Umubiri, ubwenge n’umutima bya Padiri Ubald byakozweho na Covid-19_Umutangabuhamya

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bakurikiranira hafi ubuzima bwa Padiri Ubald Rugirangoga uzwiho gusengera abantu bagakira indwara zikomeye, avuga ko umubiri, ubwenge n’umutima bye byakozweho n’icyorezo cya Covid-19.

Ni ubutumwa bukubiye mu itangazo ryatambutse ku rubuga rwa Facebook Padiri Ubald asanzwe akoresha, kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020.

Uyu mutangabuhamya avuga ko Padiri Ubald “nta bwandu bwa Covid acyifitemo, ariko umubiri we uracyari mu cyo twita gukira ingaruka za virusi.” Akomeza ati: “Yateye intambwe ikomeye mu buryo bwose, ariko akaba agifite urugendo rurerure rwo gukira burundu ibisare yamusigiye.”

Yabwiye abakurikira uru rubuga ko Padiri Ubald agikeneye amasengesho yabo no kwigomwa kugeza kuri Noheli kugira ngo akire burundu, ashingiye ku kuba akiri muzima, yarasengeraga ab’Isi yose ndetse akanasiba (ntarye), buri minsi 9 ya mbere mu kwezi; aho yaryaga umugati n’amazi gusa, ngo: “kugira ngo isengesho aduturira anasabira ibyifuzo byacu rigire imbaraga.”

Ni aha yageze avuga ko umubiri, ubwenge n’umutima bya Padiri Ubald byakozweho n’iki cyorezo. Ati: “Dufatane mu nda, twigomwe, tumusabira gukira neza ibihaha no kongera kumererwa neza mu mubiri, ubwenge n’umutima bye byakozweho na Covid.”

Usibye amasengesho, hashyizweho urubuga rwo gufashirizaho Padiri Ubald mu buryo bw’amafaranga, azifashishwa mu kwishyura serivisi z’ubuvuzi mu gihe akira ingaruka za Covid-19. Amafaranga akenewe nk’uko bigaragara, ni amadolari 150,000 (arenga miliyoni 147 z’amafaranga y’u Rwanda).

Tariki ya 20 Ukwakira 2020 ni bwo byamenyekanye ko Padiri Ubald yanduye icyorezo cya Covid-19, nyuma y’iminsi ibiri yari amaze adakorera isengesho ry’Ishapure ku rubuga rwa Facebook. Itangazo ryasohotse icyo gihe ryagize riti: “Padiri Ubald yanduye Covid-19, ntabwo amerewe neza.”

Nyuma y’iminsi ibiri, yatangiye koroherwa, gusa akomeza gusabirwa amasengesho. Tariki ya 3 Ugushyingo 2020, Padiri Ubald yagiranye ikiganiro n’Umunyarwanda kuri telefone, amubwira ko yari amaze iminsi akorera Yezu biciye mu kwigisha kubabarira n’amahoro, nyuma y’aho akaba yari akeneye akaruhuko. Yamwizeje ko nyuma y’aka karuhuko, agiye gukorera Yezu/Yesu kurusha uko yabigenzaga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *