Imikino ya 1/8 cya UEFA Champions league irasubukurwa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri FC Barcelona yakira PSG yo mu Bufaransa, nk’umwe mu mikino itegerejwe n’abantu benshi.
Ni umukino iyi kipe y’i Paris isuramo FC Barcelona ku kibuga cyayo cya Camp Nou, mu gihe ibizi neza ko ari ikibuga kitajya kiyihira na gato.
Bwa nyuma iyi kipe igiherukaho byari muri Werurwe 2017, ikinyagirirwaho ibitego 6-1 byatumye isezererwa muri 1/4 cy’irangiza, nyamara mu mukino ubanza yari yaratsinze ibitego 4-0 byashoboraga gutuma ikomeza mu kiciro gikurikiraho.
Muri Champions league ya 2014/15 na bwo PSG yari yasuye FC Barcelona i Camp Nou, ihatsindirwa ibitego 2-0 byatumye isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 5-1.
Mu mwaka wa 2012/13 na bwo PSG yari yasuye Barça mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league, amakipe yombi anganya igitego 1-1 ndetse n’igiteranyo cy’ibitego 3-3, ariko FC Barcelona aba ari yo ikomeza kubera ibitego 2 yari yaratsindiye mu Bufaransa.
Muri 2016 ho amakipe yombi yahuriye Camp Nou mu mukino wo mu tsinda, PSG ihatsindirwa ibitego 3-1.
Kuri iyi ncuro amakipe yombi agiye guhura, yariyubatse mu buryo butandukanye, haba ku batoza ndetse n’abakinnyi mu mpande zose z’ikibuga.
Nka PSG y’umutoza Unai Emery ikorerwaho iriya remontada, yari ifite abakinnyi batarimo Neymar Jr, Kylian MbappĂ©, Keylor Navas, Mauro Icardi n’abandi.
Kuri iyi ncuro aba bakinnyi bose barahari, ibirenze ibyo banarangajwe imbere n’umutoza Mauricio Pochettino ufite umukoro wo gufasha PSG gusezerera bwa mbere FC Barcelona, n’ubwo nanone iyi kipe yamaze gutakaza abarimo Thiago Silva, Edinson Cavani n’abandi.
FC Barcelona ku rundi ruhande iraza kuba idafite abayifashishe gusezerera PSG nka Andres Iniesta, Luis Suarez, AndrĂ© Gomes, Neymar Jr, Ivan Rakitic n’abandi.
Cyakora cyo amasura mashya nka Antoine Griezmann, Ousmane DĂ©mbĂ©lĂ©, Frenkie de Jong, ClĂ©ment Lenglet, Pedri Gonzalez, Fransisco Trincao, Martin Braithwaite n’abandi, bari mu bahanzwe amaso.
Hejuru yabo hazaho umutoza Ronald Koeman ugomba kubyaza umusaruro Lionel Messi umeze neza akaba yabasha kubona impamba imbere ya PSG ishobora kuzamurokora umukino wo kwishyura.
FC Barcelona irasabwa kubyaza umusaruro icyuho cya Neymar na Di Maria
PSG irakina uyu mukino ibura abakinnyi bayo bakomeye, barangajwe imbere na Neymar Jr cyo kimwe n’umunya-Argentine Angel Di Maria.
Neymar yari yitezwe gukina bwa mbere ahanganye na FC Barcelona yahoze akinira, gusa aza kuvunikira mu mukino wa Coupe de France PSG iheruka gusezereramo Caen iyitsinze igitego 1-0.
Di Maria na we ntagaragara muri uyu mukino kubera imvune.
Abandi batagaragara muri uyu mukino ni Juan Benart wavunitse ivi, Dagba ufite ikibazo cy’itako na PembĂ©lĂ© urwaye.
FC Barcelona ku rundi ruhande iraba ibura Coutinho wavunitse ivi, Sergi Roberto ufite hamstring, Ansu Fati na Ronald AraĂşjo ufite ikibazo cy’akagombambari.
Abashidikanywaho ni Piqué ugifite imbaraga nke na Martin Braithwaite.
11 bashobora kubanza mu kibuga
FC Barcelona: Ter Stegen; Dest, Mingueza, Lenglet, Alba; De Jong, Busquets, Pedri; Messi, Griezmann na Dembélé.
PSG:Navas; Florenzi, Marquinhos, Kimpembe, Kurzawa; Gueye, Verratti, Paredes; Kean, Icardi, Mbappé.


