240109075450-netanyahu-010724

Umucamanza wa ICC wasohoye impapuro zo gufata Netanyahu yakupiwe amazi n’umuriro

Sangiza iyi nkuru

Umucamanza w’Umufaransa wayoboye akanama k’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kasohoye icyemezo cyo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu mu 2024, yavuze ko kuri ubu agowe no kubona ibyangombwa by’ibanze bya buri munsi nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw’ibihano rwa Amerika, avuga ko uburyo bwo kwishyura hafi ya bwose bukoreshwa mu Bufaransa bugenzurwa n’Abanyamerika kandi akaba atemerewe kubukoresha.

Nicolas Gouyou yavuze ko atagishoboye gukoresha ikarita ye ya banki, gutumiza ikintu kuri Amazon, gukora booking y’icumbi cyangwa kohereza amafaranga binyuze kuri Expedia na Booking.com.

Yatangarije Televiziyo y’u Bufaransa ati: “Twasubiye inyuma mu myaka 30 ishize.” “Ni nk’imashini y’igihe idusubiza mu Isi ya mbere y’ikoranabuhanga.”

Iyi televiziyo yavuze ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yanditse amabaruwa arindwi asaba ko ibihano byakurwaho ariko ko abategetsi ba Amerika batarabyakira neza. Amakuru aturuka muri perezidansi avuga ko u Bufaransa bukomeje gukurikirana iki kibazo binyuze mu nzira ya dipolomasi kandi bababajwe no kuba nta gisubizo cyiza kiratangwa na Washington.

Gouyou yavuze ko yizera ko azaguma ku rutonde rw’ibihano mu gihe cya manda ya kabiri yose ya Perezida wa Amerika, Donald Trump.

Umucamanza yagaragaje ingaruka nini bizagira ku nzego za demokarasi.

Ati: “Niba abashinjacyaha batinya gukurikirana, niba abanyamategeko batinya kuburanira, niba abacamanza batinya guca imanza, niba abadepite batinya gutora amategeko, kandi niba abaminisitiri batinya kuyashyira mu bikorwa, nta demokarasi iba ikiriho”.

Ku itariki ya 21 Ugushyingo 2024, ICC yasohoye impapuro zo guta muri yombi Netanyahu n’uwahoze ari Minisitiri w’ingabo, Yoav Gallant, kubera ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara byakorewe mu karere ka Gaza kuva byibura ku itariki ya 8 Ukwakira 2023 kugeza ku itariki ya 20 Gicurasi 2024.

Israel yatangije intambara muri Gaza mu Kwakira 2023, yahitanye abantu barenga 71.000, ikomeretsa abarenga 172.000 ndetse inangiza hafi 90% by’ibikorwa remezo bya gisivili bo muri ako gace, aho ikiguzi cyo kongera  kubaka kibarirwa muri miliyari 70 z’amadolari.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *