Uhuru Kenyatta yatsinze amatora n’amajwi 98%

Sangiza iyi nkuru

Perezida ucyuye igihe muri Kenya, Uhuru Kenyatta, yongeye gutorerwa kuyobora icyo gihugu. Yegukanye amajwi angana na 98%.

Ni inyuma y’amatora asubiwemo yabaye kuwa kane w’icyumweru gishize kubera ko ayo yari yatsinze mu kwezi kwa munani yagizwe impfabusa n’urukiko rw’ikirenga.

Umukuru w’abatavuga rumwe na leta, Raila Odinga, yanze kwitabira ayo matora avuga ko akanama gashinzwe amatora katashoboraga kuyatunganya mu buryo bwizewe.Yari yanasabye abayoboke be kutajya gutora.

Umukuru w’akanama gashinzwe amatora, yavuze ko amatora yo mu cyumweru gishize yabaye mu mucyo kandi nta buriganya.

Abantu 39% by’umubare w’abayindakishije gutora nibo bayitabiriye. Uyu mubare ukaba uri hasi ya kimwe cya kabiri cy’abitabiriye ayabaye muri Kanama uyu mwaka.

Uhuru Kenyatta ni umuhungu wa Jomo Kenyatta waharaniye ubwigenge bwa Kenya. Ni umugabo wubatse washakanye na Margaret Wanjiru Gakuo mu mwaka w’1991. Babyaranye abana batatu

Jaba Kenyatta, Jomo Kenyatta, Ngina Kenyatta. Ava inda imwe na Margaret Kenyatta, Anna Nyokabi, Christine Wambu n’abandi.

Uyu mugabo w’imyaka 56 y’amavuko ni umuherwe umwe mu bakomeye muri iki gihugu, kuko ikinyamakuru Forbes magazine mu mwaka w’2011 giherutse gutangaza ko afite umutungo ugeze muri miliyoni 500 z’amadolari, mu mashilingi ya Kenya ni asaga miliyari 51 ni ukuvuga asaga miliyari 408 mu mafaranga y’u Rwanda.

Atsinze aya matora nyuma yuko ayo byavugwaga ko yatsinze muri Kanama uyu mwaka yagize amajwi 54 yaje guteshwa agaciro n’urukiko rw’ikirenga ko atari yubahirije amategeko.

Uhuru Kenyatta yize mu mashuri atandukanye muri Kenya no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni uwo mu bwoko bw’aba Kikuyu bugize igice kinini cy’iki gihugu.

Odinga yatangaje ko asaba ko aya matora atakwemerwa, ahubwo asaba ko yazimurirwa mu minsi 90.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Ntakirutimana Deus/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *