Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ryatangaje ko rigiye guhuza u Rwanda n’u Burundi, kugira ngo impande zose zigire hamwe uko impunzi z’Abarundi zatahuka.
Ni nyuma y’aho hazamutse umwuka mubi hagati y’ibi bihugu, bitewe n’ikibazo cy’izi mpunzi zahunze imvururu n’umutekano muke wadutse mu Burundi mu 2015.
UNHCR yahaye BBC aya makuru, iki kikaba kiza ari igisubizo cy’ibaruwa impunzi z’Abarundi zirenga 300 zandikiye Perezida Evariste Ndayishimiye tariki ya 26 Nyakanga 2020, zimusaba kuzifasha gutaha.
Elise Villechalane uhagarariye UNHCR mu Rwanda yatangarije iki gitangazamakuru ko iyi nama ihuza intumwa ziturutse ku mpande zombi hamwe n’uyu muryango, byari biteganyijwe ko iba mu gitondo cy’uyu wa kane tariki ya 13 Kanama 2020, hifashishijwe ikoranabuhanga nk’uburyo bwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Ubusanzwe Guverinoma y’u Burundi ivuga ko u Rwanda rwafashe bugwate impunzi zayo. Ibi byatangajwe na Perezida Ndayishimiye tariki ya 6 Kanama 2020. Gusa ibi u Rwanda rwagiye rubihakana binyuze mu itangazo rya Minisiteri y’Ubutabazi ndetse n’ubutumwa bwa Dr. Vincent Biruta, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.
Dr. Biruta mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 12 Kanama 2020, yatangaje ko leta y’u Rwanda yagize ubushake bwo kohereza impunzi z’Abarundi, cyane ko mu bihe bya mbere ya Covid-19, byibuze yoherezaga 200 buri kwezi.
U Burundi bufite impunzi zibarirwa mu 430,000 ziri hanze. Muri zo harimo 72,007 ziri mu Rwanda, izigera ku 60,000 zose ziri mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba. Inyinshi muri izi mpunzi ni izahunze mu 2015.


