Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru i Burayi, UEFA yaciye amande abakinnyi batatu ba Real Madrid aribo: Kylian Mbappé, Antonio Rudiger na Dani Ceballos nyuma y’imyitwarire idakwiye bagaragaje mu mukino wa 1/8 cya UEFA Champions League batsinzemo Atletico Madrid.
Rudiger yaciwe amande y’ibihumbi 40 by’amayero nyuma yo gushyira ikiganza ku ijosi ry’umukinnyi, naho Mbappé yaciwe ibihumbi 30 by’amayero kubera ikimenyetso yakoze. Ceballos, utakinnye kubera imvune, yaciwe ibihumbi 20 by’amayero ku bwo guhangana n’abafana.
Mu gihe basubiyemo ayo makosa, bashobora guhagarikwa umukino umwe wa UEFA Champions League. Vinicius Junior we yagizwe umwere.



One Response
Umunyamakuru uvuze ubusa gusa!