Uganda: Polisi iri guhiga bukware umuhanzi Pallaso watorokanye amapingu yayo

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’i Kampala muri Uganda, iri guhiga umuhanzi wo muri icyo gihugu, Pius Mayanja bita Pallaso, ushinjwa kwica amabwiriza yo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 yafatwa akanga gutabwa muri yombi.

ChimpReports yavuze ko uyu muhanzi yaburiwe irengero anambaye amapingu ya Polisi nyuma yo kuyicika.

Raporo ya Polisi ya Uganda ivuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu, Polisi ikorera mu gace ka Makindye yatabajwe n’abaturage b’ahitwa Luwafu, bavuga ko hari itsinda ry’abantu b’intakoreka bateraniye mu rugo rw’umuhanzi Pallaso bari kubabangamira.

Umuvugizi wungirije wa Polisi Uganda muri Kampala, ASP Luke Owoyesigire, yavuze ko Ikipe ya’abapolisi yahise yihutira kugera aho yari itabajwe igasanga ibyo yahamagarijwe ari ukuri.

Ati: “Hari hateraniye itsinda ry’abantu barenga 30 bacuranga umuziki uranguruye, banywa kandi batakurikije amabwiriza y’ubwirinzi yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima agenga amasaha y’umukwabu ndetse no guterana.”

Owoyesigire yavuze ko umuyobozi wa Polisi n’itsinda yari ayoboye bakigera kuri Pallaso n’itsinda bari kumwe babasabye kugabanya umuziki banabibutsa amabwiriza yo kwirinda Covid-19, abandi batangira gutera amahane. Yavuze ko imyitwarire umuhanzi Pallaso yagaragaje ari yo yatumye Polisi ishaka kumuta muri yombi we na Henery Kasozi bari hamwe.
Oweyisigire yunzemo ko”Mu gihe Kasozi yatabwaga muri yombi, Palaso yahise acikana amapingu ya Polisi, kuri ubu Polisi iramushakisha ku byaha aregwa byo gutoroka gereza yemewe n’amategeko no kubangamira abandi.”

Henry Kasozi wari hamwe n’umuhanzi Pallaso afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Katwe, mu gihe Polisi igitegereje kumushyikiriza ubushinjacyaha.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Uganda: Polisi iri guhiga bukware umuhanzi Pallaso watorokanye amapingu yayo
    ibi bintu abaga de banywa bazabireka koko

  2. Uganda: Polisi iri guhiga bukware umuhanzi Pallaso watorokanye amapingu yayo
    ibi bintu abaga de banywa bazabireka koko

  3. Uganda: Polisi iri guhiga bukware umuhanzi Pallaso watorokanye amapingu yayo
    ibi bintu abagande banywa bazabireka koko( ibiyobyabwenge)

  4. Uganda: Polisi iri guhiga bukware umuhanzi Pallaso watorokanye amapingu yayo
    ibi bintu abagande banywa bazabireka koko( ibiyobyabwenge)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *