Abarwayi n’abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Kakindo IV bakangaranye nyuma y’aho umugore wari urwarije abana be babiri muri iri vuriro yarishimutirwagamo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ushize, agafatwa ku ngufu akanicwa.
Umurambo wa Constance Kyasimiire wasanzwe washyinuwe igice mu busitani buri mu Kagari ka Kyakachwende, mu Mujyi wa Kakindo nyuma y’amasaha aburiwe irengero ashakishwa n’umugabo we n’abandi baturage.
Uyu mubyeyi w’imyaka 38 utuye mu mudugudu wa Kiryabukurura, yari arwaje abana be babiri bakiriwe mu ivuriro rivugwa kuwa Kabiri ushize mbere y’uko ashimutwa n’abantu bataramenyekana.
Umugabo wa Kyasimiire, Christopher Twinamasiko, wari wasigaye ku rugo n’abandi bana babo bane, avuga ko yakiriye telephone saa saba z’ijoro kuwa Kane imubwira ko umugore we yabuze.
Yahise atangira kumushakisha afatanyije n’abandi ijoro ryose, baza kubona umurambo w’umugore we nyuma y’amasaha menshi nk’uko iyi nkurudukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.
Twinamasiko yagize ati “Umugore wanjye yari yagiye ku kigo nderabuzima kwita ku bana bacu barwaye. Nakiriye telephone ahagana mu ma saa saba z’abantu bambwira ko umugore wanjye yaburiwe irengero. Nagiye mu itsinda ry’ishakisha ariko ntitwamubonye kuko bwari bwije. Umuseke utambitse, twongeye gushakisha gusa dusanga umurambo we ushyinguwe mu mva yacukuwe vuba mu nkengero z’ikigo nderabuzima.”
Dr Nicholas Tumwesige, ukuriye Ikigo Nderabuzima cya Kakindo IV, avuga ko abashinzwe umutekao kuri iri vuriro bagize impungenge nyuma yo kubona Kyasimiire amaze amasaha atagaragara kandi abana be bario kurira.
Ngo yahise abimenyesha polisi yahise ihagera itangira igikorwa cyo gushakisha.
Dr Tumwesige avuga ko ibizamini byo kwa muganga bigaragaza ko Kyasimiire yagize ibikomere mu ijosi kandi imyanya ye y’ibanga yari irimo kuva amaraso, ari naho bahera bemeza ko yasambanyijwe ku ngufu.
Yavuze k umutekano w’ikigo nderabuzima gikunze kugendwacyane utizewe kubera ko kidafite uruzitiro rukomeye.
Ukuriye ishami rishinzwe ubugenzacyaha mu Karere ka Kakumiro, Helot Karacha, yemeje iyicwa ry’uyu mugore, yemeza ko umuntu umwe ukekwa yatawe muri yombi.



2 Responses
Uganda: Yashimutiwe kwa muganga afatwa ku ngufu aranicwa
interahamwe zuzuye akarere
Uganda: Yashimutiwe kwa muganga afatwa ku ngufu aranicwa
interahamwe zuzuye akarere