Urwego rwa Uganda Rushinzwe iperereza ku byaha (CID), ruri gukora iperereza kuri Taban Idi Amin usanzwe ari umuhungu wa Idi Amin Dada wabaye Perezida wa kiriya gihugu, kubera akayabo k’amashiringi ashinjwa kugira uruhare mu kunyereza.
Taban Idi Amin usanzwe ari inkoramutima ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, asanzwe ari Umuyobozi wungirije w’Urwego rwa Uganda Rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO).
Umuvugizi wa CID, Charles Twiine, yatangaje ko Amin yagize uruhare mu buriganya bwatumye Abanyamerika baba muri Uganda banyereza abarirwa muri miliyoni 8 z’amadorali ya Amerika (miliyari 30 z’amashiringi).
Twiine abinyujije kuri Twitter ye yagize ati: “Abashinzwe iperereza ku kicaro gikuru cya CID, bari guhata ibibazo Taban Amin kubera uruhare ashinjwa kugira mu buriganya bwatumye Abanyamerika banyereza miliyoni 8 z’amadorali ya Amerika”.
Mu Ukwakira umwaka ushize ni bwo Perezida Museveni yagize Thaban Umuyobozi wungirije wa ISO, nyuma yo kwirukana Col Kaka Bagyenda wari Umuyobozi wayo mukuru akamusimbuza Lt Col Charles Oluka.
Icyo gihe ishyirwaho rya Taban ryateje urujijo mu nzego z’umutekano, bijyanye n’uko umujyanama mukuru wa perezida Museveni mu bya gisirikare, Lt Gen Proscovia Nalweyiso, yari yatangaje ko Maj Emmy Katabazi ari we wagombaga kuba umuyobozi wungirije mushya wa ISO.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


