Urugomo rukorerwa abashinzwe umutekano bari gukaza ingamba zo gukumira indwara ya Covid-19 rurakomeje muri Uganda, bigera aho kuri uyu wa 11 Mata 2020 umuturage akubita umusirikare akamuvanamo ijisho ry’iburyo.
Byabereye mu Karere ka Amuru mu isoko ryitwa Bibia mu masaha y’umugoroba, ubwo uyu muturage witwa Stephen Olibia asumira Pte Alex Niwanyine warindaga Komiseri w’aka karere, usanzwe ubarizwa muri Batayo ya 71.
Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire mu gushimangira aya makuru kuri Twitter yagize ati: “Yatakaje ijisho ubwo yakubitirwaga muri Bibia akaza amabwiriza yo gukumira Covid-19.”
Gen. Karemire yavuze ko Stephen Olibia yamaze gutabwa muri yombi, akaba afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi muri Amuru.
Abaturage bakomeje kurangwa n’urugomo muri iki gihe cyo guhangana na Covid-19. Bakunze gukora ibikorwa bigayitse birimo gutera amabuye abo mu nzego z’umutekano barimo ingabo, abapolisi ndetse na LDU (Local Defense Unit).
Gen. Karemire mu nkuru ya Chimp Reports ati: “Twakomeje kwakira amakuru y’abatera amabuye ku nzego z’umutekano ziri ku burinzi mu turere twa Kabale, Rukiga, Isingiro mu burengerazuba bwa Uganda, Moroto ndetse no mu duce nka Busia.” Yakomeje avuga ko batazihanganira uru rugomo rukorerwa abo mu nzego z’umutekano bari mu kazi kabo, uzafatwa, azahabwa ibihano bikomeye.
Tariki ya 3 Mata 2020 na none, Gen. Karemire yihanangirije abaturage bitwara nabi muri iki gihe, bagatera amabuye abasirikare, abapolisi ndetse na LDU bari ku burinzi. Iri tangazo ryihanangirizaga kandi abantu batari muri izi nzego eshatu baziyitirira maze bagahohotera abaturage.
Ikibazo cyo guhohotera abaturage kijyanye n’imyitwarire idahwitse y’abo muri izi nzego eshatu zahawe uburenganzira bwo gukaza amabwiriza, aho bamwe mu bazigize bagaragaye bahohotera abaturage, babakubita ndetse bakabakorera ibindi bikobwa bikojeje isoni. Bamwe muri bo barafashwe barafungwa ku itegeko rya Perezida Museveni. Izi nzego kandi zohererejwe abagenzura imyitwarire yazo muri iki gikorwa bazwi nka ‘Military Police’ kugira ngo uzafatwa yitwara mu buryo buhabanye n’ubwo yategetswe, atabwe muri yombi.
Aya ni amafoto Gen. Karemire yashyize hanze agaragaza uburyo Pte Niwanyine yasuwe n’abayobozi barimo uw’igisirikare






