U Rwanda na Senegal bigiye gutangira gukora inkingo za COVID19, Malaria n’igituntu. Ibihugu byombi kuri uyu wa 26 Ukwakira 2021, byamaze gusinyana amasezerano n’ikigo BionTech ndetse na Banki y’Ishoramari y’u Burayi. Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, yagaragaje aya masezerano nk’intambwe ikomeye yo gutuma inzozi zo gukorera inkingo muri Afurika ziba impamo. Uruganda rukora inkingo ruzubakwa kuva muri Kamena mu 2022 mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Senegal, Aissata Tall Sall ashyira umukono ku masezerano Ruzuzura nyuma y’imyaka 2 rutwaye abarirwa muri miliyoni 100 z’amayero rufite ubushobozi bwo gukora inkingo zigera kuri miliyoni 50 ku mwaka.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije ubwo yashyiraga umukono ku masezerano



