Mu mujyi wa New Delhi mu Bihinde niho umusore w’imyaka 23 y’amavuko ufite inkomoko muri RD Congo, yishwe n’abasore 3 bamuteye amabuye n’amatafari.
Nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP, ku wa Gatanu tariki ya 20 Gicurasi 2016, nibwo uyu musore wari n’umwarimu yiciwe mu gace ka Vasant Kunj gaherereye mu mujyi wa New Delhi, n’ubwo bamwe babifashe nk’igikorwa cy’ironda ruhu (racisme) polisi yo yabiteye utwatsi.
Ishwar Singh, umuyobozi wa polisi wungirije mu majyepfo y’umujyi wa New Delhi avuga ko uyu musore watewe amabuye yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu ndetse ko n’umwe mu bamwishe ubu yatawe muri yombi ari nako bashakisha n’abandi.
Mu gihe hari amakuru avuga ko uyu musore wari ukiri na muto yishwe ahorwa uruhu rwe rwa kinyafurika, polisi yo irabihakana ivuga ko ntaho bihuriye.
Muri 203, umwirabura wakomokaga muri Nigeria yibasiriwe n’agatsiko k’abahinde mu gace ka Goa baramwica, icyo gihe ngo bakaba baramwishe bavuga ko abirabura ari nka cancer.
Mu mpera za Mutarama 2013, nabwo umunyeshuli w’umukobwa ukomoka muri Tanzania hamwe na bagenzi be bagabweho igitero imodoka barimo iratwikwa.
Mu 2014 nabwo ngo Minisitiri ushinzwe imiturire mu mujyi wa New Delhi yazanye abapolisi mu ijoro mu gace gakunzwe cyane muri uwo mujyi, bararara bahohotera Abanyafurika nyuma yo kugambanirwa n’abaturanyi babo bavuga ko bahinduye agace kabo ak’ubusambanyi.
Uru rwango Abanyafurika bakomeje kugaragarizwa ndetse bamwe banasesenguramo ivanguraruhu, bikekwa ko n’uyu mukongomani w’imyaka 23 arirwo yazize kugera aho yicishwa amabuye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com


