Igipolisi cya Uganda muri Karere ka Kanungu biravugwa ko kiri gukora iperereza ku rupfu rw’uwitwa Kembabazi Novious, wari umukozi wo mu kabari kitwa Green Tree Bar and Lodges gaherereye mu Mujyi wa Butogota bivugwa yishwe n’umunyarwandakazi.
Urubuga commandonepost dukesha iyi nkuru rutavugwaho rumwe, aho rukunze gushinjwa gukoreshwa n’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, CMI, ahanini mu kuvuga nabi u Rwanda, ruvuga ko Umunyarwandakazi ushinjwa ubwicanyi ari uwitwa Cyuzuzo Sandra w’imyaka 24 nawe ukora muri ako kabari.
Ruravuga ko ubwo Cyuzuzo yari mu cyumba acumbitsemo cyo muri aka kabari yarwanye n’uwo mugenzi we bakorana, Kembabazi akamutera icyuma ku ijosi ku mpamvu zitaramenyekana.
Umuvugizi wa polisi muri Kigezi, Elly Maate, yavuze ko uwatewe icyuma yihutanwe ku Bitaro bya Bwindi, aho yaje gupfira.
uyu muvugizi wa polisi yongeyeho ko umuyobozi w’aka kabari, Tumwebaze Calvin, nawe yafashwe ngo afashe mu iperereza akaba ari kuri station ya polisi ya Butogota.
Uru rubuga rwa commandonepost twababwira ko ari narwo rwari rwakwirakwije amakuru avuga ko umusirikare wa Uganda wasubijwe mu gihugu cye kuri iki cyumweru gishize, yari yashimuswe n’ingabo z’u Rwanda mu gihe we yiyemereye ko yafashwe yarenze umupaka atabizi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


