Uburundi burasaba ko abasenyeri  gatolika bakweguzwa

Sangiza iyi nkuru

Leta y’Uburundi irasaba ko bamwe mu basenyeri ba Kiliziya Gatolika mu Burundi bakweguzwa kuko ngo bakwirakwiza inkuru z’urwango mu baturage.

Abasenyeri gatolika mu Burundi kuwa 22 Nyakanga uyu mwaka bashyize hanze itangazo rivugako Leta idaha umwanya ungana abatavuga rumwe nayo. Ni ubutumwa bwasomwe muri za kiliziya gatolika zose zo muri iki gihugu.

Iri tangazo ryamaganaga uburyo urubyiruko rwegamyiye ishyaka riri ku butegetsi (CNDD-FDD), imbonerakure zikora ibyo zishatse zihagarikiwe n’inzego z’umutekano.

Umujyananama wa Perezida Nkurunziza w’Uburundi mu by’Itumanaho, Willy Nyamitwe abinyujije kuri Twitter yavuze ko bamwe mu basenyeri gatolika bakwiye kweguzwa.

Ati “  Bamwe mu  basenyeri bakwiye kweguzwa. Ibi ni ukugira ngo badakomeza kubiba amacakubiri mu baturage.”

Capture 22

Nyamitwe avuga ko aba basenyeri ibi bintu babigize akamenyero igihe cyose amatora yegereje.

Kugeza ubu ntacyo Kiliziya Gatolika mu Burundi iratangaza ku magambo ya Willy Nyamitwe.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Umwuka mubi ukomeje kuvugwa hagati ya Kiliziya gatolika n’ubutegetsi bwa Nkurunziza mu gihe Uburundi buteganya amatora y’umukuru w’igihugu.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *