U Rwanda rugiye kwakira doze zirenga 18,000 z’umuti uramira abazahajwe na Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Mutarama 2021, u Rwanda rwakira doze 18,000 z’imiti igabanya ubukana bw’icyorezo cya Covid-19, izaramira abo cyazahaje.

Yabivugiye mu kiganiro yagiriye ku kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) mu ijoro rya tariki ya 18 Mutarama 2021, cyakurikiye itangazwa ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri.

Dr. Ngamije yagize ati: “Ku wa Gatatu saa kumi n’imwe, imiti isaga 18,000 izaba igeze i Kanombe. Ubu turi gusesengura, dusuzuma abarwayi bose dufite aho tubavurira, ngo turebe niba bujuje ibisabwa na muganga kugira ngo tubashe kumuha umuti nk’uwo nguwo. Impyiko ze zirakora gute? Umwijima urakora gute? Ku buryo tuza kumuha umuti twizeye ko uza kumuvanayo, agasubira ku murongo.”

Byitezwe ko uyu muti uzagira uruhare runini mu kugabanya umubare w’abicwa n’iki cyorezo muri iki gihugu, bigaragara ko ukomeje kwiyongera kuva mu mpera z’umwaka w’2020.

U Rwanda mu bihugu bibiri bya mbere byiteguye kwakira urukingo rwa Covid-19 muri Afurika

Dr. Ngamije yavuze ko ku bijyanye n’imyiteguro yo kwakira urukingo rwa Covid-19, u Rwanda rwujuje byose bisabwa, yagereranya n’ibindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika, rukaza muri bibiri bya mbere.

Yakomeje ati: “Icya kabiri ni uko turimo kuzishakisha aho zibarizwa, n’Umukuru w’Igihugu abifitemo uruhare rukomeye cyane. Ari kudufasha kugira ngo uru rukingo ruboneke. Doze za mbere zizaboneka ziza mu gihugu , rwose zizashyikirizwa abazikeneye kurusha abandi nk’uko biteguwe muri gahunda nkuru yo gukwirakwiza urukingo mu baturage.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *