Kuva mu mpera za 2019 ubwo umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaye mu Mugi wa Wuhan mu Ntara ya Hubei, Repubulika y’Abaturage y’u Bushinwa yabayemo ubwiyongere bukabije bw’abarwayi b’iki cyorezo gusa nyuma hafashwe ingamba zo kugifungira amayira, ubu zikaba gutanga umusaruro urenga 93%.
Muri iki gihugu tariki ya 23 Mutarama 2020 hafashwe ingamba zo guhagarika ibikorwa byose mu migi cyane cyane Wuhan, ubwo byagaragaraga ko imibare yiyongera cyane, ingaruka zigera mu ntara yose ndetse no mu gihugu. Abaturage batuye muri uyu mugi babaye nk’abafungiranyijwe iwabo mu ngo, hubakwa ibitaro byita ku barwayi ba Coronavirus mu minsi igera ku 10.
Wuhan yari yahariwe ibikorwa byo kwita ku barwayi ba Coronavirus gusa, ibihumbi by’abaganga n’abavuzi barimo n’abasirikare boherezwayo ndetse n’ibikoresho bihagije byo gupima, ubwirinzi n’imiti yo kuvura ibimenyetso. Hari kandi ahantu hahagije ho kwakirira abarwayi b’iki cyorezo n’abagikekwaho.
Iyi ncamake y’ingamba zashyizwe mu bikorwa ni impamvu nyamukuru yatumye imibare y’abanduye n’abishwe na Coronavirus mu Bushinwa uguma hamwe, ahubwo habaho ubwiyongere bw’abantu bagiye bakira. Abantu banduye iki cyorezo muri iki gihugu barenga 81500, mu gihe abamaze gukira barenga 76,000. Imibare igaragaza ko byibuze abasigaye bakirwaye bari hagati y’5000 n’6000 nk’uko tubikesha imibare y’urubuga rwa World Ometers.
U Bushinwa ni igihugu cyamaze igihe kinini mu bifite umubare munini w’abanduye Coronavirus, bugeze mu 81,000 bukiri kuri uyu mwanya ariko ubu ibihugu nk’u Butaliyani, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) na Esipanye byamaze kurenga uyu mubare.
U Butaliyani bumaze kubarura abarwayi barenga 101,700, USA imaze kubarura abarwayi barenga 164,400, Esipanye yo imaze kubarura abarenga 94,400. Abantu bapfuye mu Butaliyani barenga 11,500, abapfuye muri Esipanye barenga 8100, u Bushinwa bwo ni ubwa gatatu n’abantu bapfuye barenga 3,300, USA ni iya kane n’abarenga 3,100 bamaze gupfa.
Muri Wuhan hari inkuru nziza
Mu minsi itandatu ishize, Wuhan nta murwayi mushya wa Coronavirus wagaragayemo. Ubuzima bwari busa n’ubwahagaze muri uyu mugi bwongeye gusubukurwa.
Hari abaturage bari bamaze igihe kirenga amezi abiri badaca iryera izuba nk’uyu mugore wabwiye The Washington Post ati: “Maze mu nzu iminsi 70. Ubu ni ubwa mbere ngeze hanze.”
Umusore w’Umushinwa mu nkuru ya The Punch yagize ati: “Inyubako ya Wuhan International Plaza ni cyo kirango cy’umugi. Kuba yongeye gufungurwa byatumye numva ko Wuhan wagaruye ubuzima.”
Inzu z’ubucuruzi, ingendo z’amaguru ndetse n’ibigo bya leta byakomeje muri Wuhan. Abantu bahatuye bagaragarana akanyamuneza bari hanze ku kazuba, abandi batembera imihanda yaho, umubare munini w’abaganga n’abavuzi bitaga ku barwayi wavanwe muri uyu mugi bitewe no kumanuka kw’imibare. Biteganyijwe ko ikibuga cy’indege cya Wuhan kiremererwa kongera gukora guhera mu cyumweru gitaha, abaturage bahatuye nabo bagahabwa uburenganzira bwo gukorera ingendo mu yindi migi.


