Uganda: Gen. Kayihura aracyategereje gukurirwaho ibirego nk’uko Museveni yabisezeranyije

Sangiza iyi nkuru

Amezi ane nyuma y’uko Perezida Museveni yiyemeje guhagarika ibirego biregwa uwahoze ari umuyobozi w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura, imbere y’urukiko rukuru rwa Gisirikare, ntabwo birashyirwa mu bikorwa.

Amakuru aturuka mu rukiko rwa gisirikare rufite icyicaro i Makindye agera ku kinyamakuru Daily Monitor mu mpera z’icyumweru gishize, avuga ko nta mabwiriza bahawe yo guhagarika ibirego biregwa Gen Kayihura.

Uwatanze amakuru ati: “Kuva Gen Kayihura yafungurwa by’agateganyo, yagiye yitaba urukiko kandi nk’urukiko, twongereye ifungurwa rye ry’agateganyo kugirango ajye abasha kujya aho ashaka. Nta mabwiriza yo guhagarika ibirego ”.

Muri Mutarama, ubwo yari mu nzira yo kwiyamamaza mu Karere ka Kisoro, Perezida Museveni yasezeranyije abayobozi b’ishyaka rya NRM muri ako karere ko azatekereza ku kubabarira Gen Kayihura.

Ku ya 24 Kanama 2018, Kayihura yashinjwe mu rukiko rwa gisirikare kuba atararinze ibikoresho by’intambara, kutagenzura abapolisi no gushimuta.

Ubushinjacyaha buvuga ko hagati ya 2010 na 2018, mu bihe bitandukanye, Gen Kayihura yahaye imbunda abantu batabifitiye uburenganzira cyane cyane abanyamuryango ba Boda-Boda 2010 bayobowe na Abdullah Kitatta, wahamwe n’ibyaha nk’ibyo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *