Kaminuza yamaganye amakuru avuga ko yigisha ibijyanye n’ubupfumu no kuroga

Kaminuza ya Machakos muri Kenya, yamaganye amakuru akomeje gukwirakwira avuga ko yatangiye kwigisha amasomo ajyanye n’ubupfumu n’uburozi. Aya makuru yabanje gutangazwa n’igitangazamakuru cyo muri Tanzania cyitwa Daily News Digital, cyavugaga ko Kaminuza ya Machakos izajya yigisha aya masomo mu gihe cy’imyaka ine. Daily News yavuze ko kandi nyuma y’iyi myaka abanyeshuri biga aya masomo, bazajya […]

Ubwoko bwa Covid-19 yayogoje u Buhinde bwageze mu gihugu gituranye n’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyatangaje ko cyagaragayemo ubwoko bwa Covid-19 bwo mu gihugu c’Ubuhinde, uwuyirwaye akaba ari kuvurwa mu bitaro bya National Referral Hospital. Uganda igaragayemo ubu bwoko bwa Coronavirus, bwazahaje u Buhinde nyuma ya Nigeria, Ubwongereza na Afrika y’epfo. Umuyobozi nshingwabikorwa w’Ikigo cyo muri Uganda gishinzwe indwara zandura, Dr. Pontiano Kaleebu, yavuze ko kugeza ubu […]

Kenya igiye gufunga inkambi zirimo impunzi z’Abanyarwanda

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Kenya, Fred Matiang’i yatangaje ko yabwiye ukuriye ishami rya ONU ryita ku mpunzi gahunda ya Kenya yo gufunga inkambi za Dadaab na Kakuma bitarenze tariki 30/06/2022, zibarizwamo abarimo Abanyarwanda. Umukuru wa UNHCR, Filippo Grandi ari mu ruzinduko mu Rwanda yabwiye abanyamakuru ko “Kenya itagiye gufunga inkambi z’impunzi za Dadaab na Kakuma […]

Uko umutwe wa FLN wagiye wunguka abarwanyi b’abakobwa

Urubanza rwa Paul Rusesabagina na bagenzi be 20 bareganwa ibyaha byakozwe n’umutwe wa FLN, rwakomeje kuri uyu wa Kane, nyuma y’umunsi umwe hagaragajwe uko abarwanyi b’abakobwa binjijwe muri uriya mutwe. Abareganwa na Rusesabagina barimo Angeline Mukandutiye ari na we mugore rukumbi uri muri ruriya rubanza. Ubwo ruriya rubanza rwakomezaga ku wa Gatatu, umushinjacyaha Dushimimana Claudine […]

Nyuma y’ifatwa rya Mugabo n’itoroka rya Numbi, hahishuwe uko abapolisi bishe Chebeya n’umushoferi we

sadam.jpg

Ubutabera bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwabyukije dosiye y’urupfu rw’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Floribert Chebeya n’umushoferi we Fidele Bazana bishwe muri Kamena 2010. Urupfu rwa bombi ruravugwamo abapolisi bakuru ndetse n’abari abarinzi babo, muri bo hakaba haherutse gutabwa muri yombi uwitwa Jacques Mugabo; na ho uwari Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Gen. John Numbi […]

Uganda: Gen. Kayihura aracyategereje gukurirwaho ibirego nk’uko Museveni yabisezeranyije

Amezi ane nyuma y’uko Perezida Museveni yiyemeje guhagarika ibirego biregwa uwahoze ari umuyobozi w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura, imbere y’urukiko rukuru rwa Gisirikare, ntabwo birashyirwa mu bikorwa. Amakuru aturuka mu rukiko rwa gisirikare rufite icyicaro i Makindye agera ku kinyamakuru Daily Monitor mu mpera z’icyumweru gishize, avuga ko nta mabwiriza bahawe yo guhagarika ibirego biregwa Gen […]

Urubanza rw’abafatanwe na Kizito rwasubitswe ku nshuro ya gatatu

Nyuma yo gufatwa bagafungwa mu kwezi kwa kabiri 2020 hamwe n’umuhanzi Kizito Mihigo, abagabo batatu barimo uwari umukozi w’uyu muhanzi kuri uyu wa 29 Mata, urubanza rwabo rwasubitwe ku nshuro ya gatatu. Urubanza rwa Innocent Harerimana, Joel Ngayabahiga na Jean Bosco Ndikumana wari umukozi wa Kizito Mihigo rumaze gusubikwa inshuro eshatu kuva mu kwezi kwa […]

Burundi: Umupasiteri ukomoka muri Benin yishwe n’abo bikekwa ko ari Imbonerakure

Umugabo ukomoka mu gihugu cya Benin witwa Franck Nyandaka, usanzwe ari n’umushumba w’itorero mu gihugu cy’u Burundi, kuwa Kabiri ushize yasanzwe ku nkombe z’uruzi rwa Rusizi yapfuye, aho abo mu muryango we batunga urutoko urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi ruzwi nk’Imbonerakure. Ibi byabereye muri Komini Buganda, mu Ntara ya Cibitoke, mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, […]

Umusaza warwanye Intambara ya Kabiri y’Isi yashimiye Perezida Kagame wamukenuye

Umusaza witwa Nyagashotsi Epimaque uri mu Banyarwanda mbarwa barwanye Intambara ya Kabiri y’Isi, yashimiye Perezida Paul Kagame nyuma yo kubakirwa inzu igezweho ndetse akanahabwa inka ihaka. Muri Gashyantare ni bwo uyu mukambwe w’imyaka 101 y’amavuko yagaragaye yinubira ubuzima abayemo, avuga ko butabereye umusirikare warwanye Intambara ya Kabiri y’Isi. Ku wa Gatatu tariki ya 28 Mata […]

Maroc–UE: Le Parlement européen souligne le caractère stratégique des relations et recommande davantage de soutien au Royaume

Le Parlement européen a souligné, le 28 avril 2021, le caractère stratégique des relations entre le Maroc et le l’Union Européenne (UE) et recommandé davantage de soutien au Royaume. Selon un rapport de décharge de l’exécution du budget général de l’UE pour l’exercice 2019 adopté en plénière, le Parlement européen a estimé que les fonds […]

Ronaldo arishyuzwa miliyoni 56 z’Amapound y’indishyi y’umushinja ihohotera rishingiye ku gitsina

Uwahoze ari umunyamideli washinje umukinnyi w’icyamamare, Cristiano Ronaldo kumukorera ihohotera rishingiye ku gitsina arasaba indishyi zingana na miliyoni 56 z’Ama Pound. Kathryn Mayorga w’imyaka 37 y’amavuko arasaba miliyoni 18 z’amapound kubera ‘ububabare ‘ bwashize, miliyoni 18 z’amapound kubera ‘ububabare bwo mu bihe biri imbere’ ndetse n’andi miliyoni 18 z’amapound y’indishyi z’akababaro, nk’uko inyandiko z’urukiko zabonwe […]

EAC: U Rwanda ku mwanya wa kabiri mu kugira interineti ihendutse

U Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri mu kugira interineti ihendutse mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC. Bigaragara muri raporo nshya ya ‘Worldwide Mobile Data Pricing 2021’ yakozwe n’ikigo cy’ikoranabuhanga cyo mu Bwongereza cyitwa Cable. Iyi raporo igaragaza amakuru yakusanyijwe akanasesengurwa kuva tariki ya 8 Ukuboza 2020 kugeza tariki ya 25 Gashyantare 2021, […]

Tchad: Imirwano yubuwe hagati y’ingabo za leta n’inyeshyamba zirukanwe muri Niger

Amakuru aturuka mu gihugu cya Tchad aravuga iyubura ry’imirwano mu majyaruguru hagati y’umutwe wa FACT n’ingazo za leta ziyemeje kurandura izi nyeshyamba nyuma y’urupfu rwa Perezida Idriss deby Itno. Intego y’ingabo za Tchad zohereje ubufasha bwinshi kuva kuwa kabiri, itariki 27 Mata, ni ugufata inyeshyamba za FACT zari zahungiye muri Niger nyuma y’imirwano ikaze yo […]

Burundi: Barasaba ko ubwicanyi bwo mu 1972 bwakwemezwa nka ‘Jenoside yakorewe Abahutu’

Abarokotse ubwicanyi bwibasiye igihugu cy’u Burundi mu 1972, barasaba ko bwakwemezwa nka ‘Jenoside yakorewe Abahutu’. Kuva u Burundi bwabona ubwigenge mu 1962 bwagiye burangwa n’ubwicanyi bushingiye ku moko, gusa ubwamenyekanye cyane ni ubwo mu 1972 bivugwa ko bwibasiye cyane abo mu Bwoko bw’Abahutu. Nta mubare wa nyawo w’abaguye muri buriya bwicanyi uzwi, gusa bivugwa ko […]

Gen Muhima wa FARDC avugwaho gutera inkunga abica Abanyamulenge

Hari amakuru ko umwe mu bajenerali muri FARDC witwa Muhima Dieudonne, Umuhutu ukomoka muri Rutshuru yaba ari we ufasha Mai-Mai na Red Tabara, bakomeje kuyogoza ibintu mu bice birimo Abanyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo. Ikinyamakuru, Mulenge Today News kivuga ko Gen Muhima kuva mu myaka itatu ishize, ari we wagiye aha intwaro abica Abanyamaulenge, nabo bakamuha […]

Minisitiri akwiye kurara muri gereza kugira ngo yumve ingorane z’abafungiwemo_Umudepite muri Tanzania

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Godwin Kunambi yavuze ko niba Minisitiri asuye gereza, agomba kuraramo byibuze ijoro rimwe kugira ngo yumve ingorane abafungiwemo bahura nazo. Yabibwiye Minisitiri ushinzwe Itegekonshinga, John Palamagamba Kabudi, waganiraga n’abagize Inteko ya Tanzania kuri uyu wa 28 Mata 2021. Depite Kunambi yavuze ko Minisitiri atajya […]

Nyamasheke: Bamaze imyaka isaga 10 bishyuza ingurane y’ubutaka bambuwe

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Karambi, Akarere ka Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba bavuga ko bamaze imyaka isaga 10 bategereje ingurane y’ubutaka bwabo leta yabambuye ariko amaso yaheze mu kirere. Abo bavuga ko ayo masambu bayambuwe babwirwa ko ari aha leta nyamara n’aho bagaragarije ibyangombwa by’uko bahahawe bakaba batahasubizwa. Bivugwa ko iki kibazo cyatangiye […]

Kigali: Bamwe mu bubatse imiturirwa baratakamba

Bamwe mu bubatse imiturirwa yo gukodesha abakora ubucuruzi mu mujyi wa Kigali, barasaba Leta ubufasha kuko ngo bari kunanirwa kwishyura inguzanyo bafashe mu bigo by’imari. Iki kibazo bakigejeje kuri Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney ubwo yasuraga ibikorwa by’iterambere muri uyu mujyi, kuri uyu wa 28 Mata 2021. Nk’uko RBA yabitangaje, aba bashoramari bagejeje […]

Rutsiro: Umugabo ukekwaho kwicisha umugore we umwase yafashwe

Polisi y’u Rwanda mu gitondo cy’uyu wa 29 Mata 2021 yatangaje ko yataye muri yombi umugabo witwa Uwimana Jean Pierre ikeka ko yishe umugore we, amukubise umwase mu mutwe. Uyu mugabo yafatiwe mu Murenge wa Murunda w’Akarere ka Rutsiro nk’uko Polisi ikomeza ibyemeza. Ku rubuga rwa Twitter, yagize iti: “Twafashe Uwimana Jean Pierre ukekwaho kwica […]

RDC: Abakinnyi ba TP Mazembe bakubiswe izakabwana nyuma yo gutsinda Sanga Balende

180247218_433313134351712_1903882798463856922_n.jpg

Abakinnyi b’ikipe ya TP Mazembe bakubiswe n’abafana ba Sanga Balende kuri uyu wa Gatatu ubwo basohokaga muri Stade ya Kashala Bonzola yo muri Mbuji Mayi, nyuma yo gutsinda iyi kipe igitego kimwe ku busa. Abakinnyi ba Mazembe batatu nibo bibasiwe ubwo bajyaga ku kibuga cy’indege ngo basubire I Lubumbashi. Abo ni myugariro, Kabasso Chongo, wakomerekejwe […]

Nigeria yasabwe gufungura umugabo utemera Imana

Akanama k’impuguke z’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) kasabye abategetsi ba Nigeria gufungura umugabo ukomeye uzwiho guharanira ubumuntu no kutemera Imana umaze umwaka umwe afunzwe. Mubarak Bala w’imyaka 36, yafunzwe nyuma y’ikirego cyatanzwe kuri polisi muri leta ya Kano mu majyaruguru y’igihugu, kivuga ko yatutse Intumwa y’Imana Mohammed mu butumwa yatangaje kuri Facebook. Mu itangazo impuguke za ONU […]