Leta ya Uganda yafunguye abahanzi b’Abanya-Nigeria, Stanley Omah Didia uzwi nka Omah Lay na Temilade Openiyi uzwi nka Tems, nyuma y’amasaha make umuhanzi akaba n’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) abashakiye ababunganira mu mategeko.
Aba bose bombi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Uganda tariki ya 13 Ukuboza 2020 bashinjwa kwica itegeko No 171 rirebana no gukumira indwara yandura.
Ni nyuma y’aho Omah Lay na Tems bari baririmbiye mu gitaramo batumiwemo mu mujyi wa Kampala, bagashinjwa kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, hiyongereyemo abandi Bagande bafunganwe.
Umucamanza Mukuru w’Urukiko Rukuru rwa Makindye, Okumu Jude Muwone ni we wategetse ko aba bafungurwa, nyuma yo kubahuraho iki kirego. Ati: “Ikirego cy’abaregwa…cyabahanguweho.”
Ifungwa ryabo ryahagurukije abahanzi batandukanye ku mugabane wa Afurika, cyane cyane muri Uganda no muri Nigeria; aho bavugaga ko bakwiriye gufungurwa kuko barenganyijwe. Omah Lay we yagaragaje ko ashaka ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yakwinjira mu kibazo cye.
Omah Lay wababajwe no gufungwa, yanditse kuri Twitter kuri uyu wa 14 Ukuboza ati: “Ndi umuririmbyi ugerageza gususurutsa, kubera iki nazirikiwe muri Uganda? …Ntabwo nateguye igitaramo, nagiye ku rubyiniro, mbona abafana maze ndabaririmbira.” Yongeraho ati: “Kubera iki Uganda itemere ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria ibyinjiramo. Bagerageje ibishoboka ngo tudafungurwa.”
Mu bahanzi bamaganye itabwa muri yombi ryabo, harimo Bobi Wine na Ykee Benda bo muri Uganda n’ibyamamare hafi ya byose byo muri Nigeria nka Davido, Wizkid, Patoranking, Burna Boy n’abandi.
Ubwo Bobi Wine yari amaze kubona impapuro zitegeka ko aba bombi bafungurwa, yatangaje ko yari yamaze kubashakira ababunganira mu mategeko kugira ngo bafashe kuburana urubanza rw’icyaha bari bashinjwaga.
Yagize ati: “Uyu munsi natangaje ko abanyamategeko banjye bunganira Omah Lay, Tems n’Abagande bashinjwa. Nshimishijwe no kubona ibirego bitemewe kandi bidafututse bikuweho.”


