Umugabo ugaragara nk’uwari ukiri muto, uzwi ku izina rya Tetchi Wyllifred yishe umugore we arangije umurambo we ajya kuwutwika kugirango azimanganye ibimenyetso.
Ibi byabereye mu mujyi wa Agboville muri Cote d’Ivoire, umugore yishe bari bafitanye umwana umwe atwite uwa kabiri.

Nyuma yo kumwica uyu musore ngo yahise afata umurambo we awushyira ahantu awutwikisha nyiramugengeri, yabanje kumuzingazingira mu mufuka.
Mu gihe hataramenyekana nyirabayazana w’ibi, uyu mugabo yaratorotse kuva ku wa 20 Nzeli ubwo umurambo w’umugore watahurwaga, ubu akaba ashakishwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Theoneste@bwiza.com


