Igihugu cya RDC agaruka ku kuntu umurwa mukuru usa nabi yagize ati: “Ni twebwe ubwacu mbere na mbere, Abanyekongo”.
Agaruka ku kuntukera yitwaga “Kinshasa nziza”, Tshisekedi yagize ati: “Bisaba gusa kugenda mu mihanda ya Kinshasa kugira ngo wumve uburyo tutita ku nyungu rusange”.
Perezida Tshisekedi yahise akomoza kuri ruswa nk’uko tubikesha ACTUALITE.CD, aho yavuze ko ari “kanseri” iri mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu. ”
Ati: “Iyo unyereza amafaranga agenewe uburezi, uba wishe ejo hazaza h’iki gihugu.” Yabishimangiye agira ati: “Iyo ukoresheje amafaranga agenewe ubuvuzi, uba ushyira mu kaga abantu bose.”
Mu gukemura ibibazo by’umutekano, Félix Tshisekedi yatanze isuzuma ryimbitse ku bijyanye n’ingabo z’igihugu nyuma y’uko afashe ubutegetsi.
Yagize ati: “Nasanze igisirikare, mwihanganire imvugo nkoresha, ari icy’abasabirizi.” Yavuze ko yasanze abasirikare boherezwa ku rugamba nta biryo, umushahara, nta masasu, nta kwitabwaho.
Yashimangiye ko kuzamura imibereho y’igisirikare ari byo byashyizwe imbere, bizabafasha “kwitangira gusa kurengera igihugu.”
Aya magambo yayavuze mu gihe Guverinoma ya Congo yatangaje ko yakubye kabiri umushahara w’abasirikare n’abapolisi, guhera mu kwezi kwa Werurwe 2025.
Hakurikijwe imibare yaturutse muri Banki Nkuru ya Congo yasohotse muri Gashyantare, umushahara w’ingabo za DRC (FARDC) wageze kuri miliyoni 400 z’amadolari mu mpera za 2024.
Hamwe n’iki cyemezo, umushahara ushobora kugera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu mpera z’umwaka wa 2025.
Guverinoma irateganya kandi kugenera 30% by’ingengo y’imari y’igihugu igisirikare n’izindi nzego z’umutekano, urwego rutigeze rubaho, nk’uko umushinga w’ingengo y’imari watanzwe mu Gushyingo na Minisitiri w’intebe Judith Suminwa ubigaragaza.
Ibi biravugwa mu gihe hagaragaye ibibazo byo kunyereza umutungo mu nzego z’umutekano.
Mu 2021, byibuze abasirikare bakuru umunani n’umupolisi mukuru umwe batawe muri yombi bazira kunyereza amafaranga yari agenewe ibikorwa bya gisirikare muri Ituri.
Muri Gashyantare umwaka ushize, abasirikare babiri na bo bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu kubera kunyereza umutungo no kutumvira.



One Response
None mu myaka irenga 6 ari ku butegetsi, ntiyigeze yubaka igisirikare ko yari yagisanze ari ca ntaco? Narabe mugenzi we muri Burkina Faso aho agejeje yubaka igihugu!