Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kuri uyu wa 20 Werurwe 2020 cyatangaje ko guhera kuri uyu wa 21 Werurwe ibikorwa by’ubukerarugendo n’ubushakashatsi pariki z’igihugu eshatu byasubitswe mu rwego rwo gukumira Coronavirus.
Ibi bikorwa byasubitswe muri Pariki y’Ibirunga na Nyungwe na Pariki za Gishwati-Mukura.
Ibi bikorwa birakomeza muri Pariki y’Akagera ariko hakomeze kubahirizwa amabwiriza ya Ministeri y’Ubuzima mu buryo bwo kwirinda iki cyorezo.



