Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yatangaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo w’iki gihugu ahangayikishijwe cyane n’imyigaragambyo ikomeje kubera mu mujyi wa Uvira.
Kamerhe yabitangaje ku wa Mbere, nyuma y’inama yamuhuje na Tshisekedi, Perezida wa Sena, Sama Lukonde na Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa Tuluka.
Imyigaragambyo ikomeje kubera mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo iri mu ngingo iriya nama yibanzeho.
Vital Kamerhe yavuze ko Tshisekedi ahangayikishijwe n’iriya myigaragambyo, ati: “Umukuru w’Igihugu ahangayikishijwe na biriya bintu, kandi ari gushaka ibisubizo biciye mu ntumwa z’abagize Guverinoma zoherejwe muri Uvira, mu rwego rwo gushaka igisubizo cya kiriya kibazo.”
Kamerhe ntiyatangaje abagize itsinda ry’intumwa Tshisekedi yohereje muri Uvira, mu rwego rwo guhosha umwuka mubi uriyo.
Kuva ku itariki ya 2 Nzeri uriya mujyi wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo uri kuberamo imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana Gen. Olivier Gasita mu mpera z’umwaka ushize Tshisekedi yagize umuyobozi wungirije w’akarere ka 33 ka gisirikare ushinzwe ibikorwa n’ubutasi.
Ni icyemezo icyakora kitashimishije abarwanyi ba Wazalendo bashinja Gasita kuba akorana rwihishwa n’umutwe wa M23; birangira bafashe icyemezo cyo kwigaragambya.
Ku wa Mbere imyigaragambyo ikomeye ya Wazalendo n’abaturage byabaye ngombwa ko ingabo za Leta zikoresha amasasu mu rwego rwo kugerageza kuyihosha, gusa amakuru avuga ko zarashe abantu babarirwa mu icumi abandi benshi barakomereka.


