Uganda: Eddy Kenzo n’abandi 230 bari baraheze mu mahanga kubera Covid-19 bafashijwe gutaha

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Edrisah Musuuza wamenyekanye nka Eddy Kenzo n’abandi banya-Uganda 232 bari barahejejwe mu mahanga n’ihagarikwa ry’ingendo z’indege ryatewe na Covid-19 bafashijwe gutaha.

Aba banya-Uganda basesekaye ku kibuga cy’indege cya Entebbe saa 3:30 z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Mu ndege ya Ugandan Airlines, Kenzo yageze ku kibuga ari kumwe n’abandi bantu 64 bakomoka mu bihugu bya Nigeria, Ghana, Cameroon na Côte d’Ivoire .

Eddy Kenzo yari yaraheze mu burengerazuba bwa Afurika kuva mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka aho yari yaragiye gukorera ibitaramo ubwo ibihugu by’inshi byatangazaga ko bihagaritse ingendo z’indege mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19.

Kenzo n’abo batahanye buri wese yasabwe kwishyura $1,376 angana na miliyoni 5 z’amashilingi ya Uganda. Abafana b’umuhanzi Eddy Kenzo bari bageze ku kibuga cy’indege Entebbe kuva saa 20:00 z’umugoroba, gusa abapolisi babasaba gutaha kuko isaha yo kuba umuntu ari mu rugo yari yegereje.

Umuhanzi Eddy kenzo yakomeje gusaba Leta ko yabafasha gutaha abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha. Ni nyuma yaho yagaragazaga ko imirire yo mu burengerazuba bwa Afurika yamugoye .

Si Eddy Kenzo wenyine kuko igihugu cya Uganda kibinyujije muri Ambasade zacyo mu mahanga gikomeje kugenda cyohereza indege zo gucyura abanya- Uganda bahejejwe imanga na Covid-19. Ku munsi w’ejo na none, indege y’ikigo Uganda Ailines yacyuye abanya-Uganda bagera ku 139 bari baraheze mu gihugu cya Qatar .

Kuva mu kwezi kwa Kamena, Uganda imaze gufasha abaturage bayo bari baraheze mu mahanga bagera ku 2,154 gutahuka Umubare munini wabo ni abanyeshuri bigaga mu bihugu by’amahanga.

Nk’ibisanzwe kandi abaje bose bashyirwa mu kato mu gihe cy’iminsi 14 kugira ngo barebe ko nta bwandu bwa koronavirusi bafite.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *