Tariki ya 31 Nyakanga 2020 ku mupaka wa Cyanika, u Rwanda rwakiriye umurambo w’Umunyarwanda wiciwe mu Karere ka Kisoro muri Uganda, akubiswe inyundo mu mutwe.
Uyu Munyarwanda witwa Mukiza yari asanzwe akorera akabari kitwa ‘Club de Zone’ aho yiciwe na mugenzi we witwa Kazungu Edison nyuma y’ubushyamirane bagiranye.
Erasmus Sanyu wari uhagarariye Uganda muri uyu muhango nk’uko Chimpreports yabitangaje, yavuze ko ababajwe n’urupfu rwa Mukiza wari usanganwe ubwitonzi. Gusa yemeje ko Kazungu wamwishe yatorotse, akaba agishakishwa.
U Rwanda narwo rwasabye Erasmus Sanyu gukomeza kurusangiza amakuru ajyanye na Kazungu ushakishwa.
Tariki ya 30 Nyakanga 2020 ni bwo ubuyobozi bwa Uganda bwamenyesheje u Rwanda ko Mukiza yishwe.


