Uganda: Hafashwe abakwirakwizaga inyandiko zisebya Perezida Museveni

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda muri Masaka cyataye muri yombi abantu babiri bashinjwa gukwirakwiza inyandiko ziriho ubutumwa busebya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni bumaze imyaka 35.

Izi nyandiko z’iroza ziriho ifoto ya Museveni iciyemo umusaraba zatangiye gukwirakwizwa mu cyumweru gishize mu Mujyi wa Masaka.

Izi nyandiko kandi ziriho ubutumwa bwita Perezida Museveni umunyagitugu ndetse bushinja ubutegetsi bwe kuba bwarananiwe kurangiza ubukene, icyenewabo, ubwicanyi bukorwa n’inzego za leta no guhonyora uburenganzira bwa muntu.

Ubwo ubu butumwa bwakwirakwijwe nyuma y’igihe gito Komisiyo y’igihugu y’amatora iherutse kwemeza bidasubirwaho ntsinzi ya Perezida Yoweri Museveni mu matora yabaye ku itariki 14 Mutarama 2021 nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Umuvugizi w’Igipolisi muri Masaka, Muhammad Nsubuga, yavuze ko abantu babiri batawe muri yombi, bakoreraga mu itsinda ry’abantu basaga 10 bacuze umugambi wo gukwirakwiza izi nyandiko.

Ati “Twakoresheje camera zishinzwe umutekano z’umujyi mu iperereza ryacu ndetse n’amakuru y’ubutasi yavuye mu baturage bireba n’abacuruzi mu kumenya abakekwa”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *