20250726_101314

U Burundi bwabonye Nyampinga mushya (Amafoto) 

Sangiza iyi nkuru

Kaneza Kellia Lagroire, ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Burundi wa 2025, nyuma yo guhigika abakobwa bagenzi be 15 bari barihataniye.

Kaneza yambikiwe iri kamba mu birori byabereye i Bujumbura ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 25 Gicurasi 2025.

Ni ibirori byitabiriwe n’abarimo Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Angeline Ndayubaha unatera unkunga ririya rushanwa.

Usibye guhabwa ikamba, Kaneza yanahawe ibihembo bitandukanye birimo imodoka, miliyoni 25 z’Amafaranga y’Amarundi (Frw miliyoni 12), itike y’indege yo kujya gutemberera muri Ethiopia, mudasobwa, telefoni ngendanwa igezweho cyo kimwe na buruse yo kwiga muri Kaminuza mu gihe cy’umwaka umwe.

Abandi bitwaye neza mu irushanwa rya Miss Burundi ni Habarugira Kessia wabaye igisonga cya mbere, akurikirwa na Bazahica Tania wabaye igisonga cya kabiri.

Nyampinga wakunzwe n’abaturage kurusha abandi yabaye Mugisha Monica Céleste, uw’iterambere aba Iteka Nelly Charlène na ho uwifotoje neza kurusha abandi aba Mugisha Jennifer.

20250726 095939
Madamu wa Ndayishimiye ari mu bitabiriye ibirori byo gutora Miss Burundi 2025
20250726 095947
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Albert Shingiro (wicaye imbere hagati) na we yari ahari
20250726 100243
Mugisha Monica ni we wabaye Nyampinga wakunzwe kurusha abandi
20250726 101251
Imodoka y’amashanyarazi iri mu bihembo Miss Burundi wa 2025 yahawe
20250726 095914
Miss Kaneza ubwo yarimo yambikwa ikamba n’uwo yasimbuye
20250726 095537
Kaneza Kellia Lagroire ni we Miss Burundi wa 2025
20250726 100219
Miss Burundi mu byo yahembwe harimo Miliyoni 25 z’Amarundi
20250726 101303
Madamu wa Ndayishimiye yahobeye Nyampinga mushya w’u Burundi amushimira

20250726 095910 20250726 101314

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *