Itsinda ry’abashinzwe umutekano riri gukora iperereza ku mfungwa zatorotse gereza mu gace ka Arua ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu hakaba hararashwemo bane bagahita bapfa.
Umuyobozi wa Polisi mu gace ka West Nile SP Josephine Angucia yabwiye Chimpreports ko aba bagororwa mbere yo gutoroka babanje gukuramo imyambaro ya gereza.Yagize ati”Bane muri bo bararashwe bahita bapfa mu gihe abandi batanu bafashwe bakaba bagiye guhatwa ibibazo.”
SP Josephine akomeza avuga ko uretse aba bapfuye n’abarashwe hagishakishwa abandi batorotse kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera kuko n’ubwo hataramenyekana umubare wa nyawo w’abatorotse Polisi yafashe imyenda 30 y’imfungwa.
Polisi yatangarije Chimpreports ko nta mucungagereza wahakomerekeye cyangwa ngo hagire intwaro zibirwa muri iki gikorwa.
Hari andi makuru avuga ko uku gutoroka ari igikorwa cyagizwemo uruhare n’agatsiko k’abagizi ba nabi bashakaga kubohoza mugenzi wa bo waruherutse gufungwa.


