Uganda na DR.Congo byategujwe ubushyuhe bukabije

Sangiza iyi nkuru

Raporo nshya ya kaminuza ya Oxford ivuga ko Uganda, Sudani y’Amajyepfo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biri mu bihugu by’Afurika bishobora kwibasirwa n’ubushyuhe bukabije biturutse ku ihindagurika ry’ikirere.

Isesengura ry’isi yose ryanzuye ko ibihugu bya Afurika bitari bifite gusa ubukonje bukabije mu mateka, hagati ya 2009 na 2018, ariko kandi bizahura n’ubwiyongere bukabije bw’ubushyuhe niba umubumbe w’isi waba ushyushye kuri 2ºC.

Usibye Uganda, ibindi bihugu by’Afurika byugarijwe n’ubushyuhe ni Repubulika ya Centrafrique, Burkina Faso, Mali, Sudani y’Amajyepfo, Nijeriya, Kongo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Tchad, na Kameruni.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza, Afurika izabona ubwiyongere bukabije bw’ubushyuhe muri rusange bityo hakaba hakenewe cyane ubukonje nibura ku kigero 2.0ºC.Nk’uko ubushakashatsi bubyerekana, ibindi bihugu bitari bisanzwe byitegura kongera ubushyuhe nabyo bizagerwaho cyane bizagerwaho n’ingaruka z’ubwo bwiyongera niba intego zo kurengera ikirere zabuze.

Dr Radhika Khosla, umwarimu wungirije mu ishuri rya Smith ry’imishinga, Dr Radhika Khosla yagize yabigarutseho avuga ko bizateza impagarara.Ati”Ni ikimenyetso cyerekana kandi ko Afurika ifite ikibazo kinini batateje, ibyo bikaba bigomba kurushaho gushimangira ubutabera bw’ikirere n’uburinganire kugirango isi irusheho kumererwa neza. ”

Muri ubwo buryo nyene, Dr Nicole Miranda, Umushakashatsi Mukuru muri kaminuza ya Oxford akaba n’umwe mu bagize gahunda ya Oxford Martin ku bijyanye n’isanzure, avuga ko hari ibyerekana ko ibihugu bimaze guhura n’ubushyuhe bukabije nk’ibiri mu turere dushyuha bizabona ubwiyongere bukabije kuva ku kigero cya1.5ºC bugera kuri 2.0ºC.

Ubushyuhe bukabije bushobora gutera umwuma, umunaniro ukabije, ndetse no gupfa, cyane cyane mubantu batishoboye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *