Uganda: Abamotari bajyanye leta mu rukiko kubera kubabuza gukora muri Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Abakora umurimo wo gutwara abagenzi kuri moto muri Uganda bajyanye leta mu rukiko bayiziza kubabuza gukora mu gihe abandi bemerewe gukomeza ibikorwa byabo muri iki gihe cya Covid-19.

Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abatwara agagenzi kuri moto muri Uganda, kuri uyu wa Gatatu ryajyane ikirego mu Rukiko Rukuru rwa Kampala, barega Leta ya Uganda kutabaha ubufasha mu gihe batemerewe gusubukura imirimo.

Ishyirahamwe ry’abatwara abagenzi kuri moto muri Uganda rivuga ko leta yazanye ivangura mu bucuruzi bukorerwa muri iki gihugu. Bakomeza bavuga ko mu gihe bemereye abandi kongera gukora ariko bakurikiza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, bo bahejewe kandi ntibagire ubufasha budasanzwe bahabwa.

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yemeye ko imodoka zitwara abagenzi muri rusange zongera gukora, zitwara kimwe cya kabiri cy’ubushobozi bwazo kugira ngo abantu bategerana. Hamwe n’ibindi bikorwa bitandukanye by’ubucuruzi byemerewe kongera gufungura imiryango hubahiriza amabwiriza yashyizweho na Minisiteri y’Ubuzima.

Minisiteri y’ubuzima muri Uganda yavuze ko byaba ari kare cyane kwemerera abatwara abantu kuri moto kongera gukora. Dr Henry Mwebesa uhagarariye ikigo cy’ubuzima muri Uganda avuga ko kwemerera abamotari gukora bicyigwaho cyane ko hari abagaragaje impungenge ko kuri moto muri Uganda usanga nta mwanya munini uba uri hagati y’umugenzi n’umumotari.

Abakora uyu murimo wo gutwara abantu kuri moto bamaze iminsi bamagana icyo cyemezo. Bavuga ko Guverinoma nta bufasha bwihariye ibagenera bwo kubatunga muri iki gihe bugarijwe n’ubukene.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *