Tombora y’uko amakipe agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league, yasize ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage itomboye PSG yo mu Bufaransa, Real Madrid yo muri Espagne itombora Liverpool yo mu Bwongereza.
Ni tombora yaberaga i Nyon mu gihugu cy’Ubusuwisi.
Bayern Munich na PSG zaherukaga guhurira muri UEFA Champions league mu mwaka ushize, ubwo zahuriraga ku mukino wa nyuma wa ririya rushanwa warangiye Bayern itwaye igikombe ku gitego 1-0.
Liverpool na Real Madrid zo zaherukaga guhura muri 2018, ubwo zahuriraga ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league warangiye Real Madrid itsinze ibitego 3-1.
Tombora ya UEFA Champions league kandi yasize ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza itomboye FC Porto yo muri Portugal, Manchester City yo mu Bwongereza itombora Borussia Dortmund yo mu Budage.


