U Bufaransa bwakiriye inama igamije kwihutisha ikorwa ry’inkingo muri Afurika

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, Paris yakiriye Ihuriro Mpuzamahanga ku busugire bw’inkingo no guhanga udushya. Yateguwe ku bufatanye bwa Gavi (l’Alliance des vaccins), Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’u Bufaransa, mu izina ry’u Burayi, igomba guhuriza ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga abahagarariye ibihugu bya Afurika, abaterankunga, inganda z’imiti, sosiyete sivile n’imiryango mpuzamahanga. Abaperezida ba Senegal, Ghana, u Rwanda na Botswana bari mu bitabira iyi nama.

Ikigamijwe ni ukwemerera Afurika kugira inkingo nyinshi kandi byihuse, kabone niyo byaba bivuze kurushaho kuzikorera ku butaka bwayo nkuko tubikesha RFI.

Ariko mbere ya byose, ku Ihuriro ry’inkingo (Gavi) ni ugukusanya inkunga mu myaka itanu iri imbere. Ubu bufatanye bw’ibihugu, abanyenganda, imiryango mpuzamahanga n’imishinga, babikesheje imbaraga z’imishyikirano n’abakora ibicuruzwa, byatumye bishoboka kwirinda impfu miliyoni 17 mu myaka makumyabiri ishize, mu gufasha ibihugu bya Afurika gukingiza, ku giciro cyiza, miliyari y’abana, kurwanya indwara y’iseru, pneumococcus, diphtheria, tetanusi, inkorora cyangwa poliomyelitis.

Kuri ubu, Gavi irashaka gukingira indi miliyari mu gihe cya kimwe cya kabiri cy’icyakoreshejwe mbere no kohereza inkingo nshya zakozwe mu kurwanya malariya, cyangwa kanseri y’inkondo y’umura, intandaro nyamukuru y’impfu mu bagore bo muri Afurika muri iki gihe. Ubwo ni na ko yongera kuzuza ububiko bw’inkingo za fièvre jaune, kolera cyangwa Ebola.

Iyi nama igomba kandi gushishikariza iterambere ry’inganda z’inkingo n’imiti ku mugabane wa Afurika. Kubera ko kuri ubu, Afurika itumiza mu mahanga inkingo zirenga 98%. Icyorezo cya Covid giheruka nicyo cyagaragaje ko Afurika yasigaye inyuma cyane muri uru rwego.

Afurika yikorera gusa 1 kugeza kuri 2% by’inkingo ikeneye

Afurika ikora gusa 1 kugeza kuri 2% by’inkingo ikeneye. Kandi imishinga yatangijwe nyuma y’ikibazo cya coronavirus ntirabona izuba. Muri Kenya, Moderna y’Abanyamerika yaretse umushinga wo gukora inkingo za Covid-19. Abayobozi ba Nairobi bizeye ko hazashyirwaho uruganda rw’izindi nkingo mu myaka itanu.

Mu Rwanda, nta tariki inkingo za mbere zizabonekera yateganijwe, ariko ikigo cy’Abadage BioNtech cyazamaze kuzana kontineri 6 zizwi nka BioTainers aho ikoranabuhanga ryayo rya RNA rigomba gutuma bishoboka gukora urukingo rurwanya Covid-19, ariko kandi hazanakorwa iza malariya n’igituntu mu gihe kiri imbere.

Muri Senegal, Institut Pasteur i Dakar irimo gutangira gukora inkingo za fièvre jaune, aho doze miliyoni 40 zigomba kuboneka mu mpera za 2024.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *