Umudepite mu Nteko Ishinga amategeko ya Uganda, David Wandendeya Wakikona yaburiwe irengero nyuma yo gutega imodoka ubwo yari mu Mujyi wa Nairobi ku Cyumweru mu gitondo. The East African itangaza ko Polisi ya Kenya kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko iri gukora iperereza ku ibura rya David Wakikona wabuze nyuma yo gutega itagisi (Uber tax) ava ahitwa Kilimani agana rwagati mu Mujyi wa Nairobi. Amakuru yatanzwe n’abari kumwe na Wakikona wo mu ishyaka NRM , avuga ko yasabye umusekirite kumushakira imodoka akajya ahitwa Tom Mboya muri Nairobi. Uyu mugabo ariko yagiye asize bagenzi be; Mr Abdi Kisos, Mr John Ngoya, Mr Paul Busiro na Mr Opio Emmanuel. Uyu uhagarariye agace kitwa Manjiya mu Karere ka Bududa mu Nteko, ntaraboneka gusa polisi yamenye ko yatwawe mu modoka y’uwitwa Robert Wang’ombe.


